• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017 ITOHOZA

Nkuko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye nka Washington Post, ABC News n’ibindi byanikirwa muri Amerika, biravuga ko mu itohoza ryagiye rikorwa Perezida uri burahire kuri iyi taliki ya 20 Mutarama 2017 araba ariwe ubaye perezida uratangira gutegeka adakunzwe n’abaturage.

Ubushakashatsi burerekana ko 40% by’abanyamerika aribo bakunze Trump,ibi kandi bikaba bituruka kuri gahunda yerekanye ko agiye gushyira mubikorwa yatumye benshi bamukuraho amaboko, ndetse imyitwarire ye ngo yatumye icyizera cyabenshi gitakara.

Perezida Trump akimara kubona iri tohoza yatangaje ko itangazaakuru ariko rimumerera ko bitamutangaje. Ngo basanzwe ari abahanga mugutanga amakuru y’ibinyoma ngo rero ririya tohoza ryo ryoroshye kurihimba.

-5449.jpg

Perezida Trump n’umugore we

Ibi rero binyuranye cyane nuwo asimbuye kuko Obama yatangiye kuyobora Amerika muri 2009 akunzwe kurugero rwa 79%. Biravugwa ko abanyamerika 84%, bemeza ko agarutse bamutora ngo nubwo hari ibyo atakoze yabasezeranije ngo yayoboranye ubwitonze n’ubushishozi mubibazo biriho haba muri Amerika cg ku isi bikavuga ko akunzwe kurugero rwa 84% nkuko CNN ibitagaza.

Kuri iyi tariki 20 Mutarama 2017, perezida wa 45 wa Amerika ararambika ikiganza cye kuri Bibiliya yarahiriweho na Lincoln, siyo gusa ng aritwaza na Bibiliya yahawe na mama we ubwo yarangizaa kaminuza maze azirambikeho ikiganza ahabwe ububasha bwo gutegeka Amerika.

Abantu batari bake baturutse munzego zitadukanye, bo biyemeje kwigaragambya bavuga ko uko byageda kose perezida Trump atazarangiza manda yahawe y’imyaka ine. Urugero ni umutwe wiyise J20 uvuga ko umaze gukusanya abantu bagera kubihumbi birenga amajana, bakaba bavuze ko barakoresha ibishoboka kugira ngo imihango yo kurahira kwa Trump bayibangamire kuburyo bushoboka. Bavuze ko ari inshingano z’umunyamerika wese zo kurwanya umuntu ugiye kubasenyera igihugu. Umuntu utavuzwe umwirondoro we yitwitse ariko polise iza kuzimya umuriro ibi byabereye imbere ya Trump International Hotel kugira ngo yerekane ko ibyo barimo atari imikino ko babitekerejeho.

-5446.jpg

Ibi rero byatumye umutekano ukazwa ahantu hose, cyane ahari bubere imihango kuri Capitol na White House hategerejwe abantu bagera kuri 900.000 kugira ngo barebe uko Donald Trump ahabwa ubutegetsi.

Icyarakaje abantu bijundika Trump ngo hari nko kuba yaragiye avuga amagambo atari meza kubagore muri rusange, kuregwa ubusambanyi, gahunda azashyira mubikorwa kubantu babimukira, kwikoma abayisilamu, kuvuga ko agiye gukuraho ubwishingizi bwa OBAMACARE, kubaka urukuta hagati y’igihugu cya Mexico na Amerika ndetse n’uburyo ashaka kubana n’ibihugu bisanzwe ari inshuti z’Amerika, akaba ashaka kubisuzugura.

Kurundi ruhande abamushyigikiye ntibabikozwa kuko baravuga ko Trump ariwe ugiye kugarura Amerika muruhando rwamahanga ikongera ikaba igihangange, ikindi ngo babona ko azakemura ibibazo by’imibereho y’abanyamerika igenda imera nabi ngo kuko amenyereye ibintu bijyanye n’ubucuruzi ngo ibi bizamworohera kumenya ibibazo by’abaturage.

-5447.jpg

Imyigaragambyo

Polise yo yasabye abigaragambya kubikora mu mahoro ngo kuko itababuza kandi ari uburenganzira bwabo.

Mu mihango yatangiriye irahira rya Trump kuri uyu wa kane tariki 19 Mutarama 2017 , haje kugaragara ikintu kidasanzwe ubwo ibyamamare benshi bita abasitari bari batumiwe muri iyo mihango ibanziriza umunsi w’irahira, banze kwitabira icyo gitaramo. Nubwo bataje ntibyakibujije kuba, hajemo abacuranzi baciriritse ndetse bagaragaye ko abantu batari benshi uko byari byitezwe, Trump akaba yabemereye ko azabakunda akabakundakazwa.

Ikindi ni uko umubare w’abanyepolitike bakomeye bari batumiwe muri ibi birori bakaba bavuze ko badashobora kubijyamo kugira ngo berekane ko batari kumwe na Trump muri politike ye ubu umubare urakabakaba 100 harimo abashingamateka.

-5448.jpg

Kugeza ubu nta cyabuza Donald Trump kurahira nka perezida watowe muri Amerika naho bakwigaragambya akajana, icyaba cyiza ni uko bayoboka akabategeka ahubwo bakazamutegera mubizamunanira bagashoka imihanda bagashaka uburyo bwo kumukuraho.

Hakizimana Themistocle

2017-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Ubwanditsi 08 May 2024
Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Ubwanditsi 04 Mar 2019
1994 : Uko Paul Kagame  yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

1994 : Uko Paul Kagame yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton
POLITIKI

Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora
Mu Rwanda

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Ubwanditsi 06 Aug 2017
Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump
Amakuru

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru