• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017 ITOHOZA

Nkuko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye nka Washington Post, ABC News n’ibindi byanikirwa muri Amerika, biravuga ko mu itohoza ryagiye rikorwa Perezida uri burahire kuri iyi taliki ya 20 Mutarama 2017 araba ariwe ubaye perezida uratangira gutegeka adakunzwe n’abaturage.

Ubushakashatsi burerekana ko 40% by’abanyamerika aribo bakunze Trump,ibi kandi bikaba bituruka kuri gahunda yerekanye ko agiye gushyira mubikorwa yatumye benshi bamukuraho amaboko, ndetse imyitwarire ye ngo yatumye icyizera cyabenshi gitakara.

Perezida Trump akimara kubona iri tohoza yatangaje ko itangazaakuru ariko rimumerera ko bitamutangaje. Ngo basanzwe ari abahanga mugutanga amakuru y’ibinyoma ngo rero ririya tohoza ryo ryoroshye kurihimba.

-5449.jpg

Perezida Trump n’umugore we

Ibi rero binyuranye cyane nuwo asimbuye kuko Obama yatangiye kuyobora Amerika muri 2009 akunzwe kurugero rwa 79%. Biravugwa ko abanyamerika 84%, bemeza ko agarutse bamutora ngo nubwo hari ibyo atakoze yabasezeranije ngo yayoboranye ubwitonze n’ubushishozi mubibazo biriho haba muri Amerika cg ku isi bikavuga ko akunzwe kurugero rwa 84% nkuko CNN ibitagaza.

Kuri iyi tariki 20 Mutarama 2017, perezida wa 45 wa Amerika ararambika ikiganza cye kuri Bibiliya yarahiriweho na Lincoln, siyo gusa ng aritwaza na Bibiliya yahawe na mama we ubwo yarangizaa kaminuza maze azirambikeho ikiganza ahabwe ububasha bwo gutegeka Amerika.

Abantu batari bake baturutse munzego zitadukanye, bo biyemeje kwigaragambya bavuga ko uko byageda kose perezida Trump atazarangiza manda yahawe y’imyaka ine. Urugero ni umutwe wiyise J20 uvuga ko umaze gukusanya abantu bagera kubihumbi birenga amajana, bakaba bavuze ko barakoresha ibishoboka kugira ngo imihango yo kurahira kwa Trump bayibangamire kuburyo bushoboka. Bavuze ko ari inshingano z’umunyamerika wese zo kurwanya umuntu ugiye kubasenyera igihugu. Umuntu utavuzwe umwirondoro we yitwitse ariko polise iza kuzimya umuriro ibi byabereye imbere ya Trump International Hotel kugira ngo yerekane ko ibyo barimo atari imikino ko babitekerejeho.

-5446.jpg

Ibi rero byatumye umutekano ukazwa ahantu hose, cyane ahari bubere imihango kuri Capitol na White House hategerejwe abantu bagera kuri 900.000 kugira ngo barebe uko Donald Trump ahabwa ubutegetsi.

Icyarakaje abantu bijundika Trump ngo hari nko kuba yaragiye avuga amagambo atari meza kubagore muri rusange, kuregwa ubusambanyi, gahunda azashyira mubikorwa kubantu babimukira, kwikoma abayisilamu, kuvuga ko agiye gukuraho ubwishingizi bwa OBAMACARE, kubaka urukuta hagati y’igihugu cya Mexico na Amerika ndetse n’uburyo ashaka kubana n’ibihugu bisanzwe ari inshuti z’Amerika, akaba ashaka kubisuzugura.

Kurundi ruhande abamushyigikiye ntibabikozwa kuko baravuga ko Trump ariwe ugiye kugarura Amerika muruhando rwamahanga ikongera ikaba igihangange, ikindi ngo babona ko azakemura ibibazo by’imibereho y’abanyamerika igenda imera nabi ngo kuko amenyereye ibintu bijyanye n’ubucuruzi ngo ibi bizamworohera kumenya ibibazo by’abaturage.

-5447.jpg

Imyigaragambyo

Polise yo yasabye abigaragambya kubikora mu mahoro ngo kuko itababuza kandi ari uburenganzira bwabo.

Mu mihango yatangiriye irahira rya Trump kuri uyu wa kane tariki 19 Mutarama 2017 , haje kugaragara ikintu kidasanzwe ubwo ibyamamare benshi bita abasitari bari batumiwe muri iyo mihango ibanziriza umunsi w’irahira, banze kwitabira icyo gitaramo. Nubwo bataje ntibyakibujije kuba, hajemo abacuranzi baciriritse ndetse bagaragaye ko abantu batari benshi uko byari byitezwe, Trump akaba yabemereye ko azabakunda akabakundakazwa.

Ikindi ni uko umubare w’abanyepolitike bakomeye bari batumiwe muri ibi birori bakaba bavuze ko badashobora kubijyamo kugira ngo berekane ko batari kumwe na Trump muri politike ye ubu umubare urakabakaba 100 harimo abashingamateka.

-5448.jpg

Kugeza ubu nta cyabuza Donald Trump kurahira nka perezida watowe muri Amerika naho bakwigaragambya akajana, icyaba cyiza ni uko bayoboka akabategeka ahubwo bakazamutegera mubizamunanira bagashoka imihanda bagashaka uburyo bwo kumukuraho.

Hakizimana Themistocle

2017-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana : Umucuruzi  Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye
Mu Mahanga

Rwamagana : Umucuruzi Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye

Ubwanditsi 10 Oct 2016
Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2023
Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari
IMIKINO

Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Ubwanditsi 02 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru