• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

  • P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi   |   26 Jun 2026

  • Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere   |   25 Jun 2026

  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»1994 : Uko Paul Kagame yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

1994 : Uko Paul Kagame yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

Ubwanditsi 30 Aug 2017 ITOHOZA

Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Financial Times, Perezida Kagame yabajijwe niba adafite inyota yo kuzaguma ku butegetsi nyuma ya manda aherutse gutorerwa, agaragaza ko ntabyo akeneye ndetse ko no kuba yarongeye kwiyamamaza atari we wabyifuje, aboneraho no kugaragaza ko no mu 1994 ubwo ingabo yari ayoboye zamagara guhagarika Jenoside, yanze kuba Perezida.

Perezida Kagame ati: “Ni njyewe wanze kuba Perezida mu 1994. Hari umugabo witwa Twagiramungu Faustin, ubu aba i Buruseli, yari ku ruhande rw’abataravugaga rumwe na Leta icyo gihe. Yari mu basinye amasezerano ya Arusha yo mu 1993, ninawe wahise aba Minisitiri w’Intebe. Yaje kundeba, bari baramaze kwishyiramo ko ari njye wari ugiye kuba Perezida. Ni uko ndabyanga, ndababwira nti ntabwo mfite gahunda yo kuba Perezida…”

-7770.jpg

Pasteur BIzimungu wari Perezida wa Repubulika na Paul Kagame wari Visi Perezida

Perezida Kagame kandi yasobanuye impamvu yabyanze aho yagize ati: “Hari impamvu nyinshi ntagombaga kubyemera. Mbere ya byose nari narabwiye abo mu Ishyaka ko umwanya ukuriye iyindi uzahabwa Chairman w’Ishyaka, ntiyari njyewe. Twabyemeranyijweho, twohereza izina, baravuga bati kuki se atari wowe?

Narababwiye nti njyewe sinshaka kuba Chairman, sinshaka kuba Minisitiri w’Intebe wungirije cyangwa uw’Ingabo wungirije. Ndashaka kuba umugaba w’Ingabo wungirije, mbabwira n’impamvu… Nababwiye nti numva nshaka kuba hafi cyane y’ingabo twari tumaze igihe dufatanya kurwana, ndashaka kwigumanira n’abarwanyi banjye, kuburyo nihagira n’ikintu cyaba tuba twizeye ko twongera tukarwana tukizera umutekano wacu. Narababwiye ngo sinshaka kuba Perezida, kuko Perezida agomba kuba ahugiye mu bindi bintu, nti ariko nimurebe amamiliyoni y’abantu ku mupaka [w’u Rwanda na Zaire], baracyafite intwaro kandi barimo kwisuganya, barimo gushaka kudutera bityo ntabwo naba Perezida ngo mbashe no gutangira kurwana nabo.

Icya kabiri narababwiye nti mureke duhitemo umuntu wakuriye hano, uzi abantu ba hano, umenyereye ikirere n’imitere ya hano mu Rwanda, njyewe ndumva ntabyiteguye bihagije. Ni uko kandi ndababwira nti hari ikintu gikomeye tugomba kubanza kurwana nacyo, aho bakidufata nk’abanyamahanga… Uko niko natekerezaga, naberekaga ko tugifite inshingano zo gushakisha umutekano uhamye, icya kabiri nkabereka ko amateka yanjye ashobora gutuma bitagira isura nziza ku bantu bamwe bari bakiri mu rujijo…”

Pasteur Bizimungu, ni we wahise ayobora u Rwanda nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside, akaba yaricaye mu ntebe y’ubuyobozi tariki 19 Nyakanga 1994 ubwo yari afatanyije na Major General Paul Kagame wari Visi Perezida akaba ari na we wari umugaba mukuru w’ingabo. Pasteur Bizimungu yayoboye u Rwanda mu gihe gikabakaba imyaka 6, kugeza ubwo yatangazaga ko yeguye ku bushake tariki 23 Werurwe 2000.

-7769.jpg

Pasteur Bizimungu

Urubuga rwa Wikipedia, rugaragaza ko Pasteur Bizimungu yavukiye mu cyahoze ari Gisenyi mu 1950, ndetse akaba yaranahoze mu ishyaka rya Perezida Juvenal Habyarimana mbere yo kwiyunga na FPR Inkotanyi. Hagati y’umwaka w’1980 n’1990, Bizimungu yari mu ishyaka rya MRND ndetse yari umuntu wa hafi wa Perezida Juvenal Habyarimana, muri icyo gihe akaba yaranakoze imirimo inyuranye irimo kuba umuyobozi mukuru w’icyahoze ari Electrogaz.

Mu 1990, Pasiteri Bizimungu yagiye muri FPR nyuma y’uko umuvandimwe we wari umusirikare w’ipeti rya Colonel mu gisirikare cy’ingabo za Leta ya Habyarimana, yari yishwe [ Col. Mayuya ]. Muri icyo gihe, nibwo FPR yari itangiye ibikorwa bya mbere by’urugamba rwo kubohora u Rwanda. Muri icyo gihe, Bizimungu nyuma y’urupfu rw’umuvandimwe we, yahise ahunga u Rwanda ajya kuba mu Bubiligi, aho yari ashinzwe iby’amakuru n’itumanaho muri FPR nk’ishyaka ryisuganyaga rishaka uko ryabohora igihugu.

Mu 1993, nyuma y’imyaka 3 ingabo za FPR zirwana n’ingabo za Leta y’icyo gihe, Pasteur Bizimungu yagize uruhare mu mishyikirano y’amasezerano y’amahoro ya Arusha n’ubwo Perezida Juvenal Habyarimana yishwe ibyari bikubiyemo bitarashyirwa mu bikorwa ahubwo Jenoside yari imaze igihe itegurwa igahita ishyirwa mu bikorwa. Nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside rero niwe wahise aba Perezida.

-7768.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Ubwanditsi 26 Sep 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    June 26, 20186:55 am -

    The enemy established Bizimungu.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Kabarebe yahaye impanuro  abanyamakuru bari mu cyiciro cya kabiri cy’itorero  ry’ Impamyabigwi
Mu Rwanda

Gen Kabarebe yahaye impanuro abanyamakuru bari mu cyiciro cya kabiri cy’itorero ry’ Impamyabigwi

Ubwanditsi 24 Apr 2017
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase
Amakuru

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 08 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru