• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko

Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko

Ubwanditsi 16 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Bamwe bahita muri Gereza, abandi mu Gihome, abandi mu Buroko, abandi mu nzu y’imbohe, abandi mu Munyururu, n’andi mazina menshi, ariko icyo ahuriyeho yose ni uko ari ahantu hatisanzuye, aho uhafungiye aba adafite uburenganzira kuri byinshi mu mu buzima rusange bw’igihugu.

Muri Gereza, biragoye kurya icyo wihitiyemo, biragoye gusurwa n’uwo ukumbuye, kumusura byo ntibishoboka kuko utahasohoka, naho abagukumbuye si bose bishobokera kukugeraho. Ntiwambara icyo wifuza cyose, kuko nta soko rigari ry’imyambaro rihabarizwa, ntusohoka hanze y’igihome igihe ubishakiye, kereka ugiye kuburanishwa cyangwa uhawe akarimo runaka gakorerwa hanze ya Gereza.

Tutiriwe turondora ubuzima bwa Gereza , ni ahantu utakwifuza kujya, ni aho utakwifuriza uwawe, uhavuye ariruhutsa, usigayeyo ahorana inzozi zo gusubira mu buzima busanzwe.

Umuhanzi w’indirimbo z’isanamitima, iz’ubwiyunge, iz’amahoro n’izihimbaza Imana Kizito Mihigo, yahabaye imyaka isaga ine, akaba yarafunguwe kuwa 15 Kanama 2018. Umunsi ku wundi, nyuma y’ukwezi kumwe afunguwe, Kizito Mihigo yatangaje ko adahwema gusabira abo yasize inyuma.

Mu magambo yanyujije ku mbuga ye ya Twitter, Umuhanzi Kizito Mihigo yagize ati: “Ukwezi kurashize Nyakubahwa perezida Paul Kagame afashe icyemezo gikomeye cyo kundekura, ndacyasengera abo twari dufunganywe (nasizeyo). Ndahamagarira imiryango y’Abanyarwanda kudatererana ababo bafunzwe. Icyaha yaba yarakoze cyose, ni uwawe, ni umuvandimwe wawe, ni umwana wawe, ni umufasha wawe, … mukunde, umufashe”

 Kizito Mihigo yifashishije kandi amagambo ya Dalai Lama agira ati: “Urukundo n’impuhwe ni nkenerwa mu buzima, si amafiyeri. Bitariho, ikiremamuntyu nticyarama”.

Ubwo yasohokaga muri gereza  Kizito Mihigo yavuze ko agiye gukomeza ibikorwa bye by’ubuhanzi, asubukuriye aho yari ashyikije mbere yo gufungwa. Ni umuhanzi ufite indirimbo zisaga ijana, kandi akaba ari umuhanga mu majwi yanditse, acuranze n’aririmbye. Yivugira ko ari “Umuhanzi w’umukiristo, wifuriza Isi kuba nziza kurushaho.”

2018-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Ubwanditsi 27 Jan 2020
Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Ubwanditsi 23 Jun 2024
Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi
Amakuru

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo
Amakuru

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020
IMIKINO

Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 01 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru