• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020

Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 01 Mar 2020 IMIKINO

Natnael Tesfatsion ukomoka muri Erythrée yegukanye Tour du Rwanda 2020, Mugisha Moïse (Skol Adrien Cycling Academy) asoza ku mwanya wa kabiri.

Iri rushanwa rizenguruka igihugu ryasojwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2020, aho abakinnyi basiganwe ku ntera y’ibilometero 89.3.

Tour du Rwanda iri ku rwego rwa 2.1 guhera mu mwaka ushize mu gihe hagati ya 2009 na 2018 yari kuri 2.2.

Aka gace ka nyuma kahagurukiye i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha (Expo Ground) saa 10:30, abasiganwa berekeze i Rebero, aho banyuze Norvège no kwa Mutwe.

Natnael Tesfatsion yambaye umwambaro w’umuhondo ubwo yegukanaga agace karekare ka Tour du Rwanda 2020 ka Rusizi-Rubavu aho yakoresheje amasaha atanu, iminota 34 n’amasegonda 46, ahita anafata umwanya wa mbere ku rutonde rusange. Yabaye uwa kabiri wegukanye Tour du Rwanda nyuma yo kuzamurwa ku rwego rwa 2.1

UKO ISIGANWA RYAGENZE:

Natnael Tesfatsion usanzwe ukinira Dimension Data ariko akaba yaritabiriye Tour du Rwanda ari mu Ikipe y’Igihugu ya Erythrée, yavuze ko anezerewe cyane.

Yagize ati “Mwakoze cyane, abakinnyi bagenzi banjye ndabashimira. Abanyarwanda na bo ndabashimira. Murakoze.’

Tesfatsion wegukanye Tour du Rwanda 2020 ni muntu ki ?

Tesfatsion w’imyaka 20, yabonye izuba ku wa 23 Gicurasi 1999. Uyu musore akinira NTT Continental Cycling Team.

Mu mwaka wa 2018 yakinaga mu ikipe y’abatarabigize umwuga ya EriTel, ayivamo ajya muri Dimension Data for Qhubeka mu 2019.

Umwaka wa 2020 yawutangiye neza kuko yabaye uwa kabiri muri La Tropicale Amissa Bongo, isiganwa ry’amagare ribera muri Gabon, yasoje irushanwa ariwe mukinnyi mwiza mu bakiri bato ndetse yanegukanye agace karyo ka kabiri.

Abakinnyi ba mbere mu gace ka munani

  1. José Manuel Diaz (Nippo Delko), 2h33’24’’
  2. Mugisha Moïse (SACA), 2h33’24’’+ 3”
  3. Main Kent (Pro Touch), 2h33’24’’ + 7”
  4. Ravanelli Simone (Androni), 2h33’24’’+11”
  • 9 Tesfazion Natnael (Erythrée), 2h33’24’’+ 39”
  • 11 Restrepo Jhonatan (Androni), 2h33’24’’+ 43”

2020-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yashyikirijwe igikombe cya 2019-2020 yatwaye idatsinzwe, ikomereza muya 2020-2021 itsinda Gorilla FC, Rayon Sports yo yatsinze Gasogi United.

APR FC yashyikirijwe igikombe cya 2019-2020 yatwaye idatsinzwe, ikomereza muya 2020-2021 itsinda Gorilla FC, Rayon Sports yo yatsinze Gasogi United.

Ubwanditsi 03 May 2021
Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru

Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Ubwanditsi 05 Feb 2025
U Rwanda ruhagaze  neza muri  Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine

U Rwanda ruhagaze neza muri Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine

Ubwanditsi 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga
Amakuru

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023
Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw
Amakuru

Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw

Ubwanditsi 03 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru