• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Ubwanditsi 23 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Twabwiye kenshi abasomyi bacu ko abayoboke ba FDU-INKINGI na JAMBO ASBL bakorana bitaziguye n’ n’abajenosideri ba FDLR, ariko abo bana n’abuzukuru b’abahekuye u Rwanda bakabihakana, kuko bazi ko nta shema riri mu gukorana n’inkoramaraso, kabone n’iyo zaba ari ababyeyi cyangwa abavandimwe bawe.

Babihakanaga batinya kandi ko imikoranire yabo n’ibyihebe iramutse imenyekana ku isi yose, bitabagwa amahoro, cyane cyane ko iyo FDLR iri ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, ubundi amahanga yose ategetswe kurwanya.

Amakuru y’imvaho, Rushyashya iyashingira ku misanzu FDU-INKINGI na Jambo Asbl bikusanya buri kwezi, maze igice kiswe”ingemu” kikohererezwa Ingabire Victoire, ikindi kigashyikirizwa FDLR muri Kongo, aho ikomeje kwica Abakongomani, cyane cyane abavuga ikinyarwanda, kubasahura no gusambanya abagore ku ngufu.

Burya rero nyakibi ntirara bushyitsi koko. Abo bana b’abajenosideri bananiwe gukomeza guhisha ko bakorana na FDLR kuva kera, bivamo nk’inopfu, maze bavuga ko bagiye” kurushaho” gutera inkunga FDLR, ngo kugirango ibafashe gutaha mu Rwanda binyuze mu nzira y’intambara, ngo kuko basanga inzira y’imishyikirano na Leta y’u Rwanda itazashoboka.

Uyu ni umwe mu myanzuro y’inama yabereye i Buruseli mu Bubiligi, kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Kamena 2024, guhera saa 14h00, ikabera ahitwa” Rue Washington” .

Iyo nama yitabiriwe n’inkorabusa 86, nk’uko bisanzwe zirimo ibigarasha byataye umutwe, interahamwe zikirota kugarura mu Rwanda ingoma ya Hutu-pawa, n’abanyamahanga babashyigikiye.

Ni inama yayobowe na Placide Kayumba, uhagarariye Ingabire Victoire mu buyobozi bwa FDU-INKINGI. Uyu Kayumba Placide kandi ni umuhungu wa Ntawukuriryayo Dominique, umujenosideri watsembye Abatutsi ku musozi wa Kabuye muri Gisagara, akanabihanirwa mu Rukiko Mpuzamahanga rwa Arusha.

Mu bafashe ijambo rirerire muri iyi nama kandi, harimo Norman ISHIMWE SINAYOBYE utegeka JAMBO Asbl, rya shyirahamwe ryiganjemo abakomoka ku bajenosderi, ryashyiriweho gutagatifuza ababyeyi babo, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abari muri iyo nama rero bemeje ko ngo bagiye kongera inkunga basanzwe bagenera FDLR, kugirango intambara yayo yihute, kandi bakishakamo ushinzwe imyitozo n’ibindi bikorwa bya gisirikari, ugomba gukorana bya hafi na FDLR.

Ikindi cyihutirwa ngo uwo muntu azaba ashinzwe, ni ukugura ibikoresho bya gisirikari byinshi kandi bigezweho, dore ko ngo babonye n’abanyamahanga biyemeje kubafasha muri icyo gikorwa cyo kuzigura no kuzigeza mu birindiro bya FDLR.

Hari abavuga ko bahagarariye impunzi muri Kongo-Kinshasa, Zambiya na Australia, nabo bahawe ijambo kuri”zoom”, bemeza ko izo mpunzi ngo nazo zigiye “kwitanga kurushaho” mu gukorana na FDLR, ngo kuko ari yo mizero yo gutaha mu Rwanda “bemye”.

Ikindi, nk’uko tubikesha uwari muri iyo nama, ngo FDU-INKINGI na Jambo Asbl bigiye gufasha FDLR gushaka ibindi bihugu nibura bibiri(2) byiyongera kuri Kongo-Kinshasa, byababera”base arrière”, ni ukuvuga aho FDLR izajya itera iturutse, ikanahahungira igihe biyisaba gusubira inyuma.

Nubwo ariko bigamba ibikorwa by’ubugambanyi ndetse bakanahishura ko hari abayibashyigikiyemo, ntibabuze no kugaragaza impungenge z’uko ngo” ubutegetsi bwa FPR-INKOTANYI” bufite amaboko akomeye hirya no hino ku isi, dore ko ngo hari aho bajya gutakamba ariko ijwi ryabo ntiryumvikane, ahubwo bagashishikariza impunzi z’Abanyarwanda gutaha ku neza.

Ntawe unanira umushuka, ahubwo ananira umuhana koko! Izi ngumba z’amatwi ntizishaka kumva inama zigirwa yo gusubira mu gihugu ku neza, mu gihe nyamara hari bagenzi babo ibihumbi n’ibihumbi bahisemo kwitahira mu mahoro, kuko babonaga ko imyaka ibaye myinshi cyane iby’intambara byaraheze mu nzozi.

Nyamwanga kumva nyiyanze no kubona ariko. Ngaho Ingabire Victoire nakomeze abashore mu ntambara muzashiriramo, we yirira ifiriti na mayoneze i Kigali.

Ngaho nimwiyahure, kuko uwabatsinze na mbere hose ntaho yagiye, ahubwo imbaraga yazikubye kenshi mu buryo mutatekereza.

Mwatsinzwe mugifite igihugu n’ubutegetsi, ubu mukerakera rero sibwo mwagira icyo mwigezaho.

Ikindi, ubumwe bw’Abanyarwanda bumaze gushinga imizi. Ntibuzaha icyuho rero inyangabirama za Jambo/FDU/FDLR n’undi wese uwashaka kubuhungabanya.

2024-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Ubwanditsi 23 Jul 2021
RIB Yerekanye Abantu Bakurikiranweho Ibyaha Bakoze Bifashishije Ikoranabuhanga

RIB Yerekanye Abantu Bakurikiranweho Ibyaha Bakoze Bifashishije Ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 17 Oct 2024
Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 16 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi
ITOHOZA

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho
POLITIKI

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri
HIRYA NO HINO

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 20 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru