• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Jan 2019 ITOHOZA

Nyuma y’amabaruwa hagati ya Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi na Yoweri Museveni wa Uganda, umwuka si mwiza hagati y’aba bayobozi kubera ukutumvikana ku ngingo zirimo umubano n’u Rwanda n’ibiganiro bigamije kuvugutira umuti ibibazo bya politiki biri mu Burundi.

Mbere y’icyumweru kimwe ngo abaperezida ba EAC bahurire mu nama izabera i Arusha ku wa 1 Gashyantare yabanje kwimurwa inshuro ebyiri, bivugwa ko Nkurunziza atishimiye na busa uburyo ibiganiro yagiye agirana na Museveni, nyuma y’amasaha make bisangaga amabaruwa yabo arimo gucaracara ku mbuga nkoranyambaga.

Arimo nk’iyo ku wa 4 Ukuboza 2018 Nkurunziza yandikiye Museveni ashinja EAC kudaha agaciro ibibazo bitavugwaho rumwe hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Nkurunziza yongera no kunenga umuhuza mu biganiro by’Abarundi, Benjamin Mkapa, washyizweho nyuma y’imvururu zo mu 2015, aho yamagana imbaraga zashaka kwivanga mu miyoborere y’igihugu cye, ndetse ngo ntiyashyigikiye imyanzuro yayo irimo no gutanga imbabazi ku bakurikiranyweho kugerageza guhirika ubutegetsi bwe.

Mu ibaruwa ubuyobozi bwa Kampala buvuga ko ishotorana, nyuma y’iminsi ine yasubijwe na Museveni, amwibutsa ko nawe amasezerano y’amahoro yo ku wa 28 Kanama 2000 ari yo yamugejeje ku butegetsi, kandi yemeranyijweho ku buhuza bwa EAC.

Museveni agira ati “Yego, ishyaka ryawe CNDI ryatangije urugamba rw’amasasu, tudashidikanya rwari igitutu kuri Guverinoma y’abatutsi yari iyobowe na Buyoya. Ariko nanone ntabwo CNDI yafashe Bujumbura ku mbaraga. Yo hamwe n’abandi bari barahunze bageze i Bujumbura kubera ibiganiro byayobowe na EAC.”

Museveni ngo ntabwo yashyigikiye ko u Burundi bwanga kwitabira inama ya EAC, byanatumye isubikwa abayobozi bahagarariye ibindi bihugu bageze i Arusha, bagategereza bagenzi babo bava i Bujumbura bagaheba. Ntiyanashimishijwe n’uko u Burundi bwanze kwitabira ibiganiro byagombaga guhuza impande batavuga rumwe mu mpera za 2018.

Kuri Nkurunziza, yabajije Museveni impamvu yasabwa kuganira n’abagerageje guhirika ubutegetsi bwe, kandi u Rwanda rutaraganira n’Interahamwe.

Museveni ati “Ntabwo ndi umuvugizi wa Perezida Kagame, ariko mu byumvikana hari itandukaniro hagati y’abagerageje guhirika ubutegetsi n’abajenosideri. Abakora kudeta (coup d’état) baba bashaka ubutegetsi mu nzira zitari iza demokarasi. Abajenosideri bo bari bagamije gutsemba abaturage, abaturage ba Afurika.”

Nk’uko Jeune Afrique yabitangaje, Perezida w’u Burundi avuga ko akarere katamushyigikiye ku buryo igihugu cye gisa n’igisigara cyonyine.

Ku ruhande rwa Museveni, ngo nubwo yaba ataragaragarije mu ruhame ukutishima kwe ku buryo u Burundi bukomeje kutitabira ibikorwa by’akarere, umwe mu badipolomate yavuze ko yarakajwe ’n’ukwiheza’ kw’u Burundi mu gushakira umuti ibibazo biri muri icyo gihugu.

Ni ibibazo byavutse mu 2015 nyuma y’uko Nkurunziza yari amaze kwiyamamariza manda ya gatatu, yafashwe nk’itanyuranye n’itegeko nshinga.

Gusa ngo nubwo bimeze bityo, amaso aracyahanzwe Nkurunziza ngo harebwe niba yagaragaza ubushake mu gushaka umuti w’ikibazo, haherewe ku nama ya EAC itegerejwe mu ntangiriro z’ukwezi gutaha, i Arusha.

2019-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 May 2017
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021
CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

Ubwanditsi 15 May 2017
Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija

Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija

Ubwanditsi 16 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus
HIRYA NO HINO

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.
Amakuru

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Ubwanditsi 27 Dec 2022
Sudani y’Epfo: Imitwe irindwi yishyize hamwe ngo ikure ku butegetsi Salva Kiir
POLITIKI

Sudani y’Epfo: Imitwe irindwi yishyize hamwe ngo ikure ku butegetsi Salva Kiir

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru