• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»ITOHOZA»Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Editorial 16 Feb 2016 ITOHOZA

Rudasingwa Theogen yagambaniye Muganwa Andrew atuma ahura n’ibibazo bidashira akingira ikibaba mwishywa we Muyango Bosco none hashize imyaka 18 nibwo agiye kubiryozwa ibyo yakoze yitwaje ko ari Ambasaderi w’uRwanda muri Washington muri America.

Ikinyamakuru Umusingi dukesha iyi nkuru kivuga ko Muganwa Andrew n’agahinda kenshi n’uburwayi afite avuga ko byose bituruka ku bugambanyi bwa Rudasingwa Theogen ubu wahungiye muri America ari nacyo gihugu yabereye Ambasaderi w’uRwanda yakingiye ikibaba mwishywa we witwa Muyango Bosco nubu ukiba muri America kuko yari yasambanyije umwana w’umukobwa w’umuzungu ,iwabo w’umukobwa birabarakaza babibwira Ambasaderi w’uRwanda ariwe Rudasingwa maze Rudasingwa asanga ari mwene wabo ahimba amayeri yo kubyegeka kuri Muganwa Andrew baramufata bamwaka ibyangombwa bye n’amafaranga bashaka kumugarura mu Rwanda nk’umunyabyaha.

-2080.jpg

Rudasingwa Theogene

-2077.jpg

Ubu Andrew Muganwa akaba yiteguye kubajyana mu Nkiko zaba izo mu Rwanda ndetse n’Inkiko mpuzamahanga .

Muganwa Andrew avuga ko Rudasingwa n’umuyobozi w’ikigocya La Roche bigagaho icyo gihe bamujyanye bagera kukibuga cy’indege Rudasingwa akamubwira ngo uragera I Kigali barakwica amutera ubwoba ndetse amwangisha ubuyobozi ari nabyo bigaragara ko umugambi wo kwanga ubutegetsi Rudasingwa yari awufite kuva cyera akibukoramo.

Bamaze kugera ku kibuga cy’indege bashaka kumwohereza mu Rwanda ngo afungwe Muganwa Andrew yahise abacunga ku jisho ariruka afata umupolisi wari ku muhanda ati barashaka kunyica ntabara.

Umupolisi yakuyeyo imbunda ati humura ntacyo uba Muganwa Andrew akira atyo kuzanwa mu Rwanda ajyanwa Canada kuko umupolisi yaramujyanye amubaza aho yumva yajya akagira umutekano Muganwa ahitamo kujya Canada bamuha amafaranga amugezayo .

Abari bamushoreye aribo Rudasingwa Theogen n’umuyobozi w’ikigo cya Kaminuza La Roche William Kelly basigaye ku kibuga byabayobeye kuko abadipolomate ntibajya kwiruka inyuma y’umunyeshuri bashobora kubafotora bakashyira mu binyamakuru kandi abayobozi batinya itangazamakuru.

Mushiki wa Rudasingwa witwa Mukabaranga Beatrice kuko icyo gihe yari SG muri MINEDUC niwe wagize uruhare mukwambura Muganwa buruse ye yo yigiragaho.
Iyo buruse Muganwa avuga ko yahise ihabwa umuhungu wa Rwigema Celestin wahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Rwanda witwa Rwigema Jean Pierre.

-2078.jpg

Mushiki wa Rudasingwa witwa Mukabaranga Beatrice

-2079.jpg

Rwigema Pierre Celestin

Muganwa avuga ko amaze kugera muri America Nyakwigendera Inyumba yagiye kumusura ndetse na Muligande Charles wari SG wa RPF ndetse na Rwigema Celestin bajyayo kumuganiriza bamusaba ko yataha ariko bakaba bari barahawe amakuru yibinyoma na Rudasingwa wari Ambasaderi.

Ubu Muganwa Andrew agiye kurega Rudasingwa na mushiki we Mukabaranga n’umuyobozi wa La Roche William Kelly icyaha cyo kumushimuta ,kumuhesha izina ribi kubuyobozi kandi atari we wakoze icyaha ,kumwicara amahirwe ye yo gukomeza kwiga ndetse no kumwambura imitungo ye yari afite aho yararaga muri icyo kigo .

Muganwa yabwiye iki kinyamakuru ati “uyu mwaka tugiye kwesurana bazamenya uwo ndiwe”.
Yakomeje avuga ko azabaca amande ya Miliyoni ijana z’amafaranga y’uRwanda kubera ibye yatakaje n’ibibazo byose bamuteje.

Iki kinyamakuru cyashatse kubaza mushiki wa Rudasingwa Mukabaranga Beatrice ariko ntiyatwitaba ariko ngo umunsi yitabye kizabagezaho icyo abivugaho.Muganwa avuga ko azanarega Rwigema Celestin wahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Rwanda kubera ko yahise azana umuhungu we ajya kwigira kuri buruse ya Muganwa .

Muganwa avuga ko abagabo bahamya ibi ari Muligande Charles na Me Nkongoli Laurent wari Ambasadari muri Canada tukaba tuzababaza niba koko babizi .Iyi nkuru iracyakomeza iki n’igice cya mbere icya kabiri muzakigezwaho mucyumweru gitaha twavuganye nabo abasigaye .

Hari umwe waganiriye n’ iki kinyamakuru avuga ko bishoboka ko Leta noneho yaba igiye gufasha Andrew Muganwa ariko Muganwa akaba yabiteye utwatsi arabihakana avuga ko ashaka ko amategeko yubahirizwa kuko yakomeje kurwara cyane arafungwa abura umwanya wo kurega abo bantu ariko ubu avuga ko ahugutse yiteguye kugeza ikirego aho ariho hose kandi yizeye ko Rudasingwa nabo areganwa nabo bazahanwa kandi bakamwishyura imitungo ye batwaye ndetse n’indishyi z’akababaro .

Source: Umusingi

2016-02-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 30 Oct 2017
Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Editorial 04 Oct 2016
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Editorial 02 Oct 2017
Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Editorial 25 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru