• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Ubwanditsi 16 Feb 2016 ITOHOZA

Rudasingwa Theogen yagambaniye Muganwa Andrew atuma ahura n’ibibazo bidashira akingira ikibaba mwishywa we Muyango Bosco none hashize imyaka 18 nibwo agiye kubiryozwa ibyo yakoze yitwaje ko ari Ambasaderi w’uRwanda muri Washington muri America.

Ikinyamakuru Umusingi dukesha iyi nkuru kivuga ko Muganwa Andrew n’agahinda kenshi n’uburwayi afite avuga ko byose bituruka ku bugambanyi bwa Rudasingwa Theogen ubu wahungiye muri America ari nacyo gihugu yabereye Ambasaderi w’uRwanda yakingiye ikibaba mwishywa we witwa Muyango Bosco nubu ukiba muri America kuko yari yasambanyije umwana w’umukobwa w’umuzungu ,iwabo w’umukobwa birabarakaza babibwira Ambasaderi w’uRwanda ariwe Rudasingwa maze Rudasingwa asanga ari mwene wabo ahimba amayeri yo kubyegeka kuri Muganwa Andrew baramufata bamwaka ibyangombwa bye n’amafaranga bashaka kumugarura mu Rwanda nk’umunyabyaha.

-2080.jpg

Rudasingwa Theogene

-2077.jpg

Ubu Andrew Muganwa akaba yiteguye kubajyana mu Nkiko zaba izo mu Rwanda ndetse n’Inkiko mpuzamahanga .

Muganwa Andrew avuga ko Rudasingwa n’umuyobozi w’ikigocya La Roche bigagaho icyo gihe bamujyanye bagera kukibuga cy’indege Rudasingwa akamubwira ngo uragera I Kigali barakwica amutera ubwoba ndetse amwangisha ubuyobozi ari nabyo bigaragara ko umugambi wo kwanga ubutegetsi Rudasingwa yari awufite kuva cyera akibukoramo.

Bamaze kugera ku kibuga cy’indege bashaka kumwohereza mu Rwanda ngo afungwe Muganwa Andrew yahise abacunga ku jisho ariruka afata umupolisi wari ku muhanda ati barashaka kunyica ntabara.

Umupolisi yakuyeyo imbunda ati humura ntacyo uba Muganwa Andrew akira atyo kuzanwa mu Rwanda ajyanwa Canada kuko umupolisi yaramujyanye amubaza aho yumva yajya akagira umutekano Muganwa ahitamo kujya Canada bamuha amafaranga amugezayo .

Abari bamushoreye aribo Rudasingwa Theogen n’umuyobozi w’ikigo cya Kaminuza La Roche William Kelly basigaye ku kibuga byabayobeye kuko abadipolomate ntibajya kwiruka inyuma y’umunyeshuri bashobora kubafotora bakashyira mu binyamakuru kandi abayobozi batinya itangazamakuru.

Mushiki wa Rudasingwa witwa Mukabaranga Beatrice kuko icyo gihe yari SG muri MINEDUC niwe wagize uruhare mukwambura Muganwa buruse ye yo yigiragaho.
Iyo buruse Muganwa avuga ko yahise ihabwa umuhungu wa Rwigema Celestin wahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Rwanda witwa Rwigema Jean Pierre.

-2078.jpg

Mushiki wa Rudasingwa witwa Mukabaranga Beatrice

-2079.jpg

Rwigema Pierre Celestin

Muganwa avuga ko amaze kugera muri America Nyakwigendera Inyumba yagiye kumusura ndetse na Muligande Charles wari SG wa RPF ndetse na Rwigema Celestin bajyayo kumuganiriza bamusaba ko yataha ariko bakaba bari barahawe amakuru yibinyoma na Rudasingwa wari Ambasaderi.

Ubu Muganwa Andrew agiye kurega Rudasingwa na mushiki we Mukabaranga n’umuyobozi wa La Roche William Kelly icyaha cyo kumushimuta ,kumuhesha izina ribi kubuyobozi kandi atari we wakoze icyaha ,kumwicara amahirwe ye yo gukomeza kwiga ndetse no kumwambura imitungo ye yari afite aho yararaga muri icyo kigo .

Muganwa yabwiye iki kinyamakuru ati “uyu mwaka tugiye kwesurana bazamenya uwo ndiwe”.
Yakomeje avuga ko azabaca amande ya Miliyoni ijana z’amafaranga y’uRwanda kubera ibye yatakaje n’ibibazo byose bamuteje.

Iki kinyamakuru cyashatse kubaza mushiki wa Rudasingwa Mukabaranga Beatrice ariko ntiyatwitaba ariko ngo umunsi yitabye kizabagezaho icyo abivugaho.Muganwa avuga ko azanarega Rwigema Celestin wahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Rwanda kubera ko yahise azana umuhungu we ajya kwigira kuri buruse ya Muganwa .

Muganwa avuga ko abagabo bahamya ibi ari Muligande Charles na Me Nkongoli Laurent wari Ambasadari muri Canada tukaba tuzababaza niba koko babizi .Iyi nkuru iracyakomeza iki n’igice cya mbere icya kabiri muzakigezwaho mucyumweru gitaha twavuganye nabo abasigaye .

Hari umwe waganiriye n’ iki kinyamakuru avuga ko bishoboka ko Leta noneho yaba igiye gufasha Andrew Muganwa ariko Muganwa akaba yabiteye utwatsi arabihakana avuga ko ashaka ko amategeko yubahirizwa kuko yakomeje kurwara cyane arafungwa abura umwanya wo kurega abo bantu ariko ubu avuga ko ahugutse yiteguye kugeza ikirego aho ariho hose kandi yizeye ko Rudasingwa nabo areganwa nabo bazahanwa kandi bakamwishyura imitungo ye batwaye ndetse n’indishyi z’akababaro .

Source: Umusingi

2016-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe

Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe

Ubwanditsi 29 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019
HIRYA NO HINO

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Ubwanditsi 17 Jun 2019
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida
UBUKUNGU

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne
IMIKINO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru