• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Ubwanditsi 30 Mar 2016 ITOHOZA

Umunyarwanda ukuriye ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri Mozambique yarokotse ubwicanyi bwari bwateguwe n’agatsiko k’Abanyarwanda baba muri iki gihugu.

Louis Baziga ni umucuruzi ukomoka mu Rwanda, akorera ibikorwa bye mu Murwa Mukuru wa Mozambique, Maputo aho afite inzu zicuruza ibiribwa (alimentation) ndetse n’iguriro ry’imiti (Pharmacie). Hashize iminsi yaraburiwe irengero, abo mu Muryango we bazi ko yapfuye; nyuma yo kugambanirwa n’agatsiko k’Abanyarwanda ‘bagifite ingegabitekerezo ya Jenoside’.

Amakuru dukesha IGIHE avuga ko baganiriye na Baziga kuwa Gatanu tariki ya 25 Werurwe 2016, yasobanuye mu buryo bwimbitse uko yari agiye kugirirwa nabi bigizwemo uruhare n’Abanyarwanda bagenzi be.

Ati “ Abantu b’Abanyarwanda bene wacu bashatse ku ngura ngo banyice, babwira umuntu w’umupolisi ngo ‘tuzi ko ufite imbunda kandi uziranye n’itsinda ry’abantu,dukeneye kubona uyu muntu yapfuye mutubwire amafaranga mushaka’.”

Yakomeje avuga ko uwo mupolisi washyizweho ngo amwicishe bari basanzwe baziranye, aza kumuhamagara aramuburira.

Ati “ Uwo mupolisi yarabimbwiye, ampa ibimenyetso, ampa n’amajwi yabo yafashe ndabyumva. Akibimbwira ndamubwira nti niba ari amafaranga mushaka ayo babemereye nanjye ndayafite nta kibazo, nti ariko hari ikintu ngira ngo mbisabire nti abo bantu mubafate nibiba na ngombwa nzanabishyura nkubye kabiri ku mafaranga bari babemereye. Arambwira ati n’ubundi twe ntabwo turi abicanyi, dushinzwe umutekano ahubwo dutunguwe n’ibyo bene wanyu bashaka kugukorera.”

Baziga usanzwe anakurikiye Diaspora Nyarwanda muri Mozambique yakomeje abwira avuga ko yakoresheje ibishoboka byose kugira ngo afashe polisi gufata abari bashatse kumwicisha, ariko abikora yigize nk’aho yapfuye.

Ati “ Abapolisi narababwiye nti rero ndemera mbahe imodoka yanjye, mbahe telefoni zanjye mbahe ibyo mfite byose n’amakarita ya banki noneho mwe muzabereke ko napfuye. Ntabwo nigeze nsubira inyuma, nkimara kubyumva nahise ngenda ndihisha, nta muntu n’umwe nigeze mbibwira n’umuryango wanjye ntabyo wari uzi (usibye abapolisi bonyine bari bazi aho ndi). Ubwo hari kuwa Gatanu, uwo wari wasabye ko nicwa yari yaravuze ko namenya ko napfuye azahita yishyura.”

Baziga yakomeje avuga ko abapolisi bategereje wa munyarwanda wari watanze ikiraka cyo kumwica bigera kuwa Gatatu atari yajya aho yari yaravuze ko azabishyurira barangije akazi (kumwica).

Ngo kuwa Gatanu (tariki ya 25 Werurwe nyuma y’iminsi itandatu nta muntu uzi aho ari) nibwo abapolisi bateze indege bakora urugendo rw’isaha n’igice uvuye mu Mujyi wa Maputo, aba ariho basanga wa munyarwanda wari ukuriye uwo mugambi bamuta muri yombi.

Yakomeje avuga ko ‘polisi yambwiye ko hari n’abandi bantu bakorana nawe i Maputo bamaze kumenya, bizera ko bagomba kubafata mu gihe cya vuba.’

Amakuru avuga ko umunyarwanda watawe muri yombi wari muri uwo mugambi yitwa Tuganeyezu Theonetse usanzwe ari umupasiteri.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, uhagarariye u Rwanda no muri Mozambique yemeje ko amakuru y’uku gushaka kugira nabi ari impamo.

-2557.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega

Yagize ati “ Nibyo. Ikibabaje ni uko benshi mu Banyarwanda hariya bakora neza kandi bakunguka, banashyize hamwe, basigaye bajya mu Rwanda bagashora imari ariko hari agatsiko ka bake bagifite ingengabitekerezo, bigize amabandi yo kugirira nabi abashora imari mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko umwe mu bashatse kwica Louis Baziga afatanyije n’abandi bantu bo muri Mozambique yatawe muri yombi ariko yizeza ko hagiye gukurikiranirwa hafi iki kibazo.

Ati “ Ni ibintu bibabaje ariko turabikurikiranira hafi kugira ngo hatagira umunyarwanda uzira ko akunda igihugu cye.”

Muri Mozambique, ibyo gushimuta ni ibintu bimaze gufata indi ntera dore ko mu mwaka wa 2012, Umunyarwanda wigeze kuyobora BRD, Theogene Turatsinze, yashimuswe nyuma akaza kwicwa n’abagizi ba nabi; umurambo we ugatoragurwa mu mazi.

-2556.jpg

Theogene Turatsinze

Ambasaderi Karega yavuze ko kugeza n’ubu ntacyo iperereza ryigeze rigaragaza ku rupfu rwa Turatsinze, anahuza ubu bugizi bwa nabi n’ibi byabaye mu 2012 ‘ku buryo umuntu atabura kubwikanga’.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bake aribo bari muri utu dutsiko tw’ubugizi bwa nabi kuko abandi ‘bazi agaciro k’igihugu, n’abataza mu Rwanda bohereza abana babo kurusura.’

Muri Mozambique habarirwa Abanyarwanda bagera ku bihumbi bitatu batuye mu bice bitandukanye by’iki gihugu. Mu murwa mukuru, Maputo, honyine habarizwa Abanyarwanda barenga 1500.

Source: IGIHE

2016-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Ubwanditsi 08 Apr 2024
Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 May 2017
Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ubwanditsi 21 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushyira mu gaciro:  ” Intwaro ikomeye muri politike”
INKURU NYAMUKURU

Gushyira mu gaciro: ” Intwaro ikomeye muri politike”

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Uko Museveni akomeje guhuza  RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni akomeje guhuza RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo
Amakuru

Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Ubwanditsi 10 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru