• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Ubwanditsi 30 Mar 2016 ITOHOZA

Umunyarwanda ukuriye ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri Mozambique yarokotse ubwicanyi bwari bwateguwe n’agatsiko k’Abanyarwanda baba muri iki gihugu.

Louis Baziga ni umucuruzi ukomoka mu Rwanda, akorera ibikorwa bye mu Murwa Mukuru wa Mozambique, Maputo aho afite inzu zicuruza ibiribwa (alimentation) ndetse n’iguriro ry’imiti (Pharmacie). Hashize iminsi yaraburiwe irengero, abo mu Muryango we bazi ko yapfuye; nyuma yo kugambanirwa n’agatsiko k’Abanyarwanda ‘bagifite ingegabitekerezo ya Jenoside’.

Amakuru dukesha IGIHE avuga ko baganiriye na Baziga kuwa Gatanu tariki ya 25 Werurwe 2016, yasobanuye mu buryo bwimbitse uko yari agiye kugirirwa nabi bigizwemo uruhare n’Abanyarwanda bagenzi be.

Ati “ Abantu b’Abanyarwanda bene wacu bashatse ku ngura ngo banyice, babwira umuntu w’umupolisi ngo ‘tuzi ko ufite imbunda kandi uziranye n’itsinda ry’abantu,dukeneye kubona uyu muntu yapfuye mutubwire amafaranga mushaka’.”

Yakomeje avuga ko uwo mupolisi washyizweho ngo amwicishe bari basanzwe baziranye, aza kumuhamagara aramuburira.

Ati “ Uwo mupolisi yarabimbwiye, ampa ibimenyetso, ampa n’amajwi yabo yafashe ndabyumva. Akibimbwira ndamubwira nti niba ari amafaranga mushaka ayo babemereye nanjye ndayafite nta kibazo, nti ariko hari ikintu ngira ngo mbisabire nti abo bantu mubafate nibiba na ngombwa nzanabishyura nkubye kabiri ku mafaranga bari babemereye. Arambwira ati n’ubundi twe ntabwo turi abicanyi, dushinzwe umutekano ahubwo dutunguwe n’ibyo bene wanyu bashaka kugukorera.”

Baziga usanzwe anakurikiye Diaspora Nyarwanda muri Mozambique yakomeje abwira avuga ko yakoresheje ibishoboka byose kugira ngo afashe polisi gufata abari bashatse kumwicisha, ariko abikora yigize nk’aho yapfuye.

Ati “ Abapolisi narababwiye nti rero ndemera mbahe imodoka yanjye, mbahe telefoni zanjye mbahe ibyo mfite byose n’amakarita ya banki noneho mwe muzabereke ko napfuye. Ntabwo nigeze nsubira inyuma, nkimara kubyumva nahise ngenda ndihisha, nta muntu n’umwe nigeze mbibwira n’umuryango wanjye ntabyo wari uzi (usibye abapolisi bonyine bari bazi aho ndi). Ubwo hari kuwa Gatanu, uwo wari wasabye ko nicwa yari yaravuze ko namenya ko napfuye azahita yishyura.”

Baziga yakomeje avuga ko abapolisi bategereje wa munyarwanda wari watanze ikiraka cyo kumwica bigera kuwa Gatatu atari yajya aho yari yaravuze ko azabishyurira barangije akazi (kumwica).

Ngo kuwa Gatanu (tariki ya 25 Werurwe nyuma y’iminsi itandatu nta muntu uzi aho ari) nibwo abapolisi bateze indege bakora urugendo rw’isaha n’igice uvuye mu Mujyi wa Maputo, aba ariho basanga wa munyarwanda wari ukuriye uwo mugambi bamuta muri yombi.

Yakomeje avuga ko ‘polisi yambwiye ko hari n’abandi bantu bakorana nawe i Maputo bamaze kumenya, bizera ko bagomba kubafata mu gihe cya vuba.’

Amakuru avuga ko umunyarwanda watawe muri yombi wari muri uwo mugambi yitwa Tuganeyezu Theonetse usanzwe ari umupasiteri.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, uhagarariye u Rwanda no muri Mozambique yemeje ko amakuru y’uku gushaka kugira nabi ari impamo.

-2557.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega

Yagize ati “ Nibyo. Ikibabaje ni uko benshi mu Banyarwanda hariya bakora neza kandi bakunguka, banashyize hamwe, basigaye bajya mu Rwanda bagashora imari ariko hari agatsiko ka bake bagifite ingengabitekerezo, bigize amabandi yo kugirira nabi abashora imari mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko umwe mu bashatse kwica Louis Baziga afatanyije n’abandi bantu bo muri Mozambique yatawe muri yombi ariko yizeza ko hagiye gukurikiranirwa hafi iki kibazo.

Ati “ Ni ibintu bibabaje ariko turabikurikiranira hafi kugira ngo hatagira umunyarwanda uzira ko akunda igihugu cye.”

Muri Mozambique, ibyo gushimuta ni ibintu bimaze gufata indi ntera dore ko mu mwaka wa 2012, Umunyarwanda wigeze kuyobora BRD, Theogene Turatsinze, yashimuswe nyuma akaza kwicwa n’abagizi ba nabi; umurambo we ugatoragurwa mu mazi.

-2556.jpg

Theogene Turatsinze

Ambasaderi Karega yavuze ko kugeza n’ubu ntacyo iperereza ryigeze rigaragaza ku rupfu rwa Turatsinze, anahuza ubu bugizi bwa nabi n’ibi byabaye mu 2012 ‘ku buryo umuntu atabura kubwikanga’.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bake aribo bari muri utu dutsiko tw’ubugizi bwa nabi kuko abandi ‘bazi agaciro k’igihugu, n’abataza mu Rwanda bohereza abana babo kurusura.’

Muri Mozambique habarirwa Abanyarwanda bagera ku bihumbi bitatu batuye mu bice bitandukanye by’iki gihugu. Mu murwa mukuru, Maputo, honyine habarizwa Abanyarwanda barenga 1500.

Source: IGIHE

2016-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Ubwanditsi 26 May 2017
Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Ubwanditsi 18 Nov 2023
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Ubwanditsi 26 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye
POLITIKI

Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?
INKURU NYAMUKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020
Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0
Amakuru

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Ubwanditsi 04 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru