• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Ubwanditsi 30 Mar 2016 ITOHOZA

Umunyarwanda ukuriye ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri Mozambique yarokotse ubwicanyi bwari bwateguwe n’agatsiko k’Abanyarwanda baba muri iki gihugu.

Louis Baziga ni umucuruzi ukomoka mu Rwanda, akorera ibikorwa bye mu Murwa Mukuru wa Mozambique, Maputo aho afite inzu zicuruza ibiribwa (alimentation) ndetse n’iguriro ry’imiti (Pharmacie). Hashize iminsi yaraburiwe irengero, abo mu Muryango we bazi ko yapfuye; nyuma yo kugambanirwa n’agatsiko k’Abanyarwanda ‘bagifite ingegabitekerezo ya Jenoside’.

Amakuru dukesha IGIHE avuga ko baganiriye na Baziga kuwa Gatanu tariki ya 25 Werurwe 2016, yasobanuye mu buryo bwimbitse uko yari agiye kugirirwa nabi bigizwemo uruhare n’Abanyarwanda bagenzi be.

Ati “ Abantu b’Abanyarwanda bene wacu bashatse ku ngura ngo banyice, babwira umuntu w’umupolisi ngo ‘tuzi ko ufite imbunda kandi uziranye n’itsinda ry’abantu,dukeneye kubona uyu muntu yapfuye mutubwire amafaranga mushaka’.”

Yakomeje avuga ko uwo mupolisi washyizweho ngo amwicishe bari basanzwe baziranye, aza kumuhamagara aramuburira.

Ati “ Uwo mupolisi yarabimbwiye, ampa ibimenyetso, ampa n’amajwi yabo yafashe ndabyumva. Akibimbwira ndamubwira nti niba ari amafaranga mushaka ayo babemereye nanjye ndayafite nta kibazo, nti ariko hari ikintu ngira ngo mbisabire nti abo bantu mubafate nibiba na ngombwa nzanabishyura nkubye kabiri ku mafaranga bari babemereye. Arambwira ati n’ubundi twe ntabwo turi abicanyi, dushinzwe umutekano ahubwo dutunguwe n’ibyo bene wanyu bashaka kugukorera.”

Baziga usanzwe anakurikiye Diaspora Nyarwanda muri Mozambique yakomeje abwira avuga ko yakoresheje ibishoboka byose kugira ngo afashe polisi gufata abari bashatse kumwicisha, ariko abikora yigize nk’aho yapfuye.

Ati “ Abapolisi narababwiye nti rero ndemera mbahe imodoka yanjye, mbahe telefoni zanjye mbahe ibyo mfite byose n’amakarita ya banki noneho mwe muzabereke ko napfuye. Ntabwo nigeze nsubira inyuma, nkimara kubyumva nahise ngenda ndihisha, nta muntu n’umwe nigeze mbibwira n’umuryango wanjye ntabyo wari uzi (usibye abapolisi bonyine bari bazi aho ndi). Ubwo hari kuwa Gatanu, uwo wari wasabye ko nicwa yari yaravuze ko namenya ko napfuye azahita yishyura.”

Baziga yakomeje avuga ko abapolisi bategereje wa munyarwanda wari watanze ikiraka cyo kumwica bigera kuwa Gatatu atari yajya aho yari yaravuze ko azabishyurira barangije akazi (kumwica).

Ngo kuwa Gatanu (tariki ya 25 Werurwe nyuma y’iminsi itandatu nta muntu uzi aho ari) nibwo abapolisi bateze indege bakora urugendo rw’isaha n’igice uvuye mu Mujyi wa Maputo, aba ariho basanga wa munyarwanda wari ukuriye uwo mugambi bamuta muri yombi.

Yakomeje avuga ko ‘polisi yambwiye ko hari n’abandi bantu bakorana nawe i Maputo bamaze kumenya, bizera ko bagomba kubafata mu gihe cya vuba.’

Amakuru avuga ko umunyarwanda watawe muri yombi wari muri uwo mugambi yitwa Tuganeyezu Theonetse usanzwe ari umupasiteri.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, uhagarariye u Rwanda no muri Mozambique yemeje ko amakuru y’uku gushaka kugira nabi ari impamo.

-2557.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega

Yagize ati “ Nibyo. Ikibabaje ni uko benshi mu Banyarwanda hariya bakora neza kandi bakunguka, banashyize hamwe, basigaye bajya mu Rwanda bagashora imari ariko hari agatsiko ka bake bagifite ingengabitekerezo, bigize amabandi yo kugirira nabi abashora imari mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko umwe mu bashatse kwica Louis Baziga afatanyije n’abandi bantu bo muri Mozambique yatawe muri yombi ariko yizeza ko hagiye gukurikiranirwa hafi iki kibazo.

Ati “ Ni ibintu bibabaje ariko turabikurikiranira hafi kugira ngo hatagira umunyarwanda uzira ko akunda igihugu cye.”

Muri Mozambique, ibyo gushimuta ni ibintu bimaze gufata indi ntera dore ko mu mwaka wa 2012, Umunyarwanda wigeze kuyobora BRD, Theogene Turatsinze, yashimuswe nyuma akaza kwicwa n’abagizi ba nabi; umurambo we ugatoragurwa mu mazi.

-2556.jpg

Theogene Turatsinze

Ambasaderi Karega yavuze ko kugeza n’ubu ntacyo iperereza ryigeze rigaragaza ku rupfu rwa Turatsinze, anahuza ubu bugizi bwa nabi n’ibi byabaye mu 2012 ‘ku buryo umuntu atabura kubwikanga’.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bake aribo bari muri utu dutsiko tw’ubugizi bwa nabi kuko abandi ‘bazi agaciro k’igihugu, n’abataza mu Rwanda bohereza abana babo kurusura.’

Muri Mozambique habarirwa Abanyarwanda bagera ku bihumbi bitatu batuye mu bice bitandukanye by’iki gihugu. Mu murwa mukuru, Maputo, honyine habarizwa Abanyarwanda barenga 1500.

Source: IGIHE

2016-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Urwego Rw’umutekano Ruvuga Ko Rutanyuzwe N’ibyo Abayobozi B’u Rwanda Baruvugaho

Burundi: Urwego Rw’umutekano Ruvuga Ko Rutanyuzwe N’ibyo Abayobozi B’u Rwanda Baruvugaho

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Rwamucyo Aimable  ikigarasha cyiyoberanya

Rwamucyo Aimable ikigarasha cyiyoberanya

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Ubwanditsi 28 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside
HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!
Amakuru

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema
Mu Mahanga

Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Ubwanditsi 04 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru