• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo intambara yo kubohora u Rwanda yatangizwaga tariki ya 1 Ukwakira 1990, Perezida Habyarimana n’akazu ke, banze kwemera ko ari Abanyarwanda bateye baharanira uburenganzira bwabo bari barimwe, ko ahubwo ari abagande bateye igihugu cyabo. Habyarimana yakomeje kwizera ingufu za gisirikari ariko nyuma ingabo za FPR Inkotanyi ubwo zafataga Gatuna yishimira intsinzi mu Mutara ndetse n’igitero cyo mu Ruhengeli mu nda y’akazu, yabonye ko ishyamba atari ryeru, maze yemera imishyikirano.

Inararibonye Tito Rutaremara wari umwe mu ntumwa za FPR Inkotanyi mu masezerano yose bagiranye na Leta ya Habyarimana, yasangije Abanyarwanda abinyujije kuri Twitter amavu n’amavuko y’amasezerano y’Arusha.

Mu ruzinduko Perezida Museveni yagiriye mu Rwanda yari yaremereye Perezida Habyarimana ko nta bantu bazatera Igihugu cye baturutse Uganda Ubwo Inkotanyi zateraga taliki ya 01.10.1990 ziturutse Uganda , icyo gihe Museveni na Habyarimana ntabwo bari bahari bari New York mu Nama. Kuri uwo munsi Mugisha Muntu wari Umukuru w’Ingabo za Uganda yabwiye Museveni kuri Telephone ko Abanyarwanda bateye u Rwanda.

Muri iryo joro Museveni ahamagara Habyarimana ajya ku mureba ngo baganire kuri icyo kibazo , Museveni yemerera Habyarimana gufungira amayira Abanyarwanda bose bava Uganda ndetse yumvikana nawe ko abazajya bava mu Rwanda ko azajya abafata akabafunga. Museveni yasabye Habyarimana ko abageze mu Rwanda yabarwanya gusa amubwira ko abagiye mu Rwanda ari indwanyi icyaba cyiza ari uko yakumvikana nabo

Icyo gihe Museveni yavugishije Umukuru w’Ingabo ze amusaba ko ahagarika Abanyarwanda bajyaga ku rugamba kandi hashakwe abayobozi babo bafungwe , uwo mwanzuro watumye Abanyarwanda batatanira hirya ni hino bamwe barafungwa abandi barihisha.

Bucyeye Habyarimana arataha inama itarangiye aca mu Bubiligi no Bufaransa gusaba inkunga, ageze ku kibuga cy’indenge cy’ububiligi abanyamakuru bamubajije uwateye igihugu cye abasubiza ko ari Uganda. Ibyo birakaza Museveni kuko Habyarimana yari yishe amasezerano bari bagiranye . Museveni yahise asaba ko bambura Abanyarwanda imbunda n’imyenda ya gisirikare bya Uganda ubundi bakabareka bagataha iwabo .

Muri iyo ntambara abazayirwa , Ababiligi n’Abafaransa batabaye ingabo za Habyarimana baza kurwana barwanya Inkotanyi , Abazayirwa bagenda basahura bakagenda bikoreye ibyo basahuye ibinyamakuru byo ku isi birabyerekana .

Guverinoma y’Ababiligi yicyo gihe yarigizwe n’amashyaka atanu , ishyaka rimwe ryasabye ko ingabo zabo ziva mu Rwanda. Leta y’Ababiligi igira ubwoba ko byasenya Guverinoma yabo itangira gutekereza uko bakemura icyo kibazo.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo ndetse n’Uwububanyi n’Amahanga, bahise baza muri Afurika bakirwa na Tanzania bajya kureba Habyarimana na Museveni Perezida wa Tanzania ahamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Mwanza bumvikana ko intambara ihagarara ariko Habyarimana asabwa gahura n’uruhande rw’abamurwanyaga (Inkotanyi) ibyo byose nta cyabaye .Uwo munsi abasilikare b’Abibiligi bahise bazinga utwabo barataha nkuko bongeye kurusiga muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994·

Mu 1991 Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (OUA) nibwo yinjiye mu kibazo nyuma yuko guhagarika Intwaro byumvikanyweho Mwanza bitabaye (cessez le feu). Perezida Hassan Mwinyi yongeye guhamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Zanzibar abamenyesha ko ikibazo cyegurirwe OUA ariko ariwe wahawe inshingano zo gutumira abazitabira inama.

Hashize iminsi mike President Ali Hassan Mwinyi wa Tanzaniya ahamagaza ya nama irimo Perezida Habyarimana, Perezida Museveni,Perezida Buyoya , Umunyamabanga Mukuru wa OUA ,Minisitiri w’Intebe wa Zaire n’abandi.

Ibyavuyemo mu nama a) hanzuwe ko impande zombi zumvikana uko hahagarikwa intambara ( cessez le feu ) b) humvikanye uko bazaganira ku gaharika no kurangiza intambara c) Humvikanye uko hazakemurwa ikibazo cy’impunzi d) Humvikanye uzabikurikirana ariwe Perezida Mobutu.

Ubwo nibwo amasezerano y’Arusha yahise atangira.

IYI NKURU IZAKOMEZA UBUTAHA………

2021-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Ubwanditsi 12 Sep 2018
APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Ubwanditsi 20 Sep 2022
Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Ubwanditsi 29 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwanditsi 24 May 2018
Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC
POLITIKI

Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Ubwanditsi 04 Feb 2019
EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp
IKORANABUHANGA

EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp

Ubwanditsi 26 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru