• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo intambara yo kubohora u Rwanda yatangizwaga tariki ya 1 Ukwakira 1990, Perezida Habyarimana n’akazu ke, banze kwemera ko ari Abanyarwanda bateye baharanira uburenganzira bwabo bari barimwe, ko ahubwo ari abagande bateye igihugu cyabo. Habyarimana yakomeje kwizera ingufu za gisirikari ariko nyuma ingabo za FPR Inkotanyi ubwo zafataga Gatuna yishimira intsinzi mu Mutara ndetse n’igitero cyo mu Ruhengeli mu nda y’akazu, yabonye ko ishyamba atari ryeru, maze yemera imishyikirano.

Inararibonye Tito Rutaremara wari umwe mu ntumwa za FPR Inkotanyi mu masezerano yose bagiranye na Leta ya Habyarimana, yasangije Abanyarwanda abinyujije kuri Twitter amavu n’amavuko y’amasezerano y’Arusha.

Mu ruzinduko Perezida Museveni yagiriye mu Rwanda yari yaremereye Perezida Habyarimana ko nta bantu bazatera Igihugu cye baturutse Uganda Ubwo Inkotanyi zateraga taliki ya 01.10.1990 ziturutse Uganda , icyo gihe Museveni na Habyarimana ntabwo bari bahari bari New York mu Nama. Kuri uwo munsi Mugisha Muntu wari Umukuru w’Ingabo za Uganda yabwiye Museveni kuri Telephone ko Abanyarwanda bateye u Rwanda.

Muri iryo joro Museveni ahamagara Habyarimana ajya ku mureba ngo baganire kuri icyo kibazo , Museveni yemerera Habyarimana gufungira amayira Abanyarwanda bose bava Uganda ndetse yumvikana nawe ko abazajya bava mu Rwanda ko azajya abafata akabafunga. Museveni yasabye Habyarimana ko abageze mu Rwanda yabarwanya gusa amubwira ko abagiye mu Rwanda ari indwanyi icyaba cyiza ari uko yakumvikana nabo

Icyo gihe Museveni yavugishije Umukuru w’Ingabo ze amusaba ko ahagarika Abanyarwanda bajyaga ku rugamba kandi hashakwe abayobozi babo bafungwe , uwo mwanzuro watumye Abanyarwanda batatanira hirya ni hino bamwe barafungwa abandi barihisha.

Bucyeye Habyarimana arataha inama itarangiye aca mu Bubiligi no Bufaransa gusaba inkunga, ageze ku kibuga cy’indenge cy’ububiligi abanyamakuru bamubajije uwateye igihugu cye abasubiza ko ari Uganda. Ibyo birakaza Museveni kuko Habyarimana yari yishe amasezerano bari bagiranye . Museveni yahise asaba ko bambura Abanyarwanda imbunda n’imyenda ya gisirikare bya Uganda ubundi bakabareka bagataha iwabo .

Muri iyo ntambara abazayirwa , Ababiligi n’Abafaransa batabaye ingabo za Habyarimana baza kurwana barwanya Inkotanyi , Abazayirwa bagenda basahura bakagenda bikoreye ibyo basahuye ibinyamakuru byo ku isi birabyerekana .

Guverinoma y’Ababiligi yicyo gihe yarigizwe n’amashyaka atanu , ishyaka rimwe ryasabye ko ingabo zabo ziva mu Rwanda. Leta y’Ababiligi igira ubwoba ko byasenya Guverinoma yabo itangira gutekereza uko bakemura icyo kibazo.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo ndetse n’Uwububanyi n’Amahanga, bahise baza muri Afurika bakirwa na Tanzania bajya kureba Habyarimana na Museveni Perezida wa Tanzania ahamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Mwanza bumvikana ko intambara ihagarara ariko Habyarimana asabwa gahura n’uruhande rw’abamurwanyaga (Inkotanyi) ibyo byose nta cyabaye .Uwo munsi abasilikare b’Abibiligi bahise bazinga utwabo barataha nkuko bongeye kurusiga muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994·

Mu 1991 Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (OUA) nibwo yinjiye mu kibazo nyuma yuko guhagarika Intwaro byumvikanyweho Mwanza bitabaye (cessez le feu). Perezida Hassan Mwinyi yongeye guhamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Zanzibar abamenyesha ko ikibazo cyegurirwe OUA ariko ariwe wahawe inshingano zo gutumira abazitabira inama.

Hashize iminsi mike President Ali Hassan Mwinyi wa Tanzaniya ahamagaza ya nama irimo Perezida Habyarimana, Perezida Museveni,Perezida Buyoya , Umunyamabanga Mukuru wa OUA ,Minisitiri w’Intebe wa Zaire n’abandi.

Ibyavuyemo mu nama a) hanzuwe ko impande zombi zumvikana uko hahagarikwa intambara ( cessez le feu ) b) humvikanye uko bazaganira ku gaharika no kurangiza intambara c) Humvikanye uko hazakemurwa ikibazo cy’impunzi d) Humvikanye uzabikurikirana ariwe Perezida Mobutu.

Ubwo nibwo amasezerano y’Arusha yahise atangira.

IYI NKURU IZAKOMEZA UBUTAHA………

2021-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021
Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Ubwanditsi 05 Jan 2021
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Ubwanditsi 23 Aug 2021
Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Ubwanditsi 14 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari Hassani ntiyifuza ko Wema Sepetu azitabira ibirori by’umwana we nubwo yatumirwa na Diamond
SHOWBIZ

Zari Hassani ntiyifuza ko Wema Sepetu azitabira ibirori by’umwana we nubwo yatumirwa na Diamond

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango
SHOWBIZ

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Ubwanditsi 23 Jan 2018
# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye
INKURU NYAMUKURU

# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye

Ubwanditsi 10 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru