• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze
Minisitiri Evode Uwizeyimana

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Ubwanditsi 29 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru kuko iyo uza gutorwa wari kubangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru Abadepite bawanze.

Uwo mushinga w’itegeko wagejejwe muri komisiyo y’inteko nshingamategeko ishinzwe politike n’uburinganire bw’umugore n’umugabo wateganyaga yuko wemejwe n’Abadepite gusebanya kwajya mu byaha mpanabyaha, aho kuba mu byaha mbonezamubano nk’uko bimeze mu bihugu bizwiho kutaniga itangazamakuru.

Muri uwo mushinga w’itegeko ingingo y’i 169 niyo yavugaka yavugag yuko umuntu wese usebanya y’itwaje ubwisanzure bwo kugaragaza ibitekerezo ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka ibiri n’itanu, n’ihazabu iri hagati y’amafaranga miliyoni eshatu n’eshanu.

Uwo mushinga w’itegeko Minisiteri y’ubutabera ikimara kuwugeza mu nteko nshingamategeko mu Kwakira abanyamakuru bahise batangira gufata ingamba zo kuwurwanya ugisuzumirwa muri komisiyo. Muri izo ngamba harimo kwandikira inteko nshingamategeko no guhura n’Abadepite bagize komisiyo ya Politike n’uburinganira babagaragariza ingaruka mbi zaterwa n’uko uwo mushinga wakwemezwa ugahinduka itegeko. Itegeko nk’iryo ryari kugaragaza u Rwanda nk’igihugu kiniga itangazamakuru, bigatuma n’abanyamakuru badakora akazi kabo neza.

Izo mbaraga Abanyamakuru bakoresheje zabyaye umusaruro kuko na mbere yuko uwo mushinga w’itegeko ugezwa mu nteko rusange wari wanzwe na komisiyo yawigagaho nk’uko Perezida wayo, Kayiranga Rwasa, ejo yabitangarije abadepite mbere yuko bafata icyemezo.

Uyu munsi tariki 29/12/2017. Iyi niyo yari inkuru nyamukuru kw’ihuriro ry’Abanyamakuru iruhande rwa stade Amahoro, babyina intsinzi !  Bakanavuga ariko yuko n’iyo abadepite baza kubatenguha bakemeza uwo mushinga  w’itegeko, ngo bari guhita bisabira Perezida Kagame kwanga kubisinya bahamya yuko bazi neza ko Perezida atari kubatenguha kuko bitari kuba bibaye ubwa mbere. Hari igihe Abanyamakuru basabye Perezida Kagame kwanga gusinya umushinga w’itegeko ryabacishaga umutwe koko yanga kuwusinya !

Casmiry Kayumba

2017-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Ubwanditsi 15 Jan 2022
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 11 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma
Mu Mahanga

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Jean Paul Ntagara wahoze muri RNC yanyomoje Kayumba Nyamwasa ku kibazo cya Ben Rutabana aho yamugereranyije na Bagosora, aratubwira imikorere ya RNC, P5 n’Abaryankuna
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Ntagara wahoze muri RNC yanyomoje Kayumba Nyamwasa ku kibazo cya Ben Rutabana aho yamugereranyije na Bagosora, aratubwira imikorere ya RNC, P5 n’Abaryankuna

Ubwanditsi 13 Jul 2020
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.
Amakuru

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru