• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Umutwe w’iterabwoba wa CNRD-Ubwiyunge uyobowe na  Wilson Irategeka wihaye ipeti rya Lieutenant General uravugwamo amacakubiri y’ubwoko bwose cyane cyane ashingiye ku turere abagize uwo mutwe w’iterabwoba bakomokamo. Kuva Ex FAR n’interahamwe bashyiraho imitwe itandukanye guhera muri 1994, bagiye bagira ibibazo by’ivangura bishingiye ku turere, nkuko byari byarabamunze bakiri ku butegetsi cyane cyane aho abakiga bishisha abanyenduga. Abakiga nabo iyo bahuye haba abashiru bo mu mbere muri Leta yakoze Jenoside n’abarera n’ibindi.

Umutwe wa CNRD-Ubwiyunge washinzwe muri Gicurasi 2016, nyuma yo kwiyomora kuri FDLR/FOCA ya Gen Maj Gaston Iyamuremye wiyise Victor Byiringiro, wihuje n’ingirwamashyaka PDR ya Rusesabagina Paul na RRM ya Callixte Nsabimana bashinga icyiswe MRCD ifite umutwe w’ingabo uzwi nka FLN wagabye ibitero mu majyepfo n’iburengerazuba bw’u Rwanda muri Kamena-Nyakanga 2017.

Mu ibaruwa ndende yari igenewe abayobozi bakuru ba CNRD ariko Rushyashya yabashije kubona, umwe mubashinze  CNRD ariwe Gen Maj Ndikuryayo uvuga ko ariwe Chef D’Etat Majora (CEMA) yanditse avuga ibibazo bivugwa muri uwo mutwe w’iterabwo ahanini bishingiye ku ivangura no kwishishanya hagati yabo. Ibibazo biri muri CNRD, Ndikuryayo yabibishyize mu bice bibiri, aribyo Ibibazo biri muri politiki n’ibibazo biri mu gisirikari.

Mu bibazo bya politiki, Gen Major Ndikuryayo yavuzeko CNRD ifite ibibazo  bishingiye ku kuyoborana igitugu, kurema udutsiko, kutagira strategy no kutagira umurongo ngenderwaho.

Naho mubibazo bya gisirikari, Gen Major Ndikuryayo yavuzeko harimo igitugu gikabije, ubwuri muri commandment, kwishishanya n’urunturuntu mu ngabo, kwitana abanzi cyangwa abagambanyi, kutubaha inzego ndetse no gushyira abana mu gisirikari, kubeshya kumakuru y’urugamba(faux rapport) no kutamenyesha ukuri imiryango yabaguye ku rugamba.

Mu gihe muri CNRD-Ubwiyunge bicika, amakuru aturuka muri Kongo-Kinshasa aravugako umukuru w’umutwe wa RUD Urunana, nabo bigumuye kuri FDLR yahitanwe n’ibitero by’ingabo za Kongo FARDC ndetse n’abamurinda batandatu,  muri gahunda ya leta ya Kongo  yo kurandura imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu burasirazuba bwa Kongo.

2019-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero  [ AMAFOTO ]

Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 24 Feb 2017
“Perezida Museveni niwe uri inyuma y’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda” Perezida w’ishyaka FDC Patrick Oboi Amuria

“Perezida Museveni niwe uri inyuma y’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda” Perezida w’ishyaka FDC Patrick Oboi Amuria

Ubwanditsi 02 Dec 2020
Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam
Amakuru

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Ubwanditsi 19 Jan 2023
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru