• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Ubwanditsi 01 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, yatangaje ko nyuma yo kugarura mu Rwanda Maj. Sankara Callixte Nsabimana, ngo akurikiranweho ibyo amaze igihe yigamba byo guhungabanya umutekano warwo, hari n’abandi bari mu nzira bazaza mu minsi iri imbere.

Sankara avuga ko ari umuvugizi w’umutwe wa politiki, MRCD, udahwema kwigamba ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nk’igitero cyagabwe umwaka ushize i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, n’icya Kitabi byose byahitanye ubuzima bw’abaturage ndetse imodoka zigatwikwa.

Minisitiri Dr Sezibera yavuze ko Sankara wiyemerera ko akorana n’indi mitwe y’iterabwoba nka FDLR igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, agiye gushyikirizwa ubutabera agakurikiranwaho ibyaha akekwaho.

Min. Dr. Ricard Sezibera

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma yo guhura n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Sezibera yavuze ko uko iminsi ihita ibikorwa by’abantu bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda birushaho kumenyekana no kumvikana, bityo uretse Sankara n’abandi babikora bazafatwa.

Ati “Hari n’abandi bari mu nzira, buriya nabo bazaza mu minsi iri imbere. Turakorana n’ibi bihugu byose kugira ngo abantu bayoboye iyi mitwe ishaka kwica abanyarwanda nabo begukomeza uyu mugambi mubi wo kwica abanyarwanda no kudindiza iterambere ry’u Rwanda”.

“Ntabwo ari we gusa [Sankara] n’abandi bakiri hanze bagamije kwica abanyarwanda, guhungabanya umutekano w’u Rwanda, na bo amaherezo bazabibazwa n’u Rwanda ndetse turasaba n’abandi, abo dukorana, ibihugu by’inshuti […] abo bantu bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ibyo bikorwa bihagarare”.

U Rwanda kandi rwanasabye abahagarariye ibihugu byabo gukurikirana bamwe mu bayobozi b’imitwe yitwara gisirikare bamaze iminsi bigamba ko bagiye gutera u Rwanda, ko muri za Nyungwe badashaka ko abakerarugendo bajyayo, bamwe banabeshya ko bafashe ibice by’u Rwanda bimwe muri Nyungwe n’ahandi.

Abo barimo Rusesabagina Paul uri mu Bubiligi rimwe na rimwe akaba muri Amerika, hari Maj. Ntilikina Faustin uri mu Bufaransa, Kayumba Nyamwasa muri Afurika y’Epfo, Himbara David uba muri Canada n’abandi.

Minisitiri Sezibera ati “Twumva bidakwiriye ko umuntu yaba ari hanze aho, yica abanyarwanda cyangwa afatanya n’abica abanyarwanda, afatanya na FDLR n’abandi, ntibimugireho ingaruka aho ari, twumva ari inshingano z’ibyo bihugu kubakurikirana. Batabakurikirana u Rwanda rukabikurikiranira”.

Sankara afashwe nyuma y’uko Nkaka Ignace alias La Forge Fils Bazeye na Nsekanabo Jean Pierre Alias Abega bari abayobozi bakuru mu mutwe w’abarwanyi wa FDLR, nabo bafashwe bakoherezwa mu Rwanda.

Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo ruheruka gutegeka ko bafungwa by’agateganyo nyuma y’uko urukiko rusanze hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho ibyaha by’iterabwoba baregwa.

Bashinjwa kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR, kugira uruhare mu bikorwa bya FDLR, kugambana no gushishikariza abandi gukora ibikorwa by’iterabwoba, kugirana umubano na leta y’amahanga bigamije gushoza intambara, icengezamatwara ryo kwangisha leta y’u Rwanda mu mahanga no kurema umutwe w’ingabo utemewe.

Src : IGIHE

2019-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Ubwanditsi 15 Jan 2022
Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Ubwanditsi 28 Feb 2021
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza

Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza

Ubwanditsi 02 Sep 2020

3 Ibitekerezo

  1. Isomere
    May 1, 201911:19 am -

    Ubu bagiye kubaho bihisha kuko ari byo bahisemo. Ushaka kubafasha uwo mutwaro nawe azabasange. Udashobora kuwikorera azabakwepe. Ubwenge nabwo ni bwiza.

    Subiza
    • baziyumva
      May 1, 201911:30 am -

      Icyo gitekerezo nicyo, kuko udashobora kujya kurambagiriza mu bitaro, muri gereza cyangwa mu giterane cy’indaya.

      Zaburi: 1, 1-6
      1.Hahirwa umuntu udakurikiza imigambi y’ababi, Ntahagarare mu nzira
      y’abanyabyaha, Ntiyicarane n’abakobanyi.
      2.Ahubwo amategeko y’Uwiteka ni yo yishimira, Kandi amategeko ye ni yo
      yibwira ku manywa na nijoro.
      3.Uwo azahwana n’igiti cyatewe hafi y’umugezi, Cyera imbuto zacyo igihe
      cyacyo. Ibibabi byacyo ntibyuma, Icyo azakora cyose kizamubera cyiza.
      4.Ababi ntibamera batyo, Ahubwo bahwana n’umurama utumurwa n’umuyaga.
      5.Ni cyo gituma ababi bazatsindwa ku munsi w’amateka, N’abanyabyaha
      bazatsindirwa mu iteraniro ry’abakiranutsi.
      6.Kuko Uwiteka azi inzira y’abakiranutsi, Ariko inzira y’ababi izarimbuka.

      Subiza
  2. Bararengana Jean Berchmans
    May 1, 20195:44 pm -

    Ni byiza kwibutsa abanyarwanda ko abagizibanabi bose bazabazwa ibyo bakoze. Rwose Minisitiri Sezibera akomeze umurego atabogamye maze abanzi b’abanyarwanda harimo n’abo yahagazeho muri Kanama n’ahandi bose bazabilyozwe. Ubwo bagambiriye guha ubutabera abanyanyaruguru, harimo batatu bahasize ubuzima, nibibuke n’abaguye i Kibeho n’ahandi yuko nabo bari abanyarwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda
Amakuru

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Ubwanditsi 21 Apr 2021
U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022
Amakuru

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 10 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru