• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Ubwanditsi 29 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

René Rutagungira, umwe mu banyarwanda bashimuswe n’inzego z’umutekano za Uganda, aheruka kugaragara mu rukiko rwa gisirikare muri Gicurasi uyu mwaka.

Rutagungira wakoraga ibikorwa bye bwite mu murwa mukuru wa Uganda, yashimutiwe n’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare, CMI, mu gace ka Bakuli mu myaka ibiri ishize. Icyo gihe yari mu kabari asangira n’inshuti ze. Kuva ubwo afunzwe mu buryo budakurikije amategeko, akorerwa iyicarubozo mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Ubwo Rutagungira yagezwaga mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye abanyamategeko be basabye ko arekurwa, ariko ubusabe bwabo bwimwa amatwi. Byongeye, yangiwe gusurwa n’umuryango we n’inshuti. Abana be bakunda kurira babaza irengero rya Se, nk’uko umuryango we ubivuga.

Ubuyobozi bwa Uganda ntabwo bwanze gusa ko asurwa n’umuryango we, bwanze ko anasurwa n’abahagarariye u Rwanda muri Uganda, bwirengagiza ubutumwa bwinshi Uganda yohererejwe na ambasade y’u Rwanda i Kampala.

Uburenganzira bwa Rutagungira bwakomeje guhonyorwa. Dushingiye ku Itegeko Nshinga rya Uganda, urukiko rwa gisirikare nta burenganzira rufite bwo kuburanisha umusivili. Urukiko rurengera Itegeko Nshinga rwa Uganda mu kirego rwagejejweho n’abanyamategeko barega Intumwa Nkuru ya leta, rwanzuye ko kujyana umusivili mu nkiko za gisirikare “binyuranyije n’Ingingo za 210 na 126 z’Itegeko Nshinga rya Uganda.”

Byongeye, rwanzuye ko “urukiko rudafitiye ububasha ikintu runaka ruba rudashobora gutanga ubutabera bukwiye nk’uko biteganywa mu ngingo ya 28 (1) y’Itegeko nshinga.” Ni ukuvuga ko igisirikare cya Uganda cyagombaga guhita kirekura Rutagungira. Nyamara ntabwo cyabyubahirije, gikomeza kugaragaza umuco wo kudahana cyimakaje.

Rutagungira ntabwo yagejejwe imbere y’urukiko ngo aburanishwe bikurikije amategeko. Ni ikintu abanyamategeko ba Rutagungira bamaganiye inzego z’umutekano za Uganda kubera kubura ubunyamwuga, kurenga ku mategeko no kubangamira uburenganzira bwa muntu ku mfungwa.

Nk’uko amategeko mpuzamahanga abivuga, umunyamahanga ufungiwe mu gihugu ahabwa ubufasha na ambasade y’igihugu cye n’uburenganzira bwo gusurwa. Ubutegetsi bwa Uganda bwarenze nkana kuri iri tegeko bukomeza kwanga ko Rutangungira asurwa n’intumwa z’igihugu cye.

Bivugwa ko uyu munyarwanda akomeje gukorerwa itotezwa ririmo gukubitwa n’ibindi byinshi byo kumufata nabi. Umuryango we ufite impungenge z’ubuzima bwe haba ku mubiri no mu mutwe, nk’uko abanyamategeko be babivuga.

Nubwo Rutagungira yakomeje kwitwa “intasi y’u Rwanda”, ubuyobozi bwa Uganda kugeza ubu nta kimenyetso na kimwe bwigeze bugaragaza gishimangira ibyo bumurega.

Inzego z’umutekano za Uganda zimaze kubigira umuco guta muri yombi abanyarwanda nta kimenyetso na kimwe zigendeyeho, ari nabyo byabaye kuri Rutagungira. Kugeza ubu habarurwa abanyarwanda basaga igihumbi bari muri kasho za Uganda bashinjwa “kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe” cyangwa “ubutasi”, ariko ntibabageza imbere y’urukiko ngo biregure.

Inzego z’umutekano za Uganda kandi zagiye zigendera mu rwango Museveni afitiye u Rwanda mu kwaka ruswa cyangwa kwambura abanyarwanda amafaranga, no kwiba ibintu bitandukanye by’abo zishimuta cyangwa zikabafata mu buryo butemewe zikabafunga.

Kimwe na Rutagungira, Abanyarwanda benshi bafungirwa ahantu habi cyane mu nzu z’ibanga za CMI hamwe n’izindi kasho z’Urwego rw’iperereza ryo mu gihugu, ISO.

Igihe cyose bafashe umwanzuro wo kurekura abanyarwanda, baragenda bakabajugunya ku mipaka. Abanyarwanda benshi bakorewe iyicarubozo ku buryo batakibasha gutambuka, ubu bifashisha amagare bagendamo bicaye. Abandi bagiye bahagezwa bari hafi yo guta ubwenge.

Kugeza uyu munsi inzego z’umutekano za Uganda nta kimenyetso na kimwe zigaragaza zo guhagarika iri shimuta, ifunga ritemewe no gufata nabi inzirakarengane zituruka mu gihugu cy’abaturanyi. Ahubwo bakomeje icengezamatwara rigamije gusiga icyasha n’ibindi bikorwa bibi ku Rwanda.

Inzego za Uganda zitanga amakuru y’ibinyoma zagiye zuririra ku bintu bimwe na bimwe nko ku kibazo cy’umuyobozi y’ikigo cyo muri Uganda, Trinity Bus Company, Polisi y’u Rwanda yahase ibibazo muri Gicurasi (hakurikijwe amategeko) ku bijyanye n’umubare munini w’amafaranga yari atwaye mu kuvuga ko “u Rwanda rwamukoreye iyicarubozo.”

Uyu mugabo witwa Sebuzuru ariko yanenze abacengezamatwara b’i Kampala ubwo yavugaga ko atigeze afatwa nabi mu Rwanda “umunota n’umwe!” Icyo gihe yongeyeho ati “Polisi y’u Rwanda yamfashe nk’umudipolomate igihe yambazaga.”

Sebuzuru yagumye mu maboko ya Polisi y’u Rwanda mu masaha atarenze 48. Bimaze kugaragara ko nta mpamvu ituma akwiye gufungwa igihe kirenzeho, bamutwaye mu modoka nziza bamushyikiriza bagenzi babo ba Uganda.

Umuntu yatekerezaga ko inzego z’umutekano za Uganda zakabaye zigaragaza imyitwarire ishingiye ku mategeko mu gufata abasivili badafite uruhare na ruto mu bibazo bya Museveni n’u Rwanda.

Nyamara CMI, ISO n’abandi bashimishwa gusa no kwitwara nk’abantu batagira amategeko, urebeye ku bintu bitandukanye bimaze kuba.

2019-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko  Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Ubwanditsi 21 Oct 2018
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Ubwanditsi 08 Mar 2021
RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Ubwanditsi 18 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi
Amakuru

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Jun 2022
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa
Mu Mahanga

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Ubwanditsi 27 Apr 2016
APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6
Amakuru

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Ubwanditsi 13 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru