• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’igihano cyo kwicwa Leta ya Kongo iherutse guha inzererezi bita” kuluna” aho muri Kongo(twagereranya na mayibobo mu Rwanda), isi yose ikomeje kwamagana icyo gikorwa cyafashwe nk’icya kinyanyamanswa, dore ko abasesenguzi basanga ari kimwe mu bibangamiye cyane uburenganzira bwa muntu muri Kongo.

Mu gihe kitageze ku kwezi uhereye mu mpera z’umwaka ushize wa 2024, abasore n’inkumi 172 bahamijwe ibyaha byo kwica, gukomeretsa, kwiba n’ibindi byaha byazengereje abatuye mu mujyi minini ya Kongo, bajyanwa ahitwa Angenga, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu, ari naho biciwe, nk’uko byanemejwe na Constant Mutamba, Minisitiri w’Ubucamanza aho muri Kongo.

Inama y’Abepisikopi Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo( CENCO) ni rimwe mu mashyirahamwe yamaganye ubwo bunyamanswa, cyane cyane ko iyobokamana ryemera ko nta muntu ufite uburenganzira bwo kwambura undi ubuzima.

By’umwihariko, umwe mu bakaridinali bavuga rikijyana muri Kongo, asanga “niba igisubizo cyari ukwica abanyabyaha, aho kwica Kuluna (mayibobo zo mu muhanda), hagombye gupfa kuluna ziri mu butegetsi bwa Kongo, kuko ari zo nyinshi, kandi zigejeje igihugu aharindimuka[kurusha inzererezi zishikuza abantu amasakoshi na telefoni].

Uwo mukaridinali usanzwe wamagana ku mugaragaro amahano y’ubutegetsi bwa Tshisekedi, avuga ko politiki yaboze ahubwo ari yo ntandaro y’ivuka rya kuluna n’abandi banyarugomo, kuko yateje ubukene muri rubanda, yimika ubusahuzi, ruswa, akarengane n’umuco wo kudahana, bituma abaturage batagifite icyizere cyo kubaho, bishora mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi ngo babashe kurenza umunsi.

Uyu musaza wubashywe cyane muri Kongo, avuga ko kwica Kuluna usize icyatumye zibaho, ni ukuvuga abategetsi babi, ari ikindi kimenyetso cy’uko Tshisekedi akinga abaturage ibikariko mu maso, ngo batabona ko adashoboye kuyobora igihugu. Ati:” Tshisekedi ashobora kwica kuluna ijana zo mu muhanda, ariko nakomeza gushyira ku ibere kuluna z’abanyapolitiki, ejo hazavuka kuluna igihumbi, ndetse zirengeje ubukana iza mbere”.

Koko rero abasesenguzi banyuranye basanga kwica izi nzererezi n’abandi Leta ishaka kwikiza, bidahagije mu kubonera umuti ibibazo by’ingutu byashegeshe Kongo. Bose barahuriza ku ngingo y’uko Abakongomani bakwiye kwicarana, bagasasa inzobe, bagacukumbura imizi y’ibibazo, bagamije kubishakira ibisubizo birambye.

2025-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Ubwanditsi 14 Aug 2020
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwanditsi 25 Jul 2018
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya
Amakuru

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Ubwanditsi 14 Nov 2021
Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.
Amakuru

Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.

Ubwanditsi 29 Jan 2021
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina
Amakuru

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru