• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’igihano cyo kwicwa Leta ya Kongo iherutse guha inzererezi bita” kuluna” aho muri Kongo(twagereranya na mayibobo mu Rwanda), isi yose ikomeje kwamagana icyo gikorwa cyafashwe nk’icya kinyanyamanswa, dore ko abasesenguzi basanga ari kimwe mu bibangamiye cyane uburenganzira bwa muntu muri Kongo.

Mu gihe kitageze ku kwezi uhereye mu mpera z’umwaka ushize wa 2024, abasore n’inkumi 172 bahamijwe ibyaha byo kwica, gukomeretsa, kwiba n’ibindi byaha byazengereje abatuye mu mujyi minini ya Kongo, bajyanwa ahitwa Angenga, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu, ari naho biciwe, nk’uko byanemejwe na Constant Mutamba, Minisitiri w’Ubucamanza aho muri Kongo.

Inama y’Abepisikopi Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo( CENCO) ni rimwe mu mashyirahamwe yamaganye ubwo bunyamanswa, cyane cyane ko iyobokamana ryemera ko nta muntu ufite uburenganzira bwo kwambura undi ubuzima.

By’umwihariko, umwe mu bakaridinali bavuga rikijyana muri Kongo, asanga “niba igisubizo cyari ukwica abanyabyaha, aho kwica Kuluna (mayibobo zo mu muhanda), hagombye gupfa kuluna ziri mu butegetsi bwa Kongo, kuko ari zo nyinshi, kandi zigejeje igihugu aharindimuka[kurusha inzererezi zishikuza abantu amasakoshi na telefoni].

Uwo mukaridinali usanzwe wamagana ku mugaragaro amahano y’ubutegetsi bwa Tshisekedi, avuga ko politiki yaboze ahubwo ari yo ntandaro y’ivuka rya kuluna n’abandi banyarugomo, kuko yateje ubukene muri rubanda, yimika ubusahuzi, ruswa, akarengane n’umuco wo kudahana, bituma abaturage batagifite icyizere cyo kubaho, bishora mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi ngo babashe kurenza umunsi.

Uyu musaza wubashywe cyane muri Kongo, avuga ko kwica Kuluna usize icyatumye zibaho, ni ukuvuga abategetsi babi, ari ikindi kimenyetso cy’uko Tshisekedi akinga abaturage ibikariko mu maso, ngo batabona ko adashoboye kuyobora igihugu. Ati:” Tshisekedi ashobora kwica kuluna ijana zo mu muhanda, ariko nakomeza gushyira ku ibere kuluna z’abanyapolitiki, ejo hazavuka kuluna igihumbi, ndetse zirengeje ubukana iza mbere”.

Koko rero abasesenguzi banyuranye basanga kwica izi nzererezi n’abandi Leta ishaka kwikiza, bidahagije mu kubonera umuti ibibazo by’ingutu byashegeshe Kongo. Bose barahuriza ku ngingo y’uko Abakongomani bakwiye kwicarana, bagasasa inzobe, bagacukumbura imizi y’ibibazo, bagamije kubishakira ibisubizo birambye.

2025-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Ubwanditsi 16 Sep 2024
Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Ubwanditsi 07 Jan 2018
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Ubwanditsi 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Ubwanditsi 12 May 2019
The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba
SHOWBIZ

The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba

Ubwanditsi 08 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru