• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Nyuma y’aho icyihebe Paul Rusesabagina kirekuriwe ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, hari abantu biganjemo ibigarasha n’abajenosideri bikomanga ku gatuza ngo baratsinze, ngo kuko u Rwanda rwamurekuye kubera “igitutu” cya Leta zunze Ubumwe z’Amarika.

Aha umuntu yakwibaza niba aribo batsinze koko , cyangwa niba ahubwo haratsinze dipolomasi n’inyungu rusange z’Abanyarwanda.Icyo izo nkorabusa zirengagiza, ni uko uRwanda rwekanye ko inzego zarwo z’umutekano zishobora gushyikiriza ubutabera bwarwo icyihebe, n’iyo cyaba kiri mu mahanga, nta gihugu cy’igihangange kibigizemo uruhare, aho kucyica kidahawe ubutabera, nk’uko Amerika yagiye kwicira Bin Laden n’umuryango we muri Pakistan, itanabahaye amahirwe yo kuburana ibyaha bashinjwa, ngo babibahanirwe bimaze kubahama.

Udashaka kumva ubu butumwa, ni ingumba y’amatwi.

Rusesabagina yaraburanye, ahamwa n’ibyaha by’iterabwoba yakoze anyuze mu mutwe we wa FLN, ndetse akatirwa igifungo cy’imyaka 25. Kuva yagera mu Rwanda, Amerika n’abandi bamushyigikiye ntibahwemye gusakuza ngo narekurwe, nyamara ntibyamubujije gufungwa imyaka isaga 2. Abonye ko kwiringira igitutu ntacyo bizamufasha, Rusesabagina yahisemo gutakambira Perezida wa Repubulika, nk’uko bigaragara mu baruwa ye yo kuwa 14 Ukwakira 2022, irimo kwicuza gukomeye no kwiyemeza kutongera kwijandika mu bikorwa by’iterabwoba.

Ibi bitandukanye n’ibyo bamwe mu bategetsi b’ Amarika, za Human Rights Watch, n’abo kwa Rusesabagina barimanyangamo, bavuga ko afungiye ubusa.Icyerekana ko uRwanda rudafata ibyemezo kubera kotswa gitutu, ni uko rutemeye guhita rurekura Rusesabagina nk’uko ibikomerezwa nk’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Antony Blinken, byabyifuzaga, ndetse Bwana Blinken bikanamuzana i Kigali yibwira ko atahana na Rusesabagina.

Byasabye ko Qatar, igihugu gifitanye ubucuti bwihariye n’uRwanda, kigira uruhare mu gusabira Rusesabagina imbabazi. Aha ni dipolomasi yatsinze ndetse n’inyungu uRwanda rufite mu mubano mwiza na Qatar.Si ubwa mbere uRwanda rufashe icyemezo cyo kubabarira abanyabyaha ruharwa, hagamijwe inyungu rusange z’Abanyarwanda. Na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hafashwe icyemezo cyo gufungura abajenosideri benshi, hagamijwe ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

Hari abatarishimiye uyu mwanzuro, nyamara uyu munsi babona ko wari ingirakamaro mu kubaka uRwanda ruzima.Bidateye kabiri Perezida wa Repubulika yongeye gufata icyemezo kiremereye cyo kubabarira umugome Ingabire Victoire Umuhoza, nyamara wari warakatiwe n’inkiko kubera ibyaha birimo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no gukorana n’imitwe y’abagizi ba nabi, irimo n’uw’abajenosideri wa FDLR.

Harya icyo gihe ninde wari washyize igitugu ku Rwanda?Uko ibihugu bigenda byibohora, bimaze kugaragara ko “igitutu” kitagikora cyane ku bihugu nk’uRwanda, byiha agaciro kandi bikomeye ku busugire bwabyo. Umwaka ushize Amerika yagerageje kufunguza ku mbaraga umuturage wayo Wittney Griner(umukinnyi wa basketball ukomeye cyane, unakinira ikipe y’igihugu y’Amerika) wari ufungiye mu Burusiya akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, ariko biba iby’ubusa.

Nyuma y’imishyikirano ikomeye ndetse yanagizwemo uruhare n’ibihugu bya Arabia Saudite na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Amerika yemeye kubanza kurekura Umurusiya Viktor Bout waregwaga gucuruza intwaro zishe abantu batabarika hirya no hino ku isi, maze mu mpera z’umwaka ushize Uburusiya nabwo burekura Wittney Griner we utarunakurikiranyweho ibyaha biremereye nk’ibya Viktor Bout.

Guhererekana imfungwa zombi byabereye mu mujyi wa Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.Irekurwa rya Viktor Bout wamamaye ku izina ry’ ”umucuruzi w’urupfu” ryateje induru muri Amerika, abaturage bashinja Perezida Joe Biden imbaraga nkeya mu guhana abanyabyaha. Perezida Biden we yireguye avuga ko yubaha ibyemezo binyuze muri dipolomasi kandi birengera inyungu rusange z’Abanyamerika. Iyo nzira ya diplomosi ni nayo ubutegetsi bwa Biden burimo gukoresha ngo undi Munyamerika, Paul Whelan ugifungiye mu Burusiya nawe arekurwe, ariko hari ikiguzi kizasabwa byanze bikunze, aho kurambiriza ku gitutu nk’uko bijya bikorwa ku bihugu by’inkomamashyi.Bigarasha rero namwe bajenosideri, nimwige kujyana n’isi ya none. Ubu harakora cyane dipolomasi, si igitutu cyangwa induru nka zimwe mwirirwamo.

Bagenzi banyu bari muri gereza mu Rwanda, nimubagire inama yo kwemera ibyaha no gusaba imbabazi, naho kwiringira ko bazarekurwa kubera “igitutu” byo ni ukwibeshya cyane.

2023-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022
APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar

APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar

Ubwanditsi 04 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda  yatangiye gukoresha abatifuriza u Rwanda ineza
ITOHOZA

Leta ya Uganda  yatangiye gukoresha abatifuriza u Rwanda ineza

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Perezida Kagame yashimangiye  ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimangiye ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star
Amakuru

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Ubwanditsi 22 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru