• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Ubwanditsi 10 Mar 2017 ITOHOZA

Mu gihe hari amakuru amaze iminsi acicikana mu binyamakuru hibazwa umukino Leta ya Uganda yaba irimo gukina n’abarwanyi ba M23 bajya guhungabanya umutekano muri Congo bakagaruka muri Uganda, igisirikare cya Uganda cyatangaje ko kitazihanganira aba barwanyi mu gihe bazaba bagarutse.

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen David Muhoozi, avuga ko umurwanyi wese wa M23 watorotse akava muri Uganda agasubira muri Congo, naramuka agarutse muri Uganda azafatwa agafungwa.

Uyu muyobozi w’ingabo za Uganda avuga ko abarwanyi 40 ba M23 baherutse gufatwa n’igisirikare cya Uganda (UPDF) bazagezwa imbere y’urukiko rukuru rwa Mbarara. Bashinjwa kwinjira ku butaka bwa Uganda bafite intwaro.

Igisirikare cya Uganda cyatangarije ikinyamakuru New vision dukesha iyi nkuru ko abo barwanyi 40 bafashwe bagicumbikiwe na polisi y’igihugu. Bagombaga kwerekanwa ku wa kabiri w’iki cyumweru ariko ntibyakunda bitewe n’uko polisi igikora iperereza.

Mu Ugushyingo 2013, nibwo Gen Sultani Makenga, umuyobozi w’abarwanyi ba M23 yambukanye n’abandi barwanyi 1500 bavuye muri Congo bahungira Uganda.

Mu kwezi gushize nibwo byatangajwe ko bamwe mu barwanyi batorotse bagasubira muri Congo, bitangazwa ko basabaga kujya iwabo gutangira ubundi buzima. Bamwe bagezeyo barafatwa.

Bitangazwa kandi ko mu batorotse harimo na Gen Sultani Makenga ndetse ko yanagezeyo akagaba ibitero. Gusa Uganda yo ikavuga ko abatorotse nibagaruka bazafungwa. Gen David Muhoozi ati: “Uganda yari ibarinze hano, kuri abo bifuza gusubira iwabo gutangira ubuzima bushya, tuzabafasha”.

Yakomeje agira ati: “Ariko ntabwo tuzemera ko Uganda ikoreshwa hagamijwe kwihorera, niba barahisemo gusubira muri Congo nyuma bakagaruka muri Uganda, tuzabafata”.
M23 ni umwe mu mitwe y’inyeshyamba yagabye ibitero mu 2012 na 2013 bikomeye ndetse byagiye bifata ibice bitandukanye bya Congo.

Uyu mutwe kandi wagiye ushinjwa ibyaha birimo gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, ubwicanyi bwakorewe abasivile, kwinjiza mu gisirikare abana bato. Gen Bosco Ntaganda wabaye umuyobozi muri uyu mutwe wa M23, ubu we akaba afungiye i The Hague mu Buholandi.

-6068.jpg

Gen David Muhoozi, Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda na Gen. Makenga

Nyuma yo kwemera bagashyira intwaro hasi mu mpera za 2013, M23 yagiranye amasezerano na Leta ya Kabila. Kugeza magingo aya M23 ishinjwa Leta kudashyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ari nayo mpamvu bakomeza gushimangira ko batazahwema kugaba ibitero ku butaka bwa Congo mu gihe bazaba batubahiriza ibiyakubiyeho.

2017-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Ubwanditsi 23 May 2018
Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi
IMIKINO

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Myugariro w’umunyarwanda  Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus
Amakuru

Myugariro w’umunyarwanda Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Ubwanditsi 03 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru