• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Amateka arimo arisubiramo mu gihugu cya Uganda, aho mu gihe Perezida Museveni yitegura kuzaha ubutegetsi umuhungu we, Muhoozi Kainerugaba mu 2026, ingufu zikomeje gushyirwa mu kugaragaza se, Yoweri Museveni nk’umwe  mu banyafurika bakunda Afurika babayeho. 

Ikinyamakuru The Independent cya Andrew Mwenda, muri iki cyumweru kikaba cyarasohoye inkuru igereranya Museveni na Nyerere, yerekana ibyo bahuriyeho, ibyo batandukaniye, ingengabitekerezo zabo n’ibindi bisa nk’ikinamico ryo gusetsa.

Hari uwakumva ibi ari ibisanzwe. Nyamara umuntu ahita yibuka ko mu cyumweru gishize Muhoozi Kainerugaba nawe yatangaje abinyujije kuri twitter ko se, Museveni ari umwe mu bantu bakunda Afurika babayeho, aho yakomeje agira ati: Muzehe Museveni nta gushidikanya ari mu Banyafurika batanu bambere. Kainerugaba yashyize se mu cyiciro kimwe naba Mandela, Kwame Nkrumah, na Samora Machel.

Abagize icyo bavuga kuri ibi, babajije impamvu Muhoozi yibagiwe kongeraho Idi Amin na Joseph Kony ku rutonde rwe, abandi bibaza impamvu yakuyemo John Garang, uyu Mwenda ubwe yigeze gutangaza mu nkuru ko yishwe na Museveni.

Ibyo Muhoozi na Mwenda batangaje mu ntera y’icyumweru kimwe ngo ni ibigaragaza ko byateguwe ariko nta kintu umuntu utekereza yasanga muri uku kugereranya, usibye kuvuguruzanya hagati ya Museveni na Nyerere.

Inkuru ya The Independent igaragaza ko Nyerere atabaye icyitegererezo muri Tanzania gusa ahubwo ari no mu bice byinshi byo muri Afurika aho avugwa mu ntwari zaharaniye ubwigenge  nka ba Nkrumah, Amilcar Cabral na Samora Machel, ariko ikigamijwe ngo ni ukugerageza kwinjiza Museveni mu mwanya adakwiye kubarizwamo.

Inkuru ya mwenda ikaba igamije gukoresha izina rya Nyerere, nk’umuntu w’icyitegererezo muri Afurika, mu buryo budakwiye, nk’ikiraro cyamwinjiza bitamugoye mu ntwari za Afurika.

Ikiruseho nk’uko tubikesha Virungapost, Museveni bagera ho bashaka kumushyira hejuru ya Nyerere bavuga ko hari ibyo Nyerere yagiye atuzuza ariko Museveni yari yiteguye kubikora. Niba Nyerere ari umukandida ku butagatifu ubwo Museveni yaba ateganya no kurenga ubutagatifu mu yandi magambo.

Umwe mu bacurabwenge ba NRM, Prof. Tarsis Kabwegere agerageza gusobanura impamvu Museveni arenze Nyerere avuga ko we yubatse ariko Museveni yarazwe igihugu cyari cyananiranye.

Arongera agasa nk’uwivuguruza agira ati: “Nyerere yarwanyije kandi atsinda ubukoloni sinka Museveni warazwe igihugu cyananiwe birenze no kuba gikolonijwe.”

Museveni akaba agaragazwa nk’aho aruta Nyerere kuko ari we wari ufite ikibazo gikomeye cyo guhangana n’ubukungu bwari bwaraguye.

Bakomeza igereranya berekana ko Museveni kimwe na Nyerere, yizera Leta imwe ya Afurika y’Iburasirazuba ishyize hamwe ikomeye, ariko bakandika bibagiwe ko ari nawe mbogamizi ikomeye yo kwishyira hamwe kw’ibihugu byo mu karere.

Ngo niba Museveni yariyemeje kuzamura akarere n’abagatuye, abanyarwanda benshi bagiye bagaruka mu gihugu barakorewe iyicarubozo, baravunwe imbavu, cyangwa barashyinguye ababo bashobora gutanga ubuhamya bwo kuzamurwa bahawe na Museveni.

Museveni yari muri Tanzania mu 1960 ubwo Nyerere yigishaga Ujaama cyangwa kubana nk’umuryango. Ariko ugereranyije n’inkuru ya The Independent, Museveni ashobora kuba yarumvise kubana nk’umuryango bisobanuye ko leta ibereyeho gukorera umuryango we.

Mu 2015, umunyamakuru wo muri Kenya, Jeff Koinange yabajije Museveni niba ajya abyuka rimwe na rimwe akumva hari ibyo akora (wenda bitari byiza) bikwiye guhinduka, maze nk’uko Obote yigeze kuvuga ko Museveni ari umubeshyi ruharwa uvuga ukuri ari impanuka, yasubije Koinange ati: “Ntacyo bivuze kuko ndikorera. Nta muntu nkorera. Ndi gukorera abuzukuru banjye n’abana banjye.” Hakibazwa niba umuntu uvuga nk’ibi ari wa munyafurika ukunda Afurika bavuga.

Museveni yakagombye kuba mu rwego rumwe na ba Mobutu aho kuba mu rwego rwa Nyerere. 

2019-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Ubwanditsi 23 May 2018
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

RUSHYASHYA 27 Jun 2026
Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ubwanditsi 06 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo
INKURU NYAMUKURU

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi
Mu Mahanga

Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo
Amakuru

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Ubwanditsi 06 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru