• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Abakurikiye ijambo Perezida Yoweri Museveni yavuze tariki 12 Gicurasi 2021 ubwo yarahiriraga gutegeka Uganda muri manda ya 6, bumvise aho yabeshye isi yose ko muw’2011, ubwo ingabo za OTAN zashozaga intambara yo guhirika ku butegetsi Mouammar Kadhafi wayoboraga Libye, ngo Museveni yakoze uko ashoboye ngo Kadhafi adahirikwa ku butegetsi.

Mu ijambo rye yanavuze ko ibihugu byose yiyambaje, ndetse na Jean Ping uwari Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe icyo gihe, ngo bamwimye amatwi, biza kuviramo Kadhafi kwicwa.

Nyamara urubuga rwa Wikileaks rwazobereye mu gutahura no gushyira ku Karubanda amakuru yagizwe ibanga, rumaze guhishura ko ibyo Perezida Museveni yavuze mu irahira rye ari ikinyoma cyambaye ubusa, Wikileaks ikibaza niba atari uburwayi bwo kubeshya bwabase uyu mukambwe wimyaka 77 y’amavuko.

Mu byukuri rero, Wikileaks ivuga ko Museveni yangaga urunuka Perezida Kadhafi, amuziza ko ngo yashakaga kwigira umwami w’Afrika yose, ibi Museveni akaba yarabitangarije Frazer muri Kamena 2008, mu kiganiro kirambuye bagiranye. Muri icyo kiganiro Museveni yashinje Perezida Kadhafi kwihisha inyuma yumugambi wo kubaka Leta Zunze Ubumwe z’Afrika, agamije kuba umutegetsi wayo umwe rukumbi, wica agakiza uwo ashaka.

Nkuko Wikileaks ikomeza ibigaragaza, Museveni yibwiriye umunyamakuru ko yabipfuye cyane na Kadhafi, ndetse ngo n’abandi bamushyigikiye mu kurwanya uwo mugambi bahuye n’ingaruka kubera akagambane na Kadhafi. Yemeje ko yari anafite ubwoba ko indege ye iramutse inyuze mu kirere cya Libya Kadhafi yayihanura, ngo kuko yanze gushyigikira umushinga we mubisha. Ibyo ngo byanatumye asaba ko hongerwa ubushobozi bw’ibyuma bigenzura ikirere, igihe cyose yabaga agiye gukora urugendo rwo mu ndege.

Nimwumve rero Kaguta Museveni wemeza ko yatabarije Kadhafi ndetse akanashengurwa n’urupfu rwe, kandi yarivugiye ko banganaga bikomeye.

Ntiyari azi ko nyakibi itarara bushyitsi, Wikileaks yamwambitse ubusa habona
Ababanye na Museveni bahamya ko kumushakiraho ukuri ari nko gushakira amata ku kimasa. Ngo akageso ke ko kubeshya si aka none, dore ko n’abaturage ba Uganda bamaze kumenya ko abategekesha ikinyoma. Bamufata nka kabuhariwe mu kugira indimi nyinshi.Uretse kubeshya ko ahora atsinda amatora kandi mu byukuri abaturage baba bazi neza ko batamutoye, n’ibikorwa byiterambere ababeshya biba biri mu nyungu ze bwite n’umuryango we.

Ahandi Rusisibiranya Museveni yagaragaje ko ari umubeshyi wabigize umwuga, ni nko mu nama zigamije gukemura amakimbirane amaze igihe hagati y’uRwanda na Uganda. Museveni yahakanye kenshi ko ntaho ahuriye n’imitwe yiterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda. Nyamara buri gihe uko yerekwaga ibimenyetso simusiga, Museveni yigiraga nkutunguwe, ndetse akemerera imbere ya bagenzi be ko agiye gukemura ibibazo.

Byahe byo kajya ko Binyoma yabaga agirango ahikure gusa. Urugero rwa hafi ni aho yahakanye kuba yarakiriye Charlotte Mukankusi na Gasana Richard Eugène bo muri cya kiryabarezi RNC, bamwereka ko nka Mukankusi we anagendera kuri pasiporo yahawe n’ubutegetsi bwa Museveni, akavuga ko yahuye nabo by’impanuka abitiranya nabandi bantu!

Mu mpera z’umwaka ushize no mu ntangiriro z’uyu ubwo Uganda yiteguraga amatora, habaye imvururu zikomeye, zibasira abatavuga rumwe na Perezida Museveni n’ishyaka rye NRM. Uko amahanga yabazaga ibyiryo hohoterwa, Perezida Museveni yarabyitarutsaga, akemeza ko ari abayoboke ba Bobi Wine bahutaza abantu. Nyamara abapolisi, abasirikari n’abarwanashyaka ba NRM barakubitaga, bakica, bagafunga abaturage ku manywa yihangu.

Muri icyo gihe ni nabwo i Mombasa muri Kenya hafatiwe intwaro zerekezaga rwihishwa muri Uganda. Museveni abonye afatiwe mu cyuho(dore ko amakuru yizewe avuga ko zari izo gukoresha mu guhutaza abatavuga rumwe nawe), abihindukiriza ku Rwanda , abeshya ko izo ntwaro zari zije i Kigali. Aha ariko ntibyamuhiriye, kuko byaje kumenyekana ko yinginze abategetsi ba Kenya izo ntwaro zikomeza inzira zijya i Kampala.

Mu gihe Wikileaks yo yibaza uburyo Umukuru w’Igihugu atinyuka kubeshya isi yose, abazi neza Muzeyi Museveni bo ntibatungurwa, kuko bakurondoreye ibinyoma bye byose, kuva mu bwana akaba anabisazanye, wagirango ni Semuhanuka wapfuye akazuka!

2021-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Ubwanditsi 08 Oct 2019
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Ubwanditsi 16 Oct 2020
“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare
INKURU NYAMUKURU

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Ubwanditsi 17 Sep 2020
Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora
Mu Rwanda

Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Ubwanditsi 25 May 2017
Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant
POLITIKI

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Ubwanditsi 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru