• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Abakurikiye ijambo Perezida Yoweri Museveni yavuze tariki 12 Gicurasi 2021 ubwo yarahiriraga gutegeka Uganda muri manda ya 6, bumvise aho yabeshye isi yose ko muw’2011, ubwo ingabo za OTAN zashozaga intambara yo guhirika ku butegetsi Mouammar Kadhafi wayoboraga Libye, ngo Museveni yakoze uko ashoboye ngo Kadhafi adahirikwa ku butegetsi.

Mu ijambo rye yanavuze ko ibihugu byose yiyambaje, ndetse na Jean Ping uwari Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe icyo gihe, ngo bamwimye amatwi, biza kuviramo Kadhafi kwicwa.

Nyamara urubuga rwa Wikileaks rwazobereye mu gutahura no gushyira ku Karubanda amakuru yagizwe ibanga, rumaze guhishura ko ibyo Perezida Museveni yavuze mu irahira rye ari ikinyoma cyambaye ubusa, Wikileaks ikibaza niba atari uburwayi bwo kubeshya bwabase uyu mukambwe wimyaka 77 y’amavuko.

Mu byukuri rero, Wikileaks ivuga ko Museveni yangaga urunuka Perezida Kadhafi, amuziza ko ngo yashakaga kwigira umwami w’Afrika yose, ibi Museveni akaba yarabitangarije Frazer muri Kamena 2008, mu kiganiro kirambuye bagiranye. Muri icyo kiganiro Museveni yashinje Perezida Kadhafi kwihisha inyuma yumugambi wo kubaka Leta Zunze Ubumwe z’Afrika, agamije kuba umutegetsi wayo umwe rukumbi, wica agakiza uwo ashaka.

Nkuko Wikileaks ikomeza ibigaragaza, Museveni yibwiriye umunyamakuru ko yabipfuye cyane na Kadhafi, ndetse ngo n’abandi bamushyigikiye mu kurwanya uwo mugambi bahuye n’ingaruka kubera akagambane na Kadhafi. Yemeje ko yari anafite ubwoba ko indege ye iramutse inyuze mu kirere cya Libya Kadhafi yayihanura, ngo kuko yanze gushyigikira umushinga we mubisha. Ibyo ngo byanatumye asaba ko hongerwa ubushobozi bw’ibyuma bigenzura ikirere, igihe cyose yabaga agiye gukora urugendo rwo mu ndege.

Nimwumve rero Kaguta Museveni wemeza ko yatabarije Kadhafi ndetse akanashengurwa n’urupfu rwe, kandi yarivugiye ko banganaga bikomeye.

Ntiyari azi ko nyakibi itarara bushyitsi, Wikileaks yamwambitse ubusa habona
Ababanye na Museveni bahamya ko kumushakiraho ukuri ari nko gushakira amata ku kimasa. Ngo akageso ke ko kubeshya si aka none, dore ko n’abaturage ba Uganda bamaze kumenya ko abategekesha ikinyoma. Bamufata nka kabuhariwe mu kugira indimi nyinshi.Uretse kubeshya ko ahora atsinda amatora kandi mu byukuri abaturage baba bazi neza ko batamutoye, n’ibikorwa byiterambere ababeshya biba biri mu nyungu ze bwite n’umuryango we.

Ahandi Rusisibiranya Museveni yagaragaje ko ari umubeshyi wabigize umwuga, ni nko mu nama zigamije gukemura amakimbirane amaze igihe hagati y’uRwanda na Uganda. Museveni yahakanye kenshi ko ntaho ahuriye n’imitwe yiterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda. Nyamara buri gihe uko yerekwaga ibimenyetso simusiga, Museveni yigiraga nkutunguwe, ndetse akemerera imbere ya bagenzi be ko agiye gukemura ibibazo.

Byahe byo kajya ko Binyoma yabaga agirango ahikure gusa. Urugero rwa hafi ni aho yahakanye kuba yarakiriye Charlotte Mukankusi na Gasana Richard Eugène bo muri cya kiryabarezi RNC, bamwereka ko nka Mukankusi we anagendera kuri pasiporo yahawe n’ubutegetsi bwa Museveni, akavuga ko yahuye nabo by’impanuka abitiranya nabandi bantu!

Mu mpera z’umwaka ushize no mu ntangiriro z’uyu ubwo Uganda yiteguraga amatora, habaye imvururu zikomeye, zibasira abatavuga rumwe na Perezida Museveni n’ishyaka rye NRM. Uko amahanga yabazaga ibyiryo hohoterwa, Perezida Museveni yarabyitarutsaga, akemeza ko ari abayoboke ba Bobi Wine bahutaza abantu. Nyamara abapolisi, abasirikari n’abarwanashyaka ba NRM barakubitaga, bakica, bagafunga abaturage ku manywa yihangu.

Muri icyo gihe ni nabwo i Mombasa muri Kenya hafatiwe intwaro zerekezaga rwihishwa muri Uganda. Museveni abonye afatiwe mu cyuho(dore ko amakuru yizewe avuga ko zari izo gukoresha mu guhutaza abatavuga rumwe nawe), abihindukiriza ku Rwanda , abeshya ko izo ntwaro zari zije i Kigali. Aha ariko ntibyamuhiriye, kuko byaje kumenyekana ko yinginze abategetsi ba Kenya izo ntwaro zikomeza inzira zijya i Kampala.

Mu gihe Wikileaks yo yibaza uburyo Umukuru w’Igihugu atinyuka kubeshya isi yose, abazi neza Muzeyi Museveni bo ntibatungurwa, kuko bakurondoreye ibinyoma bye byose, kuva mu bwana akaba anabisazanye, wagirango ni Semuhanuka wapfuye akazuka!

2021-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC inyagiye Rutsiro FC 6-1, Police FC ihagarikwa na Kiyovu SC – Uko umunsi wa 22 wa shampiyona wagenze

APR FC inyagiye Rutsiro FC 6-1, Police FC ihagarikwa na Kiyovu SC – Uko umunsi wa 22 wa shampiyona wagenze

Ubwanditsi 04 Mar 2023
Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)
IMIKINO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye
Mu Rwanda

Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye

Ubwanditsi 10 Apr 2017
“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE
Mu Rwanda

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

Ubwanditsi 04 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru