• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Kamena 2016 Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasubije ibibazo yabajijwe ku nama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe igiye kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Nyakanga.

Minisitiri Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda rwamaze kwitegura kwakira inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe izatangira tariki 10 Nyakanga ku rwego rwa b’ Ambasaderi, hagakurikiraho iy’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga, n’inama zizahuza ba Perezida banyuranye b’ibihugu bya Afurika ku matariki 16, 17, na 18 Nyakanga ari nabwo inama izasozwa muri rusange.

Yavuze ko iyi nama izaba yiga ku buryo Afurika yarushaho koroshya urujya n’uruza hagati y’ibihugu bya Afurika, kugira ngo ubucuruzi hagati y’ibyo bihugu bitere imbere.

Mushikiwabo yavuze ko imyiteguro irimbanije yo kwakira iyi nama aho izabera Kigali Convention Center n’amahoteli azakira abantu bari hagati y’ibihumbi bitatu na bitanu bazitabira iyi nama bisa n’ibyarangiye.

-2891.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’Abanyamakuru

Avuga ku kibazo cy’Abarundi birukanywe mu Rwanda, Mushikiwabo yavuze ko Abarundi birukanywe ari abari bafite ‘Status’ idasobanutse, atari abakozi cyangwa abatuye mu buryo bwemewe, batanafite icyemezo cy’ubuhunzi.

Louise Mushikiwabo yavuze ko bari bamaze kuba benshi, ku buryo imibare yazamukaga ikagera ku bihumbi birindwi cyangwa icyenda mu turere tw’u Rwanda duhana imbibi n’u Burundi.

Kubirebana n’imitungo basize mu Rwanda, yavuze ko ari ibintu byaganirwaho hagati y’ibihugu byombi kandi ngo binyuze mu biganiro ibibazo birakemuka.

Min.Mushikiwabo abajijwe ku bya FDLR iri kongera kugabwaho ibitero n’ingabo za Leta ya Congo, ibivugwa ko iri gucikamo kabiri n’ibindi yavuze ko ibyo byose bidakuraho ko ari umutwe mubi kandi u Rwanda rubona nk’ikibazo.

Yagarutse ku kibazo cy’umubano utifashe neza hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo

-2893.jpg

Abanyamakuru na bamwe mu bayobozi muri Minaffet barimo gukurikira ikiganiro

Minisitiri ati “ Umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo umaze hafi imyaka ibiri ukurikiranirwa hafi. Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rurimo ibintu byinshi, ushobora kubona ko ibikorwa nk’ubucuruzi biri gukorwa, ibigo byo muri Afurika y’Epfo biri gukorera mu Rwanda, RwandAir irajya muri Afurika y’Epfo, abayobozi ba Afurika y’Epfo baraza mu Rwanda, no muri WEF baje bayobowe na Visi Perezida.”

Tubibutse ko mu mubano w’ibihugu byombi wajemo agatotsi muri Werurwe 2014, ubwo Afurika y’Epfo yirukanaga abadipolomate b’u Rwanda, ibashinja kugira uruhare mu bikorwa byo kurasa Kayumba Nyamwasa.

Icyo gihe Guverinoma y’u Rwanda nayo yahise yirukana abadipolomate batandatu ba Afurika y’Epfo, ariko ba Ambasaderi baguma mu mirimo yabo.

Ukwirukanwa kw’abadipolomate barimo n’abari bashinzwe ibijyanye na Visa, byatumye ubuhahirane bw’ibihugu byombi n’ingendo bidindira, mu gihe Afurika y’Epfo yari isanzwe iri mu bafatanyabikorwa bakomeye b’u Rwanda mu bijyanye n’ubucuruzi, uburezi, ubuvuzi n’ibindi.

Mushikiwabo akomeza asobanura uko umubano w’ibi bihugu byombi uri kuzahurwa, yagize ati “Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rujyana no gushyiraho abadipolomate. Hari abayobozi bagikeneye gushyirwaho, biri gusubizwa ku murongo, hari nibikeneye gukorwa, dutegereje nkicyo bavuga ku gutanga visa kubanyarwanda basanzwe,bimwe mu biganiro biri gufata igihe kirekire cyane ku ruhande rwa Afurika y’Epfo ariko nk’u Rwanda turakora ibishoboka.”

Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Rwanda, George Nkosinati Twala aherutse gutangaza ko igihugu cye cyamaze kwemeza amazina y’abazagihagararira mu Rwanda, uretse umukozi ushinzwe ibijyanye na Visa.

Yagize ati “Muri Nyakanga umwaka ushize, ibihugu byombi byemeranyije gushyiraho abadipolomate kandi ko icyo gikorwa kizafasha mu gusubukura ibikorwa ku mpande zombi. Afurika y’Epfo yamaze kohereza abazahabwa iyo myanya uretse umukozi ushinzwe ibikorwa. […] Ku ruhande runini, ibikorwa muri ambasade bimaze gusubira ku murongo.”

-2892.jpg

Abanyamakuru benshi bari bitabiriye iki kiganiro


Umwanditsi wacu

2016-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2021
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

Ubwanditsi 06 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?
Amakuru

Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Ubwanditsi 05 Oct 2020
Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe
Mu Rwanda

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda
Amakuru

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Ubwanditsi 21 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru