• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Kamena 2016 Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasubije ibibazo yabajijwe ku nama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe igiye kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Nyakanga.

Minisitiri Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda rwamaze kwitegura kwakira inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe izatangira tariki 10 Nyakanga ku rwego rwa b’ Ambasaderi, hagakurikiraho iy’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga, n’inama zizahuza ba Perezida banyuranye b’ibihugu bya Afurika ku matariki 16, 17, na 18 Nyakanga ari nabwo inama izasozwa muri rusange.

Yavuze ko iyi nama izaba yiga ku buryo Afurika yarushaho koroshya urujya n’uruza hagati y’ibihugu bya Afurika, kugira ngo ubucuruzi hagati y’ibyo bihugu bitere imbere.

Mushikiwabo yavuze ko imyiteguro irimbanije yo kwakira iyi nama aho izabera Kigali Convention Center n’amahoteli azakira abantu bari hagati y’ibihumbi bitatu na bitanu bazitabira iyi nama bisa n’ibyarangiye.

-2891.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’Abanyamakuru

Avuga ku kibazo cy’Abarundi birukanywe mu Rwanda, Mushikiwabo yavuze ko Abarundi birukanywe ari abari bafite ‘Status’ idasobanutse, atari abakozi cyangwa abatuye mu buryo bwemewe, batanafite icyemezo cy’ubuhunzi.

Louise Mushikiwabo yavuze ko bari bamaze kuba benshi, ku buryo imibare yazamukaga ikagera ku bihumbi birindwi cyangwa icyenda mu turere tw’u Rwanda duhana imbibi n’u Burundi.

Kubirebana n’imitungo basize mu Rwanda, yavuze ko ari ibintu byaganirwaho hagati y’ibihugu byombi kandi ngo binyuze mu biganiro ibibazo birakemuka.

Min.Mushikiwabo abajijwe ku bya FDLR iri kongera kugabwaho ibitero n’ingabo za Leta ya Congo, ibivugwa ko iri gucikamo kabiri n’ibindi yavuze ko ibyo byose bidakuraho ko ari umutwe mubi kandi u Rwanda rubona nk’ikibazo.

Yagarutse ku kibazo cy’umubano utifashe neza hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo

-2893.jpg

Abanyamakuru na bamwe mu bayobozi muri Minaffet barimo gukurikira ikiganiro

Minisitiri ati “ Umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo umaze hafi imyaka ibiri ukurikiranirwa hafi. Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rurimo ibintu byinshi, ushobora kubona ko ibikorwa nk’ubucuruzi biri gukorwa, ibigo byo muri Afurika y’Epfo biri gukorera mu Rwanda, RwandAir irajya muri Afurika y’Epfo, abayobozi ba Afurika y’Epfo baraza mu Rwanda, no muri WEF baje bayobowe na Visi Perezida.”

Tubibutse ko mu mubano w’ibihugu byombi wajemo agatotsi muri Werurwe 2014, ubwo Afurika y’Epfo yirukanaga abadipolomate b’u Rwanda, ibashinja kugira uruhare mu bikorwa byo kurasa Kayumba Nyamwasa.

Icyo gihe Guverinoma y’u Rwanda nayo yahise yirukana abadipolomate batandatu ba Afurika y’Epfo, ariko ba Ambasaderi baguma mu mirimo yabo.

Ukwirukanwa kw’abadipolomate barimo n’abari bashinzwe ibijyanye na Visa, byatumye ubuhahirane bw’ibihugu byombi n’ingendo bidindira, mu gihe Afurika y’Epfo yari isanzwe iri mu bafatanyabikorwa bakomeye b’u Rwanda mu bijyanye n’ubucuruzi, uburezi, ubuvuzi n’ibindi.

Mushikiwabo akomeza asobanura uko umubano w’ibi bihugu byombi uri kuzahurwa, yagize ati “Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rujyana no gushyiraho abadipolomate. Hari abayobozi bagikeneye gushyirwaho, biri gusubizwa ku murongo, hari nibikeneye gukorwa, dutegereje nkicyo bavuga ku gutanga visa kubanyarwanda basanzwe,bimwe mu biganiro biri gufata igihe kirekire cyane ku ruhande rwa Afurika y’Epfo ariko nk’u Rwanda turakora ibishoboka.”

Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Rwanda, George Nkosinati Twala aherutse gutangaza ko igihugu cye cyamaze kwemeza amazina y’abazagihagararira mu Rwanda, uretse umukozi ushinzwe ibijyanye na Visa.

Yagize ati “Muri Nyakanga umwaka ushize, ibihugu byombi byemeranyije gushyiraho abadipolomate kandi ko icyo gikorwa kizafasha mu gusubukura ibikorwa ku mpande zombi. Afurika y’Epfo yamaze kohereza abazahabwa iyo myanya uretse umukozi ushinzwe ibikorwa. […] Ku ruhande runini, ibikorwa muri ambasade bimaze gusubira ku murongo.”

-2892.jpg

Abanyamakuru benshi bari bitabiriye iki kiganiro


Umwanditsi wacu

2016-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Ubwanditsi 08 Oct 2016
Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Ubwanditsi 10 Jul 2016
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Ubwanditsi 26 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi
ITOHOZA

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka
Amakuru

Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Ubwanditsi 18 Nov 2020
Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania
POLITIKI

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru