• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Kamena 2016 Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasubije ibibazo yabajijwe ku nama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe igiye kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Nyakanga.

Minisitiri Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda rwamaze kwitegura kwakira inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe izatangira tariki 10 Nyakanga ku rwego rwa b’ Ambasaderi, hagakurikiraho iy’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga, n’inama zizahuza ba Perezida banyuranye b’ibihugu bya Afurika ku matariki 16, 17, na 18 Nyakanga ari nabwo inama izasozwa muri rusange.

Yavuze ko iyi nama izaba yiga ku buryo Afurika yarushaho koroshya urujya n’uruza hagati y’ibihugu bya Afurika, kugira ngo ubucuruzi hagati y’ibyo bihugu bitere imbere.

Mushikiwabo yavuze ko imyiteguro irimbanije yo kwakira iyi nama aho izabera Kigali Convention Center n’amahoteli azakira abantu bari hagati y’ibihumbi bitatu na bitanu bazitabira iyi nama bisa n’ibyarangiye.

-2891.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’Abanyamakuru

Avuga ku kibazo cy’Abarundi birukanywe mu Rwanda, Mushikiwabo yavuze ko Abarundi birukanywe ari abari bafite ‘Status’ idasobanutse, atari abakozi cyangwa abatuye mu buryo bwemewe, batanafite icyemezo cy’ubuhunzi.

Louise Mushikiwabo yavuze ko bari bamaze kuba benshi, ku buryo imibare yazamukaga ikagera ku bihumbi birindwi cyangwa icyenda mu turere tw’u Rwanda duhana imbibi n’u Burundi.

Kubirebana n’imitungo basize mu Rwanda, yavuze ko ari ibintu byaganirwaho hagati y’ibihugu byombi kandi ngo binyuze mu biganiro ibibazo birakemuka.

Min.Mushikiwabo abajijwe ku bya FDLR iri kongera kugabwaho ibitero n’ingabo za Leta ya Congo, ibivugwa ko iri gucikamo kabiri n’ibindi yavuze ko ibyo byose bidakuraho ko ari umutwe mubi kandi u Rwanda rubona nk’ikibazo.

Yagarutse ku kibazo cy’umubano utifashe neza hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo

-2893.jpg

Abanyamakuru na bamwe mu bayobozi muri Minaffet barimo gukurikira ikiganiro

Minisitiri ati “ Umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo umaze hafi imyaka ibiri ukurikiranirwa hafi. Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rurimo ibintu byinshi, ushobora kubona ko ibikorwa nk’ubucuruzi biri gukorwa, ibigo byo muri Afurika y’Epfo biri gukorera mu Rwanda, RwandAir irajya muri Afurika y’Epfo, abayobozi ba Afurika y’Epfo baraza mu Rwanda, no muri WEF baje bayobowe na Visi Perezida.”

Tubibutse ko mu mubano w’ibihugu byombi wajemo agatotsi muri Werurwe 2014, ubwo Afurika y’Epfo yirukanaga abadipolomate b’u Rwanda, ibashinja kugira uruhare mu bikorwa byo kurasa Kayumba Nyamwasa.

Icyo gihe Guverinoma y’u Rwanda nayo yahise yirukana abadipolomate batandatu ba Afurika y’Epfo, ariko ba Ambasaderi baguma mu mirimo yabo.

Ukwirukanwa kw’abadipolomate barimo n’abari bashinzwe ibijyanye na Visa, byatumye ubuhahirane bw’ibihugu byombi n’ingendo bidindira, mu gihe Afurika y’Epfo yari isanzwe iri mu bafatanyabikorwa bakomeye b’u Rwanda mu bijyanye n’ubucuruzi, uburezi, ubuvuzi n’ibindi.

Mushikiwabo akomeza asobanura uko umubano w’ibi bihugu byombi uri kuzahurwa, yagize ati “Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rujyana no gushyiraho abadipolomate. Hari abayobozi bagikeneye gushyirwaho, biri gusubizwa ku murongo, hari nibikeneye gukorwa, dutegereje nkicyo bavuga ku gutanga visa kubanyarwanda basanzwe,bimwe mu biganiro biri gufata igihe kirekire cyane ku ruhande rwa Afurika y’Epfo ariko nk’u Rwanda turakora ibishoboka.”

Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Rwanda, George Nkosinati Twala aherutse gutangaza ko igihugu cye cyamaze kwemeza amazina y’abazagihagararira mu Rwanda, uretse umukozi ushinzwe ibijyanye na Visa.

Yagize ati “Muri Nyakanga umwaka ushize, ibihugu byombi byemeranyije gushyiraho abadipolomate kandi ko icyo gikorwa kizafasha mu gusubukura ibikorwa ku mpande zombi. Afurika y’Epfo yamaze kohereza abazahabwa iyo myanya uretse umukozi ushinzwe ibikorwa. […] Ku ruhande runini, ibikorwa muri ambasade bimaze gusubira ku murongo.”

-2892.jpg

Abanyamakuru benshi bari bitabiriye iki kiganiro


Umwanditsi wacu

2016-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Ubwanditsi 10 Aug 2025
Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda

Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Ubwanditsi 20 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda : RGB irashima intambwe imaze guterwa  mu iterambere ry’Itangazamakuru
Mu Mahanga

Mu Rwanda : RGB irashima intambwe imaze guterwa mu iterambere ry’Itangazamakuru

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Urukiko rwahagaritse gukurikirana uwareganwaga na Maj. Dr Rugomwa gukubita bakica umwana
Mu Rwanda

Urukiko rwahagaritse gukurikirana uwareganwaga na Maj. Dr Rugomwa gukubita bakica umwana

Ubwanditsi 09 May 2017
Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.
Amakuru

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru