• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 29 Oct 2016 Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano mu turere twa Rwamagana na Kicukiro basuzumiye hamwe mu nama bakoze ku wa 27 Ukwakira uko umutekano wifashe; ndetse bafata ingamba zo kurushaho kuwubumbatira bakumira ibyaha.

Nubwo byagaragaye ko wifashe neza muri rusange, abo bayobozi basanze hakwiye gushyirwa imbaraga mu kurwanya ibyaha birimo ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gutsina no gukubita no gukomeretsa.

Ikindi bahuriyeho n’uko inzego z’ubuyobozi zigomba kwegera abaturage zikabakangurira kwirinda ibyaha no kugira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru atuma bikumirwa.

Mu bazitabiriye harimo abayobozi b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rw’akarere n’abandi bafite inshingano zinyuranye muri izo nzego n’abakuriye inzego z’umutekano muri utwo turere.

Iyabereye mu karere ka Rwamagana yayobowe n’Umuyobozi wako, Radjab Mbonyumuvunyi wasabye Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge gukurikirana ko amarondo akorwa neza.

Yagize ati:”Kurwanya ibiyobyabwenge, ihohoterwa rikorerwa mu ngo n’ibindi byaha biri mu nshingano zacu nk’abayobozi, kandi dufatanyije n’izindi nzego ndetse n’abo tuyobora nta kabuza tuzabikumira.”

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro, Dr. Jeanne Nyirahabimana yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze zako ko abo bayobora ari bo bagenerwabikorwa n’abafatanyabikorwa b’ibanze, bityo ko bagomba kubegera bakabasobanurira uruhare rwabo mu iterambere n’umutekano birambye.

Yagize ati:”Abayobozi tugomba gukorera mu mucyo no kwita ku nyungu za rubanda. Dusabwa kandi gushyira imbaraga mu gukumira ikintu cyose cyahungabanya umutekano kuko ari wo shingiro rya byose.”

-4534.jpg

Izo nama zitabiriwe kandi n’abayobozi ba Polisi muri utwo turere, zikaba zarashojwe abazitabiriye bafashe ingamba zirimo kunoza imikoranire bafatanya mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha no gufata ababikoze, gukangurira abaturage gushyira amatara ku mazu yabo mu rwego rwo gukumira ubujura, no gufatanya mu bukangurambaga bw’isuku n’isukura.

RNP

2016-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

Ubwanditsi 19 Jul 2019
Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Ubwanditsi 22 Mar 2024
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Ubwanditsi 11 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga
Mu Rwanda

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana
Mu Rwanda

Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana

Ubwanditsi 15 Nov 2017
U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA
IMIKINO

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

Ubwanditsi 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru