• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Feb 2017 Mu Mahanga

Impuguke mu kurwanya iterabwoba zaturutse muri Polisi zo mu karere ndetse no mu miryango mpuzamahanga ziri mu nama y’iminsi ibiri ibera I Kigali igamije gufatira hamwe ingamba zo gukoma imbere ibihungabanya umutekano muri iki gihe.

Nibura ibihugu icumi byo mu muryango uhuriweho n’abayobozi ba Polisi zo muri Afurika y’Iburasirazuba(EAPCCO) ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga irimo Interpol na Institute of Security Studies (ISS) bahagarariwe muri iyo nama yatangiye ku italiki ya 21 Gashyantare.

Iyi nama ya gatatu ya EAPCCO ku kurwanya iterabwoba yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti:” Guhamya ubufatanye bw’akarere mu kurwanya iterabwoba n’ubuhezanguni” kandi ihuriza hamwe abafatanyabikorwa b’uyu muryango aribo Ibiro by’ubugenzacyaha mu bihugu by’Ubudage na Canada.

Ku murongo w’ibyigwa , hari ugukomeza ubufatanye bw’amashami ashinzwe kurwanya iterabwoba mu bihugu bigize EAPCCO , amahugurwa n’imyitozo, kurebera hamwe uko iterabwoba n’ubutagondwa bihagaze mu karere, gushyiraho ingamba zo kubirwanya ndetse no gusangira ibyagezweho n’ibihugu bimwe mu kurwanya iterabwoba n’ibikorwa byaryo n’ibindi,..

-5820.jpg

-5819.jpg

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubujyobozi n’abakozi, DIGP Juvénal Marizamunda ari nawe wari umushyitsi mukuru , atangiza iyi nama ku mugaragaro, yavuze ko amahuriro nk’aya ari ayo gufatira hamwe ingamba zo kurwanya iterabwoba mu karere no hanze yako.

DIGP Marizamunda yagize ati:” Kuba imbaraga zikoreshwa mu kurwanya iterabwoba zatanga umusaruro byaterwa n’umuhate ndetse n’ibikorwa bya buri gihugu.”

Yongeyeho ko kubigeraho bisaba gukoresha uburyo budashingiye gusa ku ngamba zo kurwanya iterabwoba ahubwo bunashingiye ku bikorwa byo kurikumira bituma hatabaho ababona inyigisho z’ubutagondwa ngo binjire mu mitwe y’iterabwoba.

Abahanga bavuga ko iterabwoba ndetse n’ibikorwa byaryo byakomeje kwiyongera mu karere guhera mu myaka yashize ; imibare iva mu kigo cyitwa European Institute for Security Studies, ivuga ko, mu mwaka wa 2015, abarenga 11,000 baguye muri ibyo bikorwa muri Somaliya, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo na Etiyopiya.

Imwe mu mitwe ikorera mu karere ni Al-Shabab ,ADF Naru na FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenoside y’Abatutsi mu 1994, hari kandi ISIS na Al-Qaeda .

Yagize kandi ati:” Ibihugu bigize EAPCCO byakomeje gukorana bya hafi hagati yabyo cyangwa n’ibindi mu gukumira no kurwanya iterabwoba. Ni inshingano yacu yo kurinda akarere kacu kuba indiri y’ibikorwa by’iterabwoba ahubwo kakaba akarangwamo umutekano .”

Francis Muhoro , uyobora komite mpuzabikorwa ihoraho yab EAPCCO , yavuze ko hari ibikorwa mu karere, byaba iby’igihugu kimwe cyangwa bihuriweho mu kurwanya ubutagondwa no kubuza ababwigisha aho bakura abo babwinjizamo.

Muhoro yagize ati:” EAPCCO yashoboye kuzamura ku rwego rwiza uburyo irwanyamo iterabwoba , iha imbaraga n’ubushobozi amashami y’ubugenzacyaha n’arwanya iterabwoba , kandi iteza imbere uburyo burwanya ubuhezanguni ndetse inashyiraho ibigo by’icyitegererezo mu kurwanya iterabwoba.”

Kugeza ubu, muri Kenya hari ikigo cy’akarere cy’icyitegererezo mu kurwanya iterabwoba n’ikigo cya Interpol gifasha ibihugu bya EAPCCO mu mahugurwa yibanda cyane cyane ku kurwanya iterabwoba , ibyaha byo mu ikoranabuhanga ndetse n’ibyaha bizanwa n’iterambere ryihuta.

Aha Muhoro akaba yagize ati:” Iterabwoba nta muka uzwi rigira, kwibwira ko rireba ibihugu birangwamo umutekano muke cyangwa intambara byaba ari amakosa akomeye; ibikorwa byaryo biragutse kandi nta mupaka bifite, niyo mpamvu tugomba kuba maso kandi tukigisha abaturage bacu gutanga amakuru kuri ryo.”

Uhagarariye Canada mu Rwanda, Yannick Hingorani, yavize ko, Canada nk’igihugu cyakomeje gufasha ibikorwa birwanya iterabwoba mu karere, itazahwema gushyigikira ibyo bikorwa.

Naho Willem Els wavuye mu kigo ISS, yagize ati:” Nta mahitamo tugifite,..tugomba kugira ubufatanye kuko imwe muri iyo mitwe y’iterabwoba irusha ingufu ibihugu bimwe na bimwe ukwabyo.”

Iyi nama ya gatatu ya EAPCCO ku iterabwoba ikaba ikurikira izindi zirimo iyabereye muri Seyisheli muri Gashyantare 2014 n’indi yabereye Naivasha muri Kenya muri Werurwe umwaka ushize.

RNP

2017-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024
Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Ubwanditsi 31 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.
Amakuru

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023
Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN
IMIKINO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye
Amakuru

Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Ubwanditsi 02 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru