• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Feb 2017 Mu Mahanga

Impuguke mu kurwanya iterabwoba zaturutse muri Polisi zo mu karere ndetse no mu miryango mpuzamahanga ziri mu nama y’iminsi ibiri ibera I Kigali igamije gufatira hamwe ingamba zo gukoma imbere ibihungabanya umutekano muri iki gihe.

Nibura ibihugu icumi byo mu muryango uhuriweho n’abayobozi ba Polisi zo muri Afurika y’Iburasirazuba(EAPCCO) ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga irimo Interpol na Institute of Security Studies (ISS) bahagarariwe muri iyo nama yatangiye ku italiki ya 21 Gashyantare.

Iyi nama ya gatatu ya EAPCCO ku kurwanya iterabwoba yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti:” Guhamya ubufatanye bw’akarere mu kurwanya iterabwoba n’ubuhezanguni” kandi ihuriza hamwe abafatanyabikorwa b’uyu muryango aribo Ibiro by’ubugenzacyaha mu bihugu by’Ubudage na Canada.

Ku murongo w’ibyigwa , hari ugukomeza ubufatanye bw’amashami ashinzwe kurwanya iterabwoba mu bihugu bigize EAPCCO , amahugurwa n’imyitozo, kurebera hamwe uko iterabwoba n’ubutagondwa bihagaze mu karere, gushyiraho ingamba zo kubirwanya ndetse no gusangira ibyagezweho n’ibihugu bimwe mu kurwanya iterabwoba n’ibikorwa byaryo n’ibindi,..

-5820.jpg

-5819.jpg

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubujyobozi n’abakozi, DIGP Juvénal Marizamunda ari nawe wari umushyitsi mukuru , atangiza iyi nama ku mugaragaro, yavuze ko amahuriro nk’aya ari ayo gufatira hamwe ingamba zo kurwanya iterabwoba mu karere no hanze yako.

DIGP Marizamunda yagize ati:” Kuba imbaraga zikoreshwa mu kurwanya iterabwoba zatanga umusaruro byaterwa n’umuhate ndetse n’ibikorwa bya buri gihugu.”

Yongeyeho ko kubigeraho bisaba gukoresha uburyo budashingiye gusa ku ngamba zo kurwanya iterabwoba ahubwo bunashingiye ku bikorwa byo kurikumira bituma hatabaho ababona inyigisho z’ubutagondwa ngo binjire mu mitwe y’iterabwoba.

Abahanga bavuga ko iterabwoba ndetse n’ibikorwa byaryo byakomeje kwiyongera mu karere guhera mu myaka yashize ; imibare iva mu kigo cyitwa European Institute for Security Studies, ivuga ko, mu mwaka wa 2015, abarenga 11,000 baguye muri ibyo bikorwa muri Somaliya, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo na Etiyopiya.

Imwe mu mitwe ikorera mu karere ni Al-Shabab ,ADF Naru na FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenoside y’Abatutsi mu 1994, hari kandi ISIS na Al-Qaeda .

Yagize kandi ati:” Ibihugu bigize EAPCCO byakomeje gukorana bya hafi hagati yabyo cyangwa n’ibindi mu gukumira no kurwanya iterabwoba. Ni inshingano yacu yo kurinda akarere kacu kuba indiri y’ibikorwa by’iterabwoba ahubwo kakaba akarangwamo umutekano .”

Francis Muhoro , uyobora komite mpuzabikorwa ihoraho yab EAPCCO , yavuze ko hari ibikorwa mu karere, byaba iby’igihugu kimwe cyangwa bihuriweho mu kurwanya ubutagondwa no kubuza ababwigisha aho bakura abo babwinjizamo.

Muhoro yagize ati:” EAPCCO yashoboye kuzamura ku rwego rwiza uburyo irwanyamo iterabwoba , iha imbaraga n’ubushobozi amashami y’ubugenzacyaha n’arwanya iterabwoba , kandi iteza imbere uburyo burwanya ubuhezanguni ndetse inashyiraho ibigo by’icyitegererezo mu kurwanya iterabwoba.”

Kugeza ubu, muri Kenya hari ikigo cy’akarere cy’icyitegererezo mu kurwanya iterabwoba n’ikigo cya Interpol gifasha ibihugu bya EAPCCO mu mahugurwa yibanda cyane cyane ku kurwanya iterabwoba , ibyaha byo mu ikoranabuhanga ndetse n’ibyaha bizanwa n’iterambere ryihuta.

Aha Muhoro akaba yagize ati:” Iterabwoba nta muka uzwi rigira, kwibwira ko rireba ibihugu birangwamo umutekano muke cyangwa intambara byaba ari amakosa akomeye; ibikorwa byaryo biragutse kandi nta mupaka bifite, niyo mpamvu tugomba kuba maso kandi tukigisha abaturage bacu gutanga amakuru kuri ryo.”

Uhagarariye Canada mu Rwanda, Yannick Hingorani, yavize ko, Canada nk’igihugu cyakomeje gufasha ibikorwa birwanya iterabwoba mu karere, itazahwema gushyigikira ibyo bikorwa.

Naho Willem Els wavuye mu kigo ISS, yagize ati:” Nta mahitamo tugifite,..tugomba kugira ubufatanye kuko imwe muri iyo mitwe y’iterabwoba irusha ingufu ibihugu bimwe na bimwe ukwabyo.”

Iyi nama ya gatatu ya EAPCCO ku iterabwoba ikaba ikurikira izindi zirimo iyabereye muri Seyisheli muri Gashyantare 2014 n’indi yabereye Naivasha muri Kenya muri Werurwe umwaka ushize.

RNP

2017-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Feb 2024
Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Oct 2022
Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.
INKURU NYAMUKURU

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo
Mu Mahanga

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we
INKURU NYAMUKURU

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Ubwanditsi 04 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru