• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN : Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira

Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN : Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira

Ubwanditsi 19 Jan 2016 Mu Mahanga

Mugihe rwari urujya n’uruza mu nkengero za Stade Amahoro abantu benshi bakerakerakera, abandi binjira muri Stade, ntibyabujije umukino wa mbere wa CHAN hagati y’u Rwanda na Ivory Coast wagaragaje yuko bamwe mu Banyarwanda ari ba rusahurira munduru, koko burya hari abahanga mu iteganyabihe mu bucuruzi no kungukira kubandi.

Abo batekamutwe mu bucuruzi barashishoje basanga umukino hagati y’u Rwanda na Ivory Coast izitabirwa n’abantu benshi cyane, baragenda bagura amatike ku buryo wakwita nko kurangura ariko atari ukurangura nyirizina kuko abaguze amatike uyu munsi bayaguraga bahenzwe kuburyo butangaje!

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu ba babatekamutwei batangiye kugurisha ya matike ku giciro cyo kumvikana n’uyishaka. Iya 500 babanje kuyigurisha 1000 naho iya 2000 bakayigurisha 4000. Mu ma saa tanu FERWAFA iza kubakoma mu nkokora izana andi matike ubucuruzi bwabo burahungabana, batangira kugurisha ya matike bari ‘bararanguye’ ku giciro gisanzwe.

Ayo matike yandi FERWAFA yari yongeyemo ariko ntabwo yamaze akanya atarashira, ikibazo cy’amatike kiba kiragarutse babantu bihangiye imirimo mu matike baba barongeye barakenewe !

Ya tike y’amafaranga 500 mu gitondo bari bashyize ku 1000 bayishyira ku 1500, iya 2000 isubizwa ku bihumbi bine. Twagerageje kuganira n’abantu benshi bashobotse dusanga na none abenshi mu bapanze umurongo kugura ya matike FERWAFA yari yongeyemo ari ba bandi n’ubwa mbere bari bayaguze nk’abayarangura. Cyangwa niba atanaribo benshi nibo baguze amatike menshi mu buryo bwo kuyakura ku isoko !

Icyo ahubwo benshi muri abo ‘baforoderi’ mu matike ya CHAN batatekerejeho bihagije n’uko n’amatike y’ibihumbi 10 bita ayo muri VIP nayo yagurishwaga muri ubwo buryo. Hari ababigerageje iyo y’ibihumbi 10 bagenda bayigurisha ibihumbi 20 !

-1807.jpg

Umukinnyi w’Amavubi Bayisenge Emery watsinze igitego k’intangarugero

Muri uwo mukino wa mbere wa CHAN u Rwanda rwatsinze igitego kimwe, gitsinzwe na Bayisenge ku mu nota wa 15 w’igice cya mbere cy’umukino. Umukino wa kurikiyeho ni uwa Morocco na Gabon ariko nta n’umuntu n’umwe wagaragaye acuruza amatike nk’uko n’abantu bari bashize mu muhanda w’imbere ya stade.

Abantu batashoboye kwinjira muri uwo mukino wa Rwanda na Ivory Coast bari buzuye mu tubari two mu mijyina n’impande zayo bawurebera kuri za televiziyo ku buryo n’abanywi basanzwe baburaga aho baca ngo basabe icyo bashaka kandi benshi muri abo bireberaga umupira kuri za televiziyo z’utwo tubari wasangaga nta kintu babaga bafata !

Kayumba Casmiry

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ubwanditsi 18 Aug 2023
Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Ubwanditsi 29 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022
Amakuru

Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside
Mu Mahanga

Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000

Ubwanditsi 07 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru