• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Ubwanditsi 29 Dec 2016 Mu Mahanga

Police y’u Rwanda ku Kicukiro muri iki gitondo yasubije umugabo Jean Luc Miravumba amafaranga angana n’ibihumbi ijana y’u Rwanda ndetse n’ibihumbi icumi na magana arindwi mirongo inani by’ama Euro (10 780 €) yose hamwe ni miliyoni icyenda n’ibihumbi magana atatu mu manyarwanda. Aya yari yayibwe n’umukozi umukorera mu rugo.

-5210.jpg

Yasubijwe amafaranga ye na ACP Rogers Rutikanga umuyobozi wa Police y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali

Miravumba avuga avuga ko ayo mafaranga yari yayabonye yagurushije imodoka ye, umunyamahanga bayiguze amwishura ayo mafaranga ari kuwa mbere nyuma ya Noheli ngo ayabika mu rugo agirango ayajyane kuri banki bukeye kuko wari umunsi w’ikiruhuko.

Umukozi we wo mu rugo witwa Tuyishime Emmanuel w’imyaka 29 uregwa kwiba ayo mafaranga ngo yakuye imfunguzo z’icyumba mu modoka akuramo ayo mafaranga, ubwo sebuja yari asohotse mu rugo gato.

Tuyishime ubwe avuga ko yayakuye mu cyumba aho yari ari akayahisha hafi aho.
Uyu munsi uyu mukozi wo mu rugo yabanje kuvuga ko atari agambiriye kuyatwara kuko ngo iyo aba abifite muri gahunda aba yarayajyanye, nyuma nibwo yavuze ko bamufashe afite gahunda yo kugenda.

Miravumba avuga ko agarutse yabuze urufunguzo rw’icyumba mu modoka aho rwari ruri ahita yirarira mu cyumba cy’abashyitsi kuko ngo n’umugore we n’abana batari bahari, ndetse agira ngo umugore niwe warutwaye.

Bukeye umukozi we nibwo ngo yamwibwiriye ko mu cyumba cye bamennye idirishya. Asanga ya mafaranga yari yagurishije imodoka bayajyanye yiyambaza Police ihita ita muri yombi umukozi nk’uwa mbere ukekwa.

Bukeye bwaho azanye ibindi bimenyetso aho umukozi we yari afungiye bamubwira ko yamaze kwemera icyaha ajya kubereka aho yayahishe arayabasubiza.

Umuyobozi wa police mu mujyi wa Kigali ACP Roger Rutikanga avuga ko abantu bakwiye kureka umuco wo kubika amafaranga menshi mu ngo zabo kuko umutekano wayo uba ari muke , kandi bakajya bishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga batagombye kwikorera umutwaro w’amafaranga.

-5211.jpg

Miramvumba yashimye cyane Police y’u Rwanda

Tuyishime Emmanuel ukomoka i Nyamagabe ngo yari amaze umwaka n’igije akorera Miravumba.

2016-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yasabye abasirikare bayo kwitegura gutera Koreya ya Ruguru

Amerika yasabye abasirikare bayo kwitegura gutera Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare

Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare

Ubwanditsi 02 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika
IMIKINO

Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi
IMIKINO

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru