• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA IREMBO

INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA IREMBO

Ubwanditsi 09 Jun 2016 Mu Mahanga

Inshingano z’inzego zibanze ni ” ugutezimbere imibereho myiza y’abaturage, binyuze mu buyobozi bwiza, iterambere ry’icyaro, n’ibikorwa bigenewe abaturage. Mu ntego zayo, Minisiteri igamije gushyiraho inzego z’ubuyobozi zirangwa na demokarasi kandi zegereye abaturage zishobora gufatanya nabo gushyira mu bikorwa gahunda za Leta no kubakemurira ibibazo.

Guverinoma y’u Rwanda yafashe iyambere mu guhindura imitangire ya serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga binyuze k’Urubuga irembo, (aho wasaba serivisi ukoresheje telephone igendanwa udakoresheje interineti ukanze *909# cyangwa ukoresheje interineti ukanze www.irembo.gov.rw) umuntu akabayasaba akanishyura serivisi za Leta maze akajya k’umurenge gufata icyangombwa amaze kubona ubutumwa bumubwira ko icyangimbwa cye cy’amaze gukorwa atarinze gusiragira hirya no hino.

-2887.jpg

Ibibazo byinshi byagiye byibazwa n’abaturage k’ubushobozi abaturage bafite bwo gukoresha ubu buryo bw’ikoranabuhanga. Byatumye twegera ubuyozi bwa RwandaOnline ikigo cy’igenga cy’ikoranabuhanga gifitanye amasezerano y’ubufatanye na Guverinoma y’u Rwanda yo kubaka no gukurikirana imikorere y’urubuga Irembo ;

Bwana Clément Uwajeneza Umuyobozi mukuru wa RwandaOnline atubwira zimwe mungamba zafashwe ajyira ati : “Twashyizeho abakozi bashinzwe gufasha abaturage k’urwego rw’Umurenge aho mu gihugu hose imirenge micye ariyo isigaye bitewe nimiterere y’akarere.

Yakomeje agira ati: Tumaze gusinyana amasezerano n’ibindi bigo bitandukanye nka Mobi Cash, Rwanda Telecenter Network (RTN), Business Development Center, Tigo, MTN, Bank of Kigali ati aba bafatanya bikorwa bose bafasha umuturage kwaka no kwishyura serivisi ntakindi kiguzi bamusabye bityo bikamugabanyiriza umwanya ndetse no gusiragira hirya no hino bijyana n’imiyoborere myiza .

-2888.jpg

CEO wa RwandaOnline Clement Uwajeneza asobanurira abayobozi b’Imirenge akamaro n’imikoreshereze y’urubuga Irembo.

Bwana Nyagahene uhagarariye ikigo MobiCash akaba ari numufatanyabikorwa wa RwandaOnline yadutangarije ko bafite abakozi basaga igihumbi mu mirenge yose.

Aba bakozi bakaba banakorana na sacco zose, bityo akaba nta muturage n’umwe uzabura serivisi kuko basanzwe bafasha abaturage muri serivisi zitandukanye. Ubu bwose bukaba ari uburyo bwongera imbaraga i zogufasha umuturajye kubona serivisi nziza.

Kugeza ubu k’urubuga Irembo hari serivisi zisaga mirongo itatu (30). Ushobora kuzisaba ukoresheje Interineti kanda www.irembo.gov.rw wiyandikishe maze ukurikize amabwiriza kugeza ubonye nomero yo kwishyuriraho. Ushobora gukoresheje telephone igendanwa idafite interineti ukanze *909# maze ugakurikiza amabwiriza.

Ubu uburyo bwokwishyura ni ubu bukurikira: MTN Mobile Money, TigoCash , Airtel Money , Bank of Kigali, VisaCard ndetse na MasterCard
Zimwe muri serivisi ziri kurubuga irembo :Icyemezo cy’amavuko, Inyandiko y’ivuka, Inyandiko y’uko uri ingaragu, Inyandiko y’Ishyingirwa, Icyemezo cyo kuba warashyingiwe, Icyemezo cy’uko umuntu yitabye Imana, Inyandiko y’uko umuntu yitabye Imana, Kwandukuza umuntu witabye Imana, Ibyapa Binini, Ibitambaro n’Ibyapa bito ndetse n’icyangombwa cy’uko umuntu atakatiwe n’inkiko.

Abafite ibibazo bitandukanye binyuzwa k’umurongo utishyurwa ariwo 9099, akanabandikira kuri callcenter@rwandaonline.rw cyangwa nomero ya watsapp 0788315009

-2889.jpg

Ama photo y’amahugurwa y’abayobozi b’Imerenge kw’ikoresha ry’urubuga Irembo

-2890.jpg

Photo abayobozi bose b’Imirenge igize Igihugu cy’u Rwanda 416.

Irembo

2016-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Ubwanditsi 08 Jul 2024
Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba  ya Leta bakabitwikamo amakara

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba ya Leta bakabitwikamo amakara

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Ubwanditsi 10 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru