• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018 ITOHOZA

Muri politiki y’igihugu icyo ari cyose hari imyitwaririre idahwitse umunyapolitiki cyangwa umuyobozi mukuru w’urwego runaka yagira byanze bikunze ikamukoraho. Iyo myitwarire mvuga ni nko kugambanira igihugu cyangwa kumva no gushyira mu bikorwa amabwiriza atangwa n’ubuyobozi bw’ikindi gihugu bigamije kubangamira igihugu cyawe.

Ingaruka z’imyatwarire nk’iyo nizo zagiye ziba nko kuri Kayumba Nyamwasa. Uyu mugabo, urugamba rwa FPR inkotanyi ruba, yagiye aba mu myanya yamwemereraga gutanga ibitekerezo bikanumvikana. Aho igihugu kibohorewe yokamwe n’imico yo kugambana, gucyeza abami babiri n’ubusambo mu buryo butagira igipimo.

Kugambana no gucyeza abami babiri

Ubundi gucyeza abami babiri ni imvugo igaragaza umuntu wumva amabwiriza avuye ku buyobozi bw’ikindi gihugu, uwayahawe akayubaha ndetse akayarutisha amabwiriza n’umurongo w’imiyoborere y’ubuyobozi bwe. Ibyo nibyo byaranze Kayumba Nyamwasa mu myanya yose yagiye ahabwa. Bikaba byaranageze aho nko mu mwaka wa 2000, ikiganiro gisanzwe abantu baganiraga muri imwe mu mirwa mikuru y’ibihugu bituranye n’u Rwanda cyane cyane I Kampala muri Uganda, bamwe bakanemeza ko Kayumba Nyamwasa ngo ari “an Alternative to Paul Kagame”, bivuze umuntu ugomba gusimbura Perezida Kagame.

Hari abantu muri uwo murwa w’icyo gihugu ngo bashakaga guhindura ubutegetsi mu Rwanda. Kayumba Nyamwasa rero yari umufatanyabikorwa w’iyo gahunda yinjiyemo ikaba yaranagombaga ngo kumufasha kuzaba ariwe muyobozi w’ u Rwanda.

Icyari amayobera ariko ni uko bamwitaga “an alternative to Kagame”, bivuze uwasimbura Kagame,  Kagame ubwe atari yaba Perezida kuko yari Visi Perezida, Perezida ari Pasiteri Bizimungu.

Mu yandi magambo bamwe mu bayobozi mu murwa w’igihugu cyavuzwe haruguru, ni abantu ngo bicara bakumva batishimiye ubutegetsi buriho mu Rwanda ndetse bakaba  batanahwema gupanga gahunda yo kugirira nabi u Rwanda.

Ni muri urwo rwego ngo hari n’uwigeze kuvuga ngo bagomba “kwicira umushwi mw’igi”, akaba ngo yaravugaga ko Ubutegetsi bwa FPR buriho mu Rwanda bwagombaga kunanizwa bukijyaho, bukaba bwaragombaga kuvanwaho burundu.

Icyambu cy’izo gahunda cyari Kayumba Nyamwasa, akaba yari yarabyemeye, cyane ko ngo bamubonagamo umuntu wakuraho ubutegetsi bwa FPR akayobora u Rwanda.

Ibyo ariko ngo byasabaga “formule”, ni ukuvuga uburyo byakorwamo: Kayumba rero  kugirango ngo akureho ubutegetsi ngo yagombaga kwifashisha uburyo butatu:

Ubwa mbere kwari ugukoresha “Formule” ngo yakoreshejwe na Blaise Compaore wo muri Bukinafaso agambanira, akanica Thomas Sankara. Kayumba ngo yari buteze imidugararo akaba yahitana abamukuriye kandi batifuzwaga n’abo bajyanama be.

“Formule” ya kabiri: Bwari uburyo yise “Habyalinama – Kayibanda Formula” aho yashakaga gucamo kabiri inzego n’abanyarwanda, akagira abamuri inyuma noneho igice cye ngo kikarusha imbaraga igisigaye maze agafata ubutegetsi akuyeho abasigaye ndetse akaba yanabakoresha icyo ashaka cyangwa icyo abo akorera bashaka.

Uburyo bwa gatatu ngo ari nabwo bwanyuma ni gushinga umutwe urwanya Leta abo banyamahanga bakumushyigikira akaba yakuraho ubutegetsi mu buryo bw’intambara.

Ubundi urebye aho isi igeze izo “formule”  sizo zafasha umuntu kuba Perezida ahubwo abakoreha Kayumba ngo hari ikintu bamuvumbyemo bashakaga kwifashisha ngo basenye u Rwanda.

Kayumba bamubonyemo kuba umuntu w’igisambo kandi w’igihubutsi. Kuburyo kumwizeza amafaranga byatumaga yemera kugambanira igihugu. Kayumba Nyamwasa ubundi nta muntu atagambanira. Muri iyi minsi bizwi ko yagambaniye umuryango we bwite akaba yarashatse undi mugore w’umuzulukazi, agata uwe bwite, bikaba byaratumye umogore we nawe yirwanaho akishikira imibereho yica itegeko rya gatandatu mu y’Imana Ntugasambane).

Kuba igisambo kwa Kayumba jye nabibonye umunsi umwe: u Rwanda rikimara kubohozwa umugore wa Kayumba yashinze akabari kuri aeroport I Kigali noneho biza kugaragara ko akabari kadakwiye kuko gashobora guteza umutekano mucye abagenzi n’ibikorwa by’ikibuga. Nyirakabari yasabwe kugafunga ariko umugabo araburana, ararakara ngo avuga ngo”ubuse twarwaniye iki ? n’ibindi. Ibi byanyeretse ko inyungu z’amafaranga nizo yashyiraga imbere mbere y’umutekano w’igihugu.

Ikindi abakoreshaga Kayumba bamuvumbuyemo ni uko Kayumba Nyamwasa ari umuntu wemera ibintu bidafatika, akaba muri izo nzira z’ubugambanyi yari yaranayobotse abapfumu ngo bamwizezaga ibitangaza.

Baca umugani mu Kinyarwanda ngo “nta murozi wabuze umukarabya”. Umuntu wemera kugambanira igihugu cye, umuntu w’igisambo, umunywanyi w’abapfumu (Kayumba), abo banyamahanga ntabundi butore bamubonamo ahubwo ni ugushaka kumukoresha. Ariko ngo iyo umukarabya akarabya umurozi, akoresha amazi akonje, ariko uwo umurozi atarogera abantu uko umukarabya abyifuza, ubutaha aramuhindurira “akamukarabya mu mazi abira”. Sinerekwa ndagena.

Emmanuel – Kigali

2018-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Ubwanditsi 12 Apr 2017
Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Ubwanditsi 06 May 2017
Icyimenyetso  ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Icyimenyetso ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”
Amakuru

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024
Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6
Mu Rwanda

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
POLITIKI

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Ubwanditsi 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru