• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga nyuma y’uko iwe hapfiriye Umuntu muburyo budasobanutse

USA : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga nyuma y’uko iwe hapfiriye Umuntu muburyo budasobanutse

Ubwanditsi 10 Jul 2017 ITOHOZA

Amakuru ashyushye ubu aturuka muri Amerika ni ay’Umunyarwanda Dr. Eliel (Nataki) Ntakirutimana wa muganga w’umuherwe ny’iri ibitaro « HOPITAL LAREDO » biba i Texas, uyu nimwene Pasteur Ntakirutimana bakaba aba nya Kibuye. Mumpera za 2009 , Dr. Ntakirutimana Elie bita Nataki ufite ibitaro, yanze kwishyura comission yari yaremereye Dr. Martinez Abrahams bakunze kwita Dr. Abe Martinez.

Uyu Dr. Martinez yahoze ayobora LMC ( Laredo Medical Center). Amasezerano yabo yavugaga ko Dr. Nataki agomba kujya amwishyura hafi $ 100.000 buri mwaka noneho nawe akamwizeza ko LMC ikomeza amasezerano na company ya Nataki ko ariyo igumana department ya anesthesiology.

Nataki yarabyubahirije ariko hashize imyaka 3 yanga kwishyura avuga ko nta intention afite yo gukomeza gutanga ayo mafaranga.

Martinez abibonye atyo aramubwira ati ok, niba utubahirije ibyo twumvikanye nka abagabo nkuhaye iminsi 90 uzabe watuviriye aha. Yongeraho ko kandi anahagaritse inkunga ingana na $900.000 LMC yageneraga Nataki buri kwezi kugirango abashe guhemba abakozi be. DR Nataki abonye bimukomeranye yemera gukomeza gutanga iyo comission nkuko byari bisanzwe.

-7103.jpg

Ibitaro bya LAREDO

Mu nyuma rero abakozi na Dr. Nataki baje gukora ikosa barimo kubaga umurwayi bibeshya ikinya biviramo umurwayi kwitaba Imana bitunguranye.

Ibitaro bikora iperereza bisanga nubwo Dr. Nataki atarahari uwo munsi ariko amakosa nawe amureba kuberako ari abakozi be babikoze nibwo LMC ihagaritse ubufanye bwabo na Dr. Nataki.

Ariko ibyo byaje mu bitaro hari hanamaze igihe hari inkuru zivuga uburyo Dr Nataki iyo yagiye mu ma strip club ngo aba ari kumwe n’abakobwa ubona ko bashobora kuba batarageza kumyaka.

Dr. Eliel uretse nyine n’ubuhehesi yisanganiwe dore ko anafite umwana hanze (uyu ni uzwi hari nabandi ariko aha banyina agatubutse kugirango umugore we atamuta.), ubusanzwe abantu bagendana nawe bavuga ko iyo agusuye utuye ahandi atari muti Texas ikintu cyambere akubaza ntabwo ari bar cg restaurant nziza, ahubwo yibariza strip club nziza aho zaba ziherereye.

Ikindi kandi byari bimaze kumenyekana ko iyo yajyaga Bujumbura abeshya ko afite umushinga wo korora inka ahubwo yabaga agiye guhura na FDLR n’Imbonerakure.

Abandi bakozi bakibaza ukuntu umuganga wizewe nkuwo ashobora kufasha imitwe yiterabwoba.

Ibyo byose bimaze kuba Nataki yagiye kurega Dr. Martinez ko ngo yamwakaga ruswa yayimwima akamwirukana ngo ko kandi ibivugwa kuriwe kubyerekeye sexual orientation na criminal activities ataribyo ngo ko ahubwo ari ibihuha byazanywe na Dr.
Martinez ngo nubundi yajyaga avuga ko natamuha ayo mafaranga azakwiza hose imyitwarire igayitse ya Dr Eliel.

Yanageretseho ko Dr. Martinez ngo atigeze yita kunyungu z’ibitaro ko ahubwo yigwizagaho umutungo mu nyugu ze bwite atitaye kubuzima bwabarwayi ni inyungu yikigo ayoboye.

Muri criminal court ikirego cye bagitesheje agaciro, nibwo rero Dr Nataki atanze ikindi kirego muri civil court avuga ko Dr. Martinez yamwangirije isura kuburyo mu karere ka Laredo na San Antonio bitamworoheye kubona akazi. Ko kandi ibyo byose byagize ingaruka ku muryango we.

-7101.jpg

Dr. Ntakirutimana Elie bita Nataki

Anavuga ko afite ibimenyetso by’uburyo Dr. Martinez n’umugore we batishyura imisoro bakagombye kuba bishyura.

Icyo kintu cy’imisoro rero cyaje gutuma Dr. Martinez afungwa anacibwa amande meshi we n’umugore we.

Agashya

Muri ino minsi Dr. Martinez yabonye amakuru y’uko kugirango Dr. Eliel abone ibyangombwa byo kuba muri america yakoresheje fake mariage.

Biravugwa ko rero immigration ishobora kumwambura ubwenegihugu mu gihe Dr. Martinez yaba afashe icyemezo cyo kwihimura, akagaragaza ibimenyetso simusiga by’amanyanga yose ya Dr. Eliel Ntakirutimana.

Ibi bije kandi mugihe hari amakuru ari kuvugwa ku bantu bahafi cyane bakaba n’inshuti magara ya Dr. Eliel ko immigration irimo kumukoraho iperereza kubera amanyanga nkayo, aho byibazwa ukuntu bashyingiye umukobwa wabo mu ibanga rikomeye cyane, ntibagira inshuti cg imiryango batumira, yewe nta nifoto nimwe ushobora kubona kuri facebook cg instagram, ibintu byateye immigration kwibaza byinshi ariko mugihe iperereza ritangiye bagahita bihutira gusaba gatanya nta n’umwaka urashira bashyingiwe ibintu byatumye barushaho gukemangwa. Hakaba rero bikekwako ari Dr. Eliel wabagiriye iyo nama.

Nguwo rero umuntu ngo wiyemeje kurwanya ubutegetsi bwu Rwanda atari ibyiza yifuriza abaturarwanda ahubwo kubera ko yahize ko azahorera se wapfiriye muri gereza Arusha aregwa ibyaha bya Jenoside.

Ariko ararye ari manga kuko wasanga iminsi ye ibaze kubera ubuhemu bwe bugiye kumugaruka.

-7102.jpg

Dr.Nataki na Rusesabagina

Hari kandi nandi makuru tugikurikirana avuga ko inzego z’umutekano za Amerika ziri gukora iperereza kubantu babonye ubwenegihugu bwayo kandi amakuru ava mu iperereza ry’aba holandi agaragaza ko bafashije Mugimba ubu ufungiye mu Rwanda gushobora guhungira i burayi. Abo nabo bakaba abantu bahafi cyane ya Dr. Eliel na Rusesabagina.

Ararye uri manga rero kuko wasanga imigambi mibisha ye irimo imugaruka.

Cyiza Davidson

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo

Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Ubwanditsi 02 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?
Amakuru

Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?

Ubwanditsi 12 May 2022
Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019
Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru