• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu bihugu byinshi, birimo n’ibyiyita intangarugero muri Demokarasi, iyo hasigaye nk’ umwaka wose ngo habe amatora, cyane cyane ay’umukuru w’igihugu, usanga imitima ihagaze, ndetse bamwe baramaze kubika impamba izabafasha guhunga. Nta kindi baba batinya, baba bafite impungenge ko amatora azarangwa n’imvururu, amaraso akameneka. Kandi ni nako bikunze kugenda, kenshi abaturage ntibumvikana k’uwatowe, maze bakegura intwaro.

Mu Rwanda rero siko bimeze. Mu gihe hasigaye amezi 4 gusa ngo habe amatora rusange, ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko n’aya Perezida wa Repubulika, abaturage barumva ahubwo uwo munsi w’ubukwe ubatindiye. Ku Banyarwanda benshi, si itariki y’amatora, ahubwo ni umunsi w’ibirori byo kuvugurura igihango bafitanye na Paul Kagame, bahaye icyivugo cy’INTORE IZIRUSHA INTAMBWE.

Icyari gihangayikishije kwari ukwibaza niba umugabo w’ibigwi, Paul Kagame, azemera gukomeza inshingano. Ubu imitima iri mu gitereko, nyuma y’aho tariki 09 Werurwe 2024, yemereye guhamya isezerano ryo gukomeza kuyobora Abanyarwanga mu rugendo rwo kubaka uRwanda rutubereye twese.

Si amatora nk’ayo twumva ahandi. Bimwe byo gusimburana ku ntebe by’umuhango, ibi bamwe bitiranya na demokarasi, kabone n’iyo rubanda rwaba ruzi neza ko rutoye udashoboye.

Si bimwe byo gutora ubwoko, idini cyangwa akarere, hagatsinda bitewe n’ubwinshi bw’abayobye. Aba ntibatinda kubona ko bibeshye, ko batoye izuru cyangwa inkomoko, aho gutora ibitekerezo byubaka.

Nyuma y’amacakubiri yanavuyemo Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda twahinduye imyumvire, ubu amahitamo yacu arasobanutse. Tuyoborwa n’ utugaragarije ko inyungu zacu zisumba kure ize bwite.

Duhitamo urajwe ishinga no kunga Abanyarwanda, uwahisemo gukorera mu mucyo, uwashyize imbere umutekano wacu, uwaduhaye agaciro, uw’imvugo yabaye ingiro. Uwo rero ni Paul Kagame, wadushubije ijabo n’ijambo!

Ngiyo impamvu ntabyita amatora, kuko hatoranya abagorwa n’amahitamo.Twe si uko, uwaduhaye byose turamusanganywe. Kuki twagerageza abandi, ejo ugasanga baranaturumbiye, kandi dufite uwatweretse ko mu miyoborere adashakisha?

Tariki 15 Nyakanga rero si umunsi w’impaka. Ni umunsi ahubwo wa ya mpakanizi igira iti ” Kagame Paul wambereye akabando”.

Tuzavugurura igihango, Paul Kagame, akomeze ahangamura ibidukoma mu nkokora. Natwe tuzashimangira isezerano, ko tutazamutetereza mu kubaka u Rwanda rutera ishema abaruhekeye, rugatera ishyari abaruhekenyera amenyo.

2024-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ubwanditsi 17 Apr 2021
FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI
Mu Mahanga

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro
POLITIKI

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Ubwanditsi 20 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru