• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Mu kiganiro cyabanjirije ibindi mu nama y’abayobozi b’ibigo muri Afurika ACF2019 irimo kubera i Kigali, Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ibura ry’ubushake bwa politiki ari ryo rituma urujya n’uruza hagati y’u Rwanda na Uganda ritagerwaho kuko Uganda ikomeje gufungirana u Rwanda.

Perezida Kagame yatanze ingero nke muri nyinshi z’uburyo hari ibicuruzwa byinshi biva mu Rwanda bigana ku cyambu cya Mombasa muri Kenya ariko byagera muri Uganda bikabuzwa gukomeza kandi nta mpamvu itangwa.

Yagize ati “Twari dufite imizigo ijya Mombasa. Kugira ngo tugereyo tugomba guca muri Uganda. Igisekeje, ni uko twembi (ndavuga u Rwanda na Uganda) tudakora ku Nyanja, ariko twebweho iyo dushatse gukoresha iyo nzira, dufungiranwa ubugira kabiri, kuko Uganda irongera ikadufungirana.”

“Imodoka zari zikoreye amabuye y’agaciro zigana Mombasa zafungiwe muri Uganda mu gihe cy’amezi atanu, dushatse kubaza ikibazo uko giteye mu bashinzwe imisoro, dusanga iyo mizigo yari yujuje ibisabwa. Tubajije na bagenzi babo muri Uganda na bo batubwira ko nta kibazo, ko bazemereye gukomeza urugendo.”

Yavuze kandi ko babajije impamvu zafashwe maze abazihagaritse muri Uganda bakavuga ko ari itegeko bahawe rituruka hejuru. Avuga ko abababwiye aya makuru atari n’Abanyarwanda ati “Abo nta n’ubwo ari Abanyarwanda, ni abashoramari b’abanyamahanga. Ni umushoramari w’umudage.”

Perezida Kagame kandi yatanze urugero rw’amata yaganaga muri Kenya maze agapfira mu nzira bitewe no kuyabuza gukomeza urugendo kandi nta mpamvu.

Ati “Hari abashoramari b’Abanyakenya barimo bajyana amata muri Kenya…, bakura amata mu Rwanda, muri Uganda n’ahandi. Ndibwira ko bafite ubushobozi bwagutse bwo kuyatunganya. Ayo mata yangiwe gukomeza urugendo muri Uganda hashira iminsi, bituma ibihumbi bya za litiro byangirika.”

Perezida Kagame yanagaragaje uburyo Abanyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo ndetse avuga ko ntako u Rwanda rutagize ariko Uganda ntigire icyo ikora.

Ati “Dufite amagana y’Abanyarwanda bafashwe bagafungirwa muri za gereza, amezi menshi ndetse n’imyaka muri Uganda. Ubu ntabwo barimo bacirwa imanza ahubwo bakomeje baborera muri za gereza muri Uganda. Urebye ni nk’aho Uganda iri kuvuga ngo ntimuze mu gihugu cyacu.”

Avuga ko bagaragarije iki kibazo Guverinoma ya Uganda kuva mu myaka ibiri ishize ariko ntihagire igikorwa. “Niba mufite Abanyarwanda bakoze ibyaha muri Uganda, mubikemure mu buryo bukurikije amategeko.”

Uretse no kuba nta butabera aba bantu bari guhabwa, yavuze ko nta n’ubwo bari kwemererwa gusurwa na ambasade. Ambasaderi ati “N’abandi ba dipolomate ntabwo bashobora kujya kubasura kuko bamwe muri aba bantu bafungiye muri za gereza zitazwi.”

Perezida Kagame kandi yasobanuye ku bijyanye no gufunga umupaka, yerekana ko u Rwanda rufite imipaka itatu iruhuza na Uganda, ariko umwe gusa akaba ari wo utari gukora uko bikwiye.

Yagize ati “Ni umwe gusa utari gukora ku buryo busanzwe kubera ibikorwa by’ubwubatsi. Urakora nko kuri 20 cg 30% kandi turizera ko mu byumweru bike uza kuba ukora bisanzwe. Ikibazo rero ni ubushake bwa politiki mbere y’uko biba ikindi.”

Ubwo u Rwanda rwarimo rwakira inama ku rujya n’uruza n’isoko rusange muri Afurika yabereye hano AfCFTA, nyuma y’iminsi ibiri Perezida Kagame yahise ajya muri Uganda.

Yagize ati “Nahise nsura Uganda. Ese muzi icyari kinjyanyeyo? Mu by’ukuri ni ugukemura iki kibazo ndi kuvugaho. Nagiye kureba Perezida wa Uganda ndamubaza nti ese ibi ni ibiki? Kuki ari uku biri kugenda? Nanaboneyeho kubwira abayobozi muri kiriya gihugu ibyari byaganiriwe mu nama hano.

Ndamubwira nti hari imishinga minini ireba Afurika iri kuganirirwa hariya ariko ibihugu byombi biri kugongana muri ibi bintu umuntu atabona n’uko asobanura. Ndamubaza nti ese kuki tutakorana ngo ibi bintu tubikemure kugira ngo twese twungukire muri ino mishinga iri kuganirwaho ku rwego rw’umugabane? Iyo ni yo mpamvu yari yanjyanyeyo ariko hari ibintu ntashobora gusobanura. Kuko byarakomeje.”

Src: KT

2019-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

Ubwanditsi 30 Jun 2025
Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza,  bagarurwa mu Rwanda

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Dec 2017
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Ubwanditsi 28 Jun 2021

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    March 25, 201912:31 pm -

    Ego kooo,,. HE ko arimo kuregana cyaneeee

    Subiza
  2. Emmy
    March 25, 20194:32 pm -

    Ariko se ibi ubona aribyo kwihererana nibanga se?ibi nibyo bidindiza Abanyafrica ubu se inyungu abayobozi ba Uganda bazageza ku baturage babo bivuye muraya marorerwa niyihe ?AFRICA waragowe tu.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp
IKORANABUHANGA

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya
POLITIKI

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports
IMIKINO

Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru