• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batanu bari bamaze iminsi bafunzwe n’inzego zishinzwe iperereza muri Uganda bagaruwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ukuboza 2017.

Aba banyarwanda barimo abagore batatu n’abagabo babiri bagiye bakurwa mu duce dutandukanye tw’iki gihugu cyane cyane i Mbarara mu byumweru bibiri bishize.
Ubwo bageraga i Kigali kuri uyu wa Gatanu bavuze ko bari babayeho mu itotezwa, bamwe bakubitwa abandi babwirwa amagambo mabi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Muhongerwa Jessica avuga ko yafashwe tariki 16 Ukuboza, afatanwa na nyirasenge Kamikazi aho bacururizaga mu kabari kabo i Mbarara.

Muhongerwa avuga ko bafashwe n’abantu bambaye gisivili ariko bafite imbunda, babahatira kwinjira mu modoka, babambura imyenda y’imbeho bayibapfukisha mu maso.

Yagize ati “Twageze mu modoka batubwira kwiyambura imipira, bayiduhambira ku maso aho batujyanye ntabwo mpazi. Twagiye kumva twumva batugejeje mu nzu nini, batwicaza hasi, baratubwira ngo ushaka kuryama aryame.Twahageze kuwa Mbere, tuhava kuwa Gatatu nijoro. Iyo minsi yose twari duhambiriye ibitambaro, bakatuzanira ibiryo duhambiriye.”

Kuwa Gatatu ngo babakuye aho bari bari, babajyana ahandi hantu Muhongerwa atamenye kuko bari bapfutse amaso.

Ngo bageze aho hantu ha kabiri, yaje kujyanwa mu cyumba cya wenyine bamubaza abantu b’abasirikare n’abapolisi bakuru mu Rwanda ajya avugana na bo, abasubiza ako ntabo, bamutera ubwoba ngo baramukubita.

Avuga ko nubwo bamuteraga ubwoba batigeze bamukubita.Uyu munsi ngo ni bwo baje kubakura aho hantu bababwira ko batashye iwabo mu Rwanda.

Munyangaju Munyaneza Hubert we avuga ko yafatiwe i Kampala, tariki 20 Ukuboza, ubwo yari avuye mu modoka ye agiye gutwara mugenzi we.

Uyu mugabo usanzwe afite sosiyete y’ubugenzuzi mu by’ubukungu muri cyo gihugu, avuga ko yafashwe n’abantu umunani batambaye imyenda y’akazi ariko bafite imbunda.

Nka bagenzi be, Munyangaju yambuwe umupira bawumupfukisha mu maso, ubundi bamushyira mu modoka bamujyana mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Ati “Bambwiye ko batamfunze kuko ndi muri Kampala cyangwa nkora ubucuruzi, ahubwo ngo bamfunze kuko ‘mfitemo uruhare’.Nti ese ‘uruhare mu biki?’ Ngo iyo mubona mushimuta abantu mubajyana i Kigali, ngo Joel Mutabazi mwibye, mukeka ko tuzajya tubarebera gusa?”

Munyangaju yavuze ko babicazaga mu cyumba cyo munsi, hakaba ubwo babamenaho n’amazi ijoro ryose kandi baboshye amaguru n’amaboko.

Kamikazi Dinah, nyirasenge wa Muhongerwa na we yavuze ko aho bari bafungiwe bafatwaga nabi cyane.

Yavuze ko hari nk’ubwo umuntu yashakaga kujya ku musarani, bakamumaza isaha atarajyayo, banamujyana bakagenda bamutuka.

Avuga ko ubwo bari bamaze kubimura babakuye i Mbarara, bamufungiye mu cyumba gito kimeze nk’umusarani kitagira n’idirishya.

Aho ngo niho bamukuraga bajya kumuhata ibibazo, bamubaza abasirikare n’abayobozi bakuru mu Rwanda avugana nabo.

Ngo akomeje kubahakanira, bamujyanye mu cyumba kirimo amazi, bamubwira ko bagiye kumukibitisha amashanyarazi kugeza avugishije ukuri.

Yagize ati “Yanjyanye mu kindi cyumba, arambwira ati ‘Iki cyumba urakireba? Umuntu wese wanze kuvugisha ukuri iyo ageze hano avugisha ukuri. Ati ‘banza wicare hasi’, nicaye numva ni mu mazi. Umugore umwe arambwira ati ‘banza ukuremo iyo shati’, nyikuramo batangira kundebaaa, barangije barambwira ngo tugiye kugukubitisha amashanyarazi.”

Kubw’amahirwe ntibamukubitishije amashanyarazi, bamusubije muri icyo cyumba gito, bakimuvanyemo kuri uyu wa Kane, bamuhuza na bagenzi be bababwira ko bagiye kubagarura mu Rwanda.

Kamikazi yasabye Leta zombi kuvugana bakabona uburenganzira bwo kujya kuzana imiryango n’imitungo byabo byasigaye muri Uganda, ngo kuko nta kintu na kimwe babashije kuzana.

Aba banyarwanda bavuga ko aho bari bafungiye basizeyo n’undi mugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 57 witwa Nunu, bagasaba ko na we atabarwa.

Barekuwe nyuma y’icyumweru kimwe Gatsinzi Fidèle, undi munyarwanda arekuwe n’inzego z’iperereza za Uganda amaze gukorerwa iyicarubozo.

Si ubwa mbere inzego zishinzwe ubutasi muri Uganda zishinjwa iyicarubozo kuko mu minsi ishize Umunyarwanda René Rutagungira na we abunganizi be bavuze ko yakorewe ibya mfura mbi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage, aherutse gutangariza IGIHE ko u Rwanda rwamaze gusaba ibisobanuro Uganda ku mpamvu z’ifungwa rya hato na hato ry’abanyarwanda ndetse n’ibijyanye n’abantu bashaka guhungabanya umutekano bari muri iki gihugu cy’igituranyi.

2017-12-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Ubwanditsi 26 Jan 2023
Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Ubwanditsi 29 Apr 2019
‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

Ubwanditsi 23 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura
Amakuru

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021
Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa
ITOHOZA

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango
INKURU NYAMUKURU

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Ubwanditsi 08 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru