• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batanu bari bamaze iminsi bafunzwe n’inzego zishinzwe iperereza muri Uganda bagaruwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ukuboza 2017.

Aba banyarwanda barimo abagore batatu n’abagabo babiri bagiye bakurwa mu duce dutandukanye tw’iki gihugu cyane cyane i Mbarara mu byumweru bibiri bishize.
Ubwo bageraga i Kigali kuri uyu wa Gatanu bavuze ko bari babayeho mu itotezwa, bamwe bakubitwa abandi babwirwa amagambo mabi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Muhongerwa Jessica avuga ko yafashwe tariki 16 Ukuboza, afatanwa na nyirasenge Kamikazi aho bacururizaga mu kabari kabo i Mbarara.

Muhongerwa avuga ko bafashwe n’abantu bambaye gisivili ariko bafite imbunda, babahatira kwinjira mu modoka, babambura imyenda y’imbeho bayibapfukisha mu maso.

Yagize ati “Twageze mu modoka batubwira kwiyambura imipira, bayiduhambira ku maso aho batujyanye ntabwo mpazi. Twagiye kumva twumva batugejeje mu nzu nini, batwicaza hasi, baratubwira ngo ushaka kuryama aryame.Twahageze kuwa Mbere, tuhava kuwa Gatatu nijoro. Iyo minsi yose twari duhambiriye ibitambaro, bakatuzanira ibiryo duhambiriye.”

Kuwa Gatatu ngo babakuye aho bari bari, babajyana ahandi hantu Muhongerwa atamenye kuko bari bapfutse amaso.

Ngo bageze aho hantu ha kabiri, yaje kujyanwa mu cyumba cya wenyine bamubaza abantu b’abasirikare n’abapolisi bakuru mu Rwanda ajya avugana na bo, abasubiza ako ntabo, bamutera ubwoba ngo baramukubita.

Avuga ko nubwo bamuteraga ubwoba batigeze bamukubita.Uyu munsi ngo ni bwo baje kubakura aho hantu bababwira ko batashye iwabo mu Rwanda.

Munyangaju Munyaneza Hubert we avuga ko yafatiwe i Kampala, tariki 20 Ukuboza, ubwo yari avuye mu modoka ye agiye gutwara mugenzi we.

Uyu mugabo usanzwe afite sosiyete y’ubugenzuzi mu by’ubukungu muri cyo gihugu, avuga ko yafashwe n’abantu umunani batambaye imyenda y’akazi ariko bafite imbunda.

Nka bagenzi be, Munyangaju yambuwe umupira bawumupfukisha mu maso, ubundi bamushyira mu modoka bamujyana mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Ati “Bambwiye ko batamfunze kuko ndi muri Kampala cyangwa nkora ubucuruzi, ahubwo ngo bamfunze kuko ‘mfitemo uruhare’.Nti ese ‘uruhare mu biki?’ Ngo iyo mubona mushimuta abantu mubajyana i Kigali, ngo Joel Mutabazi mwibye, mukeka ko tuzajya tubarebera gusa?”

Munyangaju yavuze ko babicazaga mu cyumba cyo munsi, hakaba ubwo babamenaho n’amazi ijoro ryose kandi baboshye amaguru n’amaboko.

Kamikazi Dinah, nyirasenge wa Muhongerwa na we yavuze ko aho bari bafungiwe bafatwaga nabi cyane.

Yavuze ko hari nk’ubwo umuntu yashakaga kujya ku musarani, bakamumaza isaha atarajyayo, banamujyana bakagenda bamutuka.

Avuga ko ubwo bari bamaze kubimura babakuye i Mbarara, bamufungiye mu cyumba gito kimeze nk’umusarani kitagira n’idirishya.

Aho ngo niho bamukuraga bajya kumuhata ibibazo, bamubaza abasirikare n’abayobozi bakuru mu Rwanda avugana nabo.

Ngo akomeje kubahakanira, bamujyanye mu cyumba kirimo amazi, bamubwira ko bagiye kumukibitisha amashanyarazi kugeza avugishije ukuri.

Yagize ati “Yanjyanye mu kindi cyumba, arambwira ati ‘Iki cyumba urakireba? Umuntu wese wanze kuvugisha ukuri iyo ageze hano avugisha ukuri. Ati ‘banza wicare hasi’, nicaye numva ni mu mazi. Umugore umwe arambwira ati ‘banza ukuremo iyo shati’, nyikuramo batangira kundebaaa, barangije barambwira ngo tugiye kugukubitisha amashanyarazi.”

Kubw’amahirwe ntibamukubitishije amashanyarazi, bamusubije muri icyo cyumba gito, bakimuvanyemo kuri uyu wa Kane, bamuhuza na bagenzi be bababwira ko bagiye kubagarura mu Rwanda.

Kamikazi yasabye Leta zombi kuvugana bakabona uburenganzira bwo kujya kuzana imiryango n’imitungo byabo byasigaye muri Uganda, ngo kuko nta kintu na kimwe babashije kuzana.

Aba banyarwanda bavuga ko aho bari bafungiye basizeyo n’undi mugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 57 witwa Nunu, bagasaba ko na we atabarwa.

Barekuwe nyuma y’icyumweru kimwe Gatsinzi Fidèle, undi munyarwanda arekuwe n’inzego z’iperereza za Uganda amaze gukorerwa iyicarubozo.

Si ubwa mbere inzego zishinzwe ubutasi muri Uganda zishinjwa iyicarubozo kuko mu minsi ishize Umunyarwanda René Rutagungira na we abunganizi be bavuze ko yakorewe ibya mfura mbi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage, aherutse gutangariza IGIHE ko u Rwanda rwamaze gusaba ibisobanuro Uganda ku mpamvu z’ifungwa rya hato na hato ry’abanyarwanda ndetse n’ibijyanye n’abantu bashaka guhungabanya umutekano bari muri iki gihugu cy’igituranyi.

2017-12-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu

Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Dec 2023
Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Ubwanditsi 18 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda
Amakuru

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru