• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Jul 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 Nyakanga 2017 ku isaha ya saa sita n’iminota cumi n’itanu nibwo umukandida wa FPR Inkotanyi yari asesekaye mu karere ka Nyaruguru aho yari amaze akanya ategerejwe n’abaturage aje kwiyamamaza.

Mu ijambo yabagejejeho, Kagame yabijeje ko icyizere bamugiriye binyuze mu cyifuzo cya referendum.

Yagize ati “mwarabanje murabisaba, iyo mutabisaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe nanjye nkagira umusanzu wanjye ntanga ku bundi buryo nk’uwo mutanga uwo ari wo wose, ibyo niko byari gukenda kandi nta cyo byari bintwaye nubu ntacyo bintwaye. Ariko mwarabisabye, mwabisabye mujya kujya muri referendumu.”

Akomeza agira ati “Uyu munsi ntabwo ari igikorwa cyo kwiyamamaza gusa, ntabwo ari igikorwa kiganisha ku matora gusa, uyu munsi tubanza no kwibuka aho u Rwanda ruvuye n’aho rugeze. Buriya mwese muri hano uko mukeye, uko mwabukereye, bivuze aho tuvuyen’aho tugeze. Bivuze u Rwanda rumaze kongera kuba igihugu cya ba nyiracyo, bose nta n’umwe usigaye inyuma.”

Referendumu ibafasha ko mwemeza igitekerezo cyanyu, icyifuzo cyanyu. Nanjye ubwanjye ntaho najyaga gushingira handi atari ukubahiriza icyifuzo cyanyu, ndetse mbyemera mvuga ngo nimureke noneho twongere dukore, turusheho ibyiza tumaze kugeraho, tugere ku bindi byinshi tunakore ku buryo ikindi gihe n’iyo icyifuzo cyaba ikindi, icyo gihe u Rwanda ruzakomeze rube u Rwanda ruteye imbere rudafite ikiruhungabanya.

Ibyo rero nizeye ko tugiye kubifatanya, kubyubaka, kubaka u Rwanda ku buryo no mu gihe kizaza, n’ikindi kifuzo kijyanye n’icyo twafashe ubungubu gishobora kuba kigarura u Rwanda. Sibyo?”

Perezida Kagame akomeza atangaza ko mu nshingano abanyarwanda bafite mu bihe biri imbere n’iyo ngiyo irimo, yo gukomeza umusingi, inshingano, yo kubakira kuri uwo musingi, ibikomeye bikaramba, bityo bagakomeza kujya imbere.

Ati “ubwo ndumva ko mubyiteguye, mumbyumva, twese tugiye gufata inzira yo gukorera hamwe ibyiza byose muri iyi myaka iri imbere. Sibyo?”

Yakomeje agira ati “ibyo tumaze kunyuramo nabyo ni urugero, byatubereye urugero rw’ibishoboka, ibyo abantu bashobora gukora, ibyo abantu bashobora kwigezaho; ingero turazifite, nabivuga ntashidikanya ko uko muri hano mwese n’aba bana bavutse ejobundi nta muntu n’umwe ushobora kuvuga ko uko umwaka washiraga ushyira undi, tuvuge mu myaka 22, 23 ishize, ko hari uwarushijeho gutakaza kurusha kunguka.”

Buri wese uri hano ashobora kuvuga aho avuye hatari heza n’aho ageze hashimishije.

Mu gusoza yijeje abaturage ko bagiye gukomeza kubaka u Rwanda mu gihe cy’imyaka irindwi iri imbere.

-216.png

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Perezida Paul Kagame

Agira ati “niyo ntego rero muri iyi myaka irindwi igiye kuza, ndabivuga kandi ntashidikanya kuko imyaka irindwi iri imbere ni FPR, ni umukandida wayo, ni abamushyigikiye, ni bo bagiye gusubiraho bakayobora igihugu […] Ntabwo rero numva ikindi cyabihindura ngo bujye gucya habaye…, ntabwo nzi ibyo ari byo. Ariko ubu impamvu inzana guhura namwe, kuganira namwe, ni ukuzuza, ni ugushima icyo cyizere mwagize kuva rugikubita kugeza n’ubungubu.”

Burasa J. G/ Rushyashya.net

2017-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ubwanditsi 28 Feb 2022
1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

Ubwanditsi 22 Sep 2017
RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen  Jack Nziza

RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen Jack Nziza

Ubwanditsi 12 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili
Mu Rwanda

Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano
Mu Mahanga

Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Ubwanditsi 24 Sep 2016
Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro
Mu Mahanga

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Ubwanditsi 30 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru