• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Jul 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 Nyakanga 2017 ku isaha ya saa sita n’iminota cumi n’itanu nibwo umukandida wa FPR Inkotanyi yari asesekaye mu karere ka Nyaruguru aho yari amaze akanya ategerejwe n’abaturage aje kwiyamamaza.

Mu ijambo yabagejejeho, Kagame yabijeje ko icyizere bamugiriye binyuze mu cyifuzo cya referendum.

Yagize ati “mwarabanje murabisaba, iyo mutabisaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe nanjye nkagira umusanzu wanjye ntanga ku bundi buryo nk’uwo mutanga uwo ari wo wose, ibyo niko byari gukenda kandi nta cyo byari bintwaye nubu ntacyo bintwaye. Ariko mwarabisabye, mwabisabye mujya kujya muri referendumu.”

Akomeza agira ati “Uyu munsi ntabwo ari igikorwa cyo kwiyamamaza gusa, ntabwo ari igikorwa kiganisha ku matora gusa, uyu munsi tubanza no kwibuka aho u Rwanda ruvuye n’aho rugeze. Buriya mwese muri hano uko mukeye, uko mwabukereye, bivuze aho tuvuyen’aho tugeze. Bivuze u Rwanda rumaze kongera kuba igihugu cya ba nyiracyo, bose nta n’umwe usigaye inyuma.”

Referendumu ibafasha ko mwemeza igitekerezo cyanyu, icyifuzo cyanyu. Nanjye ubwanjye ntaho najyaga gushingira handi atari ukubahiriza icyifuzo cyanyu, ndetse mbyemera mvuga ngo nimureke noneho twongere dukore, turusheho ibyiza tumaze kugeraho, tugere ku bindi byinshi tunakore ku buryo ikindi gihe n’iyo icyifuzo cyaba ikindi, icyo gihe u Rwanda ruzakomeze rube u Rwanda ruteye imbere rudafite ikiruhungabanya.

Ibyo rero nizeye ko tugiye kubifatanya, kubyubaka, kubaka u Rwanda ku buryo no mu gihe kizaza, n’ikindi kifuzo kijyanye n’icyo twafashe ubungubu gishobora kuba kigarura u Rwanda. Sibyo?”

Perezida Kagame akomeza atangaza ko mu nshingano abanyarwanda bafite mu bihe biri imbere n’iyo ngiyo irimo, yo gukomeza umusingi, inshingano, yo kubakira kuri uwo musingi, ibikomeye bikaramba, bityo bagakomeza kujya imbere.

Ati “ubwo ndumva ko mubyiteguye, mumbyumva, twese tugiye gufata inzira yo gukorera hamwe ibyiza byose muri iyi myaka iri imbere. Sibyo?”

Yakomeje agira ati “ibyo tumaze kunyuramo nabyo ni urugero, byatubereye urugero rw’ibishoboka, ibyo abantu bashobora gukora, ibyo abantu bashobora kwigezaho; ingero turazifite, nabivuga ntashidikanya ko uko muri hano mwese n’aba bana bavutse ejobundi nta muntu n’umwe ushobora kuvuga ko uko umwaka washiraga ushyira undi, tuvuge mu myaka 22, 23 ishize, ko hari uwarushijeho gutakaza kurusha kunguka.”

Buri wese uri hano ashobora kuvuga aho avuye hatari heza n’aho ageze hashimishije.

Mu gusoza yijeje abaturage ko bagiye gukomeza kubaka u Rwanda mu gihe cy’imyaka irindwi iri imbere.

-216.png

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Perezida Paul Kagame

Agira ati “niyo ntego rero muri iyi myaka irindwi igiye kuza, ndabivuga kandi ntashidikanya kuko imyaka irindwi iri imbere ni FPR, ni umukandida wayo, ni abamushyigikiye, ni bo bagiye gusubiraho bakayobora igihugu […] Ntabwo rero numva ikindi cyabihindura ngo bujye gucya habaye…, ntabwo nzi ibyo ari byo. Ariko ubu impamvu inzana guhura namwe, kuganira namwe, ni ukuzuza, ni ugushima icyo cyizere mwagize kuva rugikubita kugeza n’ubungubu.”

Burasa J. G/ Rushyashya.net

2017-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

Ubwanditsi 27 Jun 2017
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro

Ubwanditsi 26 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]
INKURU NYAMUKURU

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside
Mu Rwanda

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)
IMIKINO

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Ubwanditsi 31 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru