• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Mar 2018 Mu Rwanda

Umunyarwandakazi, Michaella Rugwizangoga, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’ishami ry’uruganda rukora imodoka rwa Volkswagen mu Rwanda, rizakora ibijyanye no guteranya imodoka ndetse n’ikoranabuhanga rizatuma umuntu atwara imodoka akayivamo undi akayikoresha.

Rugwizangoga wize ibijyanye na siyansi mu ishami rya ‘Chemical Engineer’, afite ubunararibonye mu igenamigambi, kuyobora imishinga n’iterambere ry’ibicuruzwa. Ubunararibonye afite ku Rwanda ndetse no rwego mpuzamahanga buzamufasha kuyobora Volkswagen mu gihugu igere ku ntego.

Muri ntangiriro z’uyu mwaka, Umuyobozi wa Volkswagen muri Afurika y’Epfo, Thomas Schaefer, yavuze ko muri Gicurasi 2018, uru ruganda ruzatangira icyiciro cya mbere cy’umushinga warwo mu Rwanda ruzashoramo miliyoni 20 z’amadolari.

Yavuze ko ruzateranya imodoka 5000 ku mwaka zo mu bwoko bwa VW Polo, VW Passat [zo mu bwoko bwa Sedan] na VW Teramont (SUV) ndetse runashyireho ikoranabuhanga rizatuma umuntu atwara imodoka akayivamo undi akayikoresha, ubu buryo bukazaba ari ubwa mbere mu Rwanda no ku Isi kuri Volksawagen.

Ubu buryo buzwi nka ‘Integrated Mobility Solutions’, ni ugusanga imodoka ziparitse ahantu ugakoresha telefoni yawe ukayifungura ukayitwara aho ushaka kujya hanyuma ukayigarura ukishyura byose kuri telefoni yawe, ibizwi nko gusangira imodoka (Car sharing).

Hari kandi n’ubundi buryo bwo guhamagara nka Taxi ukoresheje Application ikagusanga aho uri ikakugeza aho ugiye ukishyura kuri telefoni yawe, wakongera kuhava ugakoresha telefoni yawe ukabona imodoka ikwegereye ikaza kugutwara ikakugeza aho ugiye (Ride Hailing).

Rugwizangoga akimara kugirwa Umuyobozi Mukuru yavuze ko bitoroshye kuyobora ikigo kigitangira kandi kizanye imikorere mishya idasanzwe, ariko ashimangira ko gukorera mu Rwanda bizaba umusemburo uzatuma ibyo bikorwa byaguka bikagera n’ahandi hose muri Afurika.

Yagize ati “Gusabwa gutangiza no kuyobora ikigo gishya kigitangira ndetse ukagira n’amahirwe yo gushyira mu bikorwa uburyo bwa mbere ku Isi bwo gusangira imodoka bwa Volkswagen, ntibyoroshye ariko ndabyishimiye kandi ndabitegereje.”

Umuyobozi wa Volkswagen muri Afurika y’Epfo, Thomas Schaefer, yavuze ko Rugwizangoga ari ingenzi muri uru ruganda kandi bamufitiye icyizere ko imishinga iri mu Rwanda azayibyaza umusaruro.

Yagize ati “Intumbero y’u Rwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’iterambere ni imwe mu mpamvu zatumye tubenguka iki gihugu. Ndizera ko ibyo tuzatangiza dufatanyije n’abafatanyabikorwa ba Volkswagen ndetse n’ubunararibonye bwa Michaella, bizatanga umusaruro.”

Volkswagen yahisemo gukorera mu Rwanda kuko ari igihugu gifite ubukungu budahungabana mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, gifite politiki ihamye, ibikorwa remezo byiza, guhanga udushya ndetse n’ikoranabuhanga ririmo gutera imbere kandi bigakorwa n’urubyiruko.

Ikigo cy’Urubyiruko rw’Abanyarwanda, Awesomity Lab, cyatangiye mu 2016, nicyo cyatsindiye isoko ryo gukora uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Volkswagen, buzifashisha porogaramu ya telefoni na mudasobwa izajya ifasha umuntu kubona imodoka no kuyishyura harebwe ibilometero yagenze. Bikazatangirira mu modoka 150.

2018-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017
Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy
Mu Rwanda

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5

Ubwanditsi 05 May 2019
Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27
Amakuru

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Ubwanditsi 31 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru