• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis   |   25 Jan 2021

  • Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.   |   25 Jan 2021

  • Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.   |   25 Jan 2021

  • Col Rutiganda Jean Damascene wa FDLR akaba yari Burugumesitiri wa Murama mu gihe cya Jenoside yapfuye azize indwara   |   24 Jan 2021

  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Editorial 29 Oct 2019 IKORANABUHANGA

Perezida Paul Kagame yageze i Doha mu gihugu cya Qatar, aho ari mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazitabira inama ku ikoranabuhanga mu mijyi, izatangira kuri uyu wa Kabiri.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yageze muri Qatar kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ukwakira 2019, aho azitabira iyi nama izwi nka “Qatar IT Conference and Exhibition, QITCOM 2019.

Iyi nama yahujwe n’imurikagurisha ku ikoranabuhanga rigezweho, yateguwe na Minisiteri yo gutwara abantu n’Itumanaho bitanzweho umurongo n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ari nawe uzayifungura.

Yahawe insanganyamatsiko ya “Safe Smart Cities”, ikazitabirwa n’abayobozi baturutse mu bihugu 30 kuva kuri uyu wa 29 Ukwakira kugeza ku wa 1 Ugushyingo 2019, mu nzu mberabyombi ya Qatar National Convention Center (QNCC).

QITCOM 2019 izitabirwa n’abasaga 300 bazaba bamurika ibyo bakora mu rwego rw’ikoranabuhaga, ba rwiyemezamirimo bato basaga 100 n’abagera kuri 300 bamaze guhanga ibishya. Hazaba kandi hari abarimu, abashakashatsi mu by’inganda n’abandi, hagamijwe gusangira ubumenyi ku ikoranabuhanga rigezweho.

Bazaba baganira ndetse batekerereza hamwe ibisubizo ku mbogamizi imijyi irimo guhura nazo muri iyi minsi, binyuze mu guhanga udushya n’ikoranabuhanga rigezweho ari naryo rizaba ryubakiyeho ibikorwa byinshi mu minsi iri imbere.

Bimwe mu bigo byo mu Rwanda byitabiriye iryo murikagurisha birimo AC Group, Ampersand, BSC, Irembo, Pascal Technology, QT Software n’ikigo Wastezon. Ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rwitabiriye QITCOM.

Ingingo yo kuganira ku iterambere ry’ikoranabuhanga mu mijyi iziye igihe kuko imibare ya World Economic Forum igaragaza ko nibura abatuirage 65% bazaba batuye mu mijyi bitarenze umwaka wa 2040.

Ni mu gihe gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda igamije kwihutisha iterambere yatangiye mu 2017, iteganya ko nibura kugeza mu mwaka wa 2024 Abanyarwanda 35% bazaba batuye mu mijyi, bavuye kuri 18.4 babarurwaga mu myaka ibiri ishize.

Mu Rwanda kandi gahunda yo guteza imbere imijyi ikomeje kwihuta, kuko itera imbere ku kigero ya 6% ku mwaka ugereranije n’ahandi muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ho igenda kuri 4% na 2% ku rwego rw’Isi.

U Rwanda ruri ku ruhembe rwa gahunda nyafurika izwi nka Smart Cities, igamije gushishikariza za guverinoma zo kuri uyu mugabane kwinjiza ikoranabuhanga mu igenamigambi ry’imijyi.

Kugeza ubu u Rwanda rumaze kwimakaza ikoranabuhanga muri serivisi zinyuranye nka camera zikoreshwa mu gucunga umutekano rusange, amakarita akoreshwa mu gutega imodoka azwi nka Tap &Go, urubuga Irembo rubonekaho serivisi zose za Leta n’uburyo bwa e-recruitment bufasha mu guhatanira akazi mu myanya ya leta.

Perezida Kagame aheruka guhurira na Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo bari bitabiriye inama ya 74 y’Umuryango w’Abibumbye.

Emir Al Thani anaheruka kugirira uruzinduko mu Rwanda rwamaze iminsi itatu uhereye ku wa 21 Mata 2019. Ubwo yari muri iki gihugu hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu ngeri enye zirimo imikoranire mu rwego rw’umuco, muri siporo, mu bukerarugendo n’ibikorwa by’ubucuruzi ndetse n’ingendo zo mu kirere.

Uyu muyobozi ari kumwe na Perezida Kagame kandi basuye Pariki y’Igihugu y’Akagera ubu irimo inyamaswa eshanu zikomeye kurusha izindi ari zo Intare, Inzovu, Ingwe, Inkura n’Imbogo.

Yaje mu Rwanda nyuma y’uko na Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Qatar rwabaye mu mpera za 2018.

Qatar ni igihugu gifitanye umubano mwiza n’u Rwanda ndetse mu minsi ishize giherutse gutangaza ko cyifuza gufasha u Rwanda mu mushinga wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Muri Werurwe, itsinda ry’intumwa za Qatar, riyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sheikh Mohamed bin Abdulrahman Al Thani, bagiranye ibiganiro na Leta y’u Rwanda birimo gutera inkunga umushinga wo kwihutisha kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera.

Usibye uyu mushinga, Qatar ifitanye imikoranire n’u Rwanda ishingiye ku yandi masezerano yagiye asinywa. Muri Gicurasi 2015 ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye mu birebana no kurwanya ibiyobyabwenge.

Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro ku kibuga cy’indege muri Qatar

Perezida Kagame agera muri Qatar

Perezida Kagame yageze muri Qatar mu masaha make mbere y’inama izatangira kuri uyu wa Kabiri

Umujyi wa Doha niwo ugiye kwakira iyi nama ku iterambere ry’ikoranabuhanga mu mijyi

2019-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Editorial 09 Feb 2018
‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

Editorial 06 Jan 2018
U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

Editorial 13 Mar 2018
Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Editorial 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru