• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Ubwanditsi 06 Feb 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo k’Igihugu gishinzwe ubushakashatsi no guteza imbere Inganda (NIRDA) kuri uyu wa mbere cyatangaje  cyatangije gahunda y’iminsi 2 yo kongerera ubumenyi mu ikoranabuhanga ku bakora ibikomoka ku mpu, mu rwego rwo kugirango kugira ngo barusheho gukora ubushoramari bunoze, batabangamira  ibidukikije, bakazikora badahenzwe kandi babona inyungu byose bigamije kubafasha guhangana ku masoko.

Umuyobozi mukuru wa NIRDA Kampeta Sayinzoga, avuga ko intego nyamukuru yatumye bahuza iyo bizinesi, ari iyo kugira ngo habeho gusaranganya ubumenyi mu ikoranabuhanga ryerekeranye no gutunganya impu n’ibindi bizikomokaho.

Sayinzoga akomeza avuga ko kongera umusaruro w’impu bigomba gukorwa kandi neza bitangiza ibidukikije, bigakorwa mu buryo bishobora guhangana n’ibindi bikomoka ku masoko yo hanze.

Avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu guteza imbere ibijyanye n’umusaruro ukomoka ku nyama z’inka, ihene n’intama mu myaka 7 iri imbere, hakaba hari gahunda yo kugira ngo hongerwe inyama z’ubwoko butandukanye kandi ibyo bigendane no kongera umusaruro w’izo mpu nk’uko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) na RAB bibifite mu nshingano.

Sayinzoga akomeza avuga ko kongera umusaruro w’impu bigomba gukorwa kandi neza bitangiza ibidukikije, bigakorwa mu buryo bishobora guhangana n’ibindi bikomoka ku masoko yo hanze.

Nk’uko Kampeta abitangaza, hari ikizere cy’uko umusaruro w’inyama uziyongera cyane mu bihe biri imbere kuko hari uruganda rutunganya inyama rwa Minisiteri y’Ingabo ruherereye i Gako mu Bugesera kandi iyo Ministeri na Guverinoma byashoyemo amafaranga atari make.

Avuga ko kuzamura umusaruro w’impu iyo bitakozwe neza bishobora kugira ingaruka ku bidukikije, ku baturage begereye aho hantu kandi bikagira n’ingaruka ku muntu ukora iyo bizinesi

Ati: “Icyo gihe amafaranga wagombye kubona muri bizinesi yawe iyo utabikoze neza nta bwo uyabona nk’uko bikwiye. Uyu munsi tugomba gufatanya ibintu 2, mbere na mbere tugomba kureba ukuntu tutanduza ibidukikije, icya kabiri ni uburyo twarinda ibidukikije ku buryo bituma namwe mubonamo inyungu irushijeho”.

Avuga ko mbere hari abibwiraga ko kurinda ibidukikije bihenze ariko bishobora kurindwa kandi bigufashije gukora bizinesi yawe, icyo dushaka ni uko mukora bizinesi zigatanga umusaruro mwiza kandi mudahenzwe kandi mukabonamo inyungu nyinshi.

Agira ati: “Leta yatumije inararibonye zitandukanye mu kubyaza umusaruro ibikomoka ku matungo (inyama, impu) kugira ngo abakora iyo bizinesi bamenyane, bagaragaze imbogamizi n’ahakiri ikibazo mu kubibyaza umusaruro kugira ngo hagaragare ahashakirwa ibisubizo mu kubafasha”.

Sayinzoga avuga ko mu bushakashatsi bwakozwe mu 2017 bwagaragaje ko mu Rwanda hari miliyoni 2 z’inka na miliyoni 2 z’ihene, bugaragaza ko nibura buri mwaka mu Rwanda hakagombye gutunganywa impu zigeze ku 100 000.

Yakomeje avuga kokugeza ubu bafite  ,ariko bakwiye kuba bafite ubushobozi nibura nk’igihugu bwo gutunganya impu 100 000 ku mwaka. Ati” Kuba tutazigeraho rero ni ukuvuga ngo haracyabura ubufatanye ngo tubigereho, hari uruhare rwa Leta n’uruhare rw’abashoramari kuko tudakoranye bitashoboka”.

Kampeta avuga ko inshingano za NIRDA ari izo gufasha abo bashoramari kugira ngo intego zabo zigerweho, ibongerera ubumenyi bugezweho n’ubundi bufasha bunyuranye. Yasabye abitabiriye gusaranganya ubumenyi bafite kuko ari byo bizatuma hagabanuka ibiciro bihanitse mu gutunganya impu, hakagabanuka ibyangiza zikoresha. Ashima MINICOM , REMA, MINAGRI  zabashije guhuriza hamwe abakora iyo bizinesi.

Uhagarariye ihuriro ry’abatunganya ibikomoka ku matungo mu Rwanda Mukashyaka Germaine, atangaza ko iryo huriro rigizwe n’abakora ibikomoka ku mpu, abacuruza impu bazitwara hanze, abakusanya impu mu Rwanda n’amakaniro.

Aya mahugurwa mu bijyanye n’imitunganyirize y’ibikomoka ku matungo yitabiriwe n’abasaga 30 baturutse mu Rwanda hose bahagarariye abandi kandi bafite aho bahurira n’ibikomoka ku mpu haba mu bucuruzi cya kuzibyaza umusaruro.

Avuga ko ibibazo bakunze guhura nabyo ari ukuba mu Rwanda nta nganda zihari zitunganya impu kugeza zirangiye, kuba nta bikoresho biri mu Rwanda abakora ibikomoka ku mpu bifashisha bikagomba kuva hanze.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali
Mu Rwanda

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut
Amakuru

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ubwanditsi 25 Apr 2024
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021
Amakuru

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Ubwanditsi 20 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru