• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

Ubwanditsi 02 Aug 2018 IKORANABUHANGA

Ababyeyi n’abakiri bato baburiwe kwirinda umukino mushya wadutse kuri WhatsApp, uzwi nka ‘Momo’ kuko ukomeje gutuma abiganjemo ingimbi n’abangavu biyahura.

Uyu mukino mushya wibasira cyane abakiri bato, utera ubwoba abawukina iyo baramutse banze gukurikiza amabwiriza yawo kandi abemeye kuwuyoboka ukabategeka kwikorera ibikorwa bibi kugeza biyahuye.

Abawukina babanza gusabwa kohereza ubutumwa kuri nimero batazi nyuma bagasubizwa amashusho ateye ubwoba aherekejwe n’ubutumwa bukanganye.

Kuri ubu birakekwa ko ari wo waba waratumye umwana w’imyaka 12 wo muri Argentina, yiyahura ukaba ugereranywa na Blue Whale Challenge watumye abarenga 100 mu Burusiya biyahura umwaka ushize.

Kugeza kuri ubu inzego z’umutekano zo muri Argentine ziracyashakisha umuntu waba warashishikarije uriya mukobwa kwiyahura, kuko bigaragara ko mu kwiyahura kwe haba hari umuntu wabimushishikarije, bityo hakaba harimo hashakishwa umusore w’imyaka 18 bivugwa ko yakunze kugirana ibiganiro n’uyu mukobwa biciye kuri WhatsApp.

Uyu mukino ugereranywa na ‘Blue Whale’, aho abawukina bahabwa ibyo bakora birimo kwibabaza, kureba filime ziteye ubwoba, ndetse no kubyuka mu masaha adasanzwe. Iyi mikoro ngo ikomeza guhabwa ukina uyu mukino kugera ku munsi wa 50 aho asabwa kwiyahura.

Ingaruka z’iyi mikino idasanzwe ku bakiri bato, ni uko abanyabyaha bawifashisha mu kwiba amakuru y’ibanga ku muntu, gushishikariza abantu kwiyahura, kwishora mu bikorwa by’ihohoterwa, iterabwoba, guteza abantu umujajagararo wo ku mubiriri no mu mutwe, bagahorana impungenge, agahinda no kudasinzira.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga kandi bagiriwe inama yo kwirinda kwandikirana n’abantu batazi ndetse no kwirinda kujya mu kwandikirana ubutumwa budashira.

Uyu mukino wa Momo uravugwa mu bihugu bitandukanye birimo; u Bufaransa, u Budage, Argentine na Leta zunze Ubumwe za Amerika, ukaba uniganje cyane mu bihugu bya Amerika y’Amajyepfo.

Ntiharamenyekana neza inkomoko yawo. Amashusho akoreshwa nk’aranga uyu mukino ni ayakuwe kuri Instagram y’umunyabugeni wo mu Buyapani udafite aho ahuriye nawo.

2018-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

2 Ibitekerezo

  1. niyogihozo
    August 7, 20183:26 pm -

    Akumiro ni amavunja, igitangaza ni ubuheri.Ngo iki? Umuntu se agapfa kwiyahura ngo ni uko undi muntu abimusabye atanamuzi? Ibyo ku bwanjye simbyumva.

    Subiza
    • Ugirayezu
      August 14, 20181:51 pm -

      Ibyobyo nanjye sinabyemera, ubusanzwe n’ubundi uwo muntu aba yisanganiwe ikibazocye.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga  ko bamutora
IMIKINO

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga ko bamutora

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU
POLITIKI

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.
Amakuru

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Ubwanditsi 01 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru