• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

Ubwanditsi 07 Aug 2018 IKORANABUHANGA

I&M bank, imwe muri banki z’ubucuruzi zikorera mu Rwanda ikomeje gahunda yayo yo kwimakaza ikoranabuhanga, aho kuri ubu yahisemo kwegereza abakiliya bayo n’abandi bose bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga riri kubera mu Rwanda, serivisi zayo zituma batandukana burundu no kugendana amafaranga.

Expo ya 2018 iri kubera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali kuva tariki ya 26 Nyakanga ikazasozwa ku wa 15 Kanama 2018. Yitabiriwe n’abantu b’ingeri zose baba abacuruzi baje kumurika ndetse n’ababa baje kwihahira.

Muri iri iyi Expo, I&M Bank iri gutanga serivisi zirimo kubikuza, kubitsa, kohereza amafaranga, gufungura konti n’izindi zose iyi banki isanzwe itanga.

By’umwihariko iyi banki ikomeje kumurikira abayigana serivisi zayo z’ikoranabuhanga zibarinda kugendana amafaranga mu ntoki, nk’amakarita atandukanye arimo Visa card ushobora gukoresha ugura ibicuruzwa bitandukanye haba ku bacuruzi basanzwe no kuri internet, cyangwa ukaba wakwishyura serivisi runaka.

I&M Bank kandi inafite serivisi yo guhuza konti yawe ya banki na Mobile Money, ku buryo woroherwa no gukura amafaranga hamwe uyashyira ahandi ndetse ukaba ushobora kuyabikuza cyangwa kuyakoresha mu bundi buryo.

Iyi banki kandi iri no kugeza ku bakiliya bayo uburyo buzwi nka ‘E-Banking’, butuma babasha kugenzura ibikorerwa kuri konti zabo aho baba bari hose ku Isi bifashishije Internet.

Abadafite konti muri I&M Bank kandi nabo ntibibagiranye, kuko bakomeje gusobanurirwa no kugezwaho ikoranabuhanga ryitwa ‘SPENN’ rifasha abantu guhererekanya amafaranga no guhaha, bifashishije telefone zigezweho (smartphone) nta mafaranga bakaswe.

Gukoresha iri koranabuhanga si ngombwa ko umuntu abanza gufunguza konti muri I&M Bank, bisaba kuba ufite Internet, ukajya kuri Play Store ukamanura porogaramu ya ‘SPENN’ ukayishyira muri telefone yawe ubundi ukiyandikisha wifashishije umwirondoro uri ku ndangamuntu na nimero ya telefone. Nyuma yo kwiyandikisha ushobora no gutumira abandi.

I&M Bank yashinzwe mu 1963 yitwa Banque Commerciale du Rwanda (BCR), icyo gihe yari iya Leta y’u Rwanda. Mu 2012 yahinduye izina ihabwa iryo ikoresha kugeza ubu, ni nyuma y’uko ishyirahamwe Actis Capital ryari ryaguzemo imigabane ingana na 80% mu 2004 riyigurishije n’ibigo birimo I&M Bank Group yo muri Kenya.

Muri Gashyantare 2017 Leta y’u Rwanda nayo yashyize ku isoko imigabane ihwanye na 19.81% yari ifite muri iyi banki.

I&M bank ikomeje kwimakaza ikoranabuhanga ari nako irushaho gutera imbere, kugeza ku wa 31 Werurwe 2018 ikaba yari ifite umutungo mbumbe wa miliyari 286Frw.

Abakozi ba I&M Bank bafasha abayigana gusobanukirwa n’ikoranabuhanga rya SPENN ridasaba kuba ufite konti muri banki

I&M Bank iri gutanga serivisi zose zisanzwe zitangirwa mu mashami yayo

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zayo z’ikoranabuhanga igamije gutuma umuco wo guhererekanya amafaranga mu ntoki ucika

I&M Bank iri no gusobanurira abantu ubwoko butandukanye bw’amakarita ya Visa abarinda kugendana amafaranga mu mufuka

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019
Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Ubwanditsi 11 Apr 2018
MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Ubwanditsi 19 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi
ITOHOZA

Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 May 2018
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Meddy yinjiye mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards, aho ahanganye n’abakomeye
IMIKINO

Meddy yinjiye mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards, aho ahanganye n’abakomeye

Ubwanditsi 03 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru