• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

Ubwanditsi 07 Aug 2018 IKORANABUHANGA

I&M bank, imwe muri banki z’ubucuruzi zikorera mu Rwanda ikomeje gahunda yayo yo kwimakaza ikoranabuhanga, aho kuri ubu yahisemo kwegereza abakiliya bayo n’abandi bose bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga riri kubera mu Rwanda, serivisi zayo zituma batandukana burundu no kugendana amafaranga.

Expo ya 2018 iri kubera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali kuva tariki ya 26 Nyakanga ikazasozwa ku wa 15 Kanama 2018. Yitabiriwe n’abantu b’ingeri zose baba abacuruzi baje kumurika ndetse n’ababa baje kwihahira.

Muri iri iyi Expo, I&M Bank iri gutanga serivisi zirimo kubikuza, kubitsa, kohereza amafaranga, gufungura konti n’izindi zose iyi banki isanzwe itanga.

By’umwihariko iyi banki ikomeje kumurikira abayigana serivisi zayo z’ikoranabuhanga zibarinda kugendana amafaranga mu ntoki, nk’amakarita atandukanye arimo Visa card ushobora gukoresha ugura ibicuruzwa bitandukanye haba ku bacuruzi basanzwe no kuri internet, cyangwa ukaba wakwishyura serivisi runaka.

I&M Bank kandi inafite serivisi yo guhuza konti yawe ya banki na Mobile Money, ku buryo woroherwa no gukura amafaranga hamwe uyashyira ahandi ndetse ukaba ushobora kuyabikuza cyangwa kuyakoresha mu bundi buryo.

Iyi banki kandi iri no kugeza ku bakiliya bayo uburyo buzwi nka ‘E-Banking’, butuma babasha kugenzura ibikorerwa kuri konti zabo aho baba bari hose ku Isi bifashishije Internet.

Abadafite konti muri I&M Bank kandi nabo ntibibagiranye, kuko bakomeje gusobanurirwa no kugezwaho ikoranabuhanga ryitwa ‘SPENN’ rifasha abantu guhererekanya amafaranga no guhaha, bifashishije telefone zigezweho (smartphone) nta mafaranga bakaswe.

Gukoresha iri koranabuhanga si ngombwa ko umuntu abanza gufunguza konti muri I&M Bank, bisaba kuba ufite Internet, ukajya kuri Play Store ukamanura porogaramu ya ‘SPENN’ ukayishyira muri telefone yawe ubundi ukiyandikisha wifashishije umwirondoro uri ku ndangamuntu na nimero ya telefone. Nyuma yo kwiyandikisha ushobora no gutumira abandi.

I&M Bank yashinzwe mu 1963 yitwa Banque Commerciale du Rwanda (BCR), icyo gihe yari iya Leta y’u Rwanda. Mu 2012 yahinduye izina ihabwa iryo ikoresha kugeza ubu, ni nyuma y’uko ishyirahamwe Actis Capital ryari ryaguzemo imigabane ingana na 80% mu 2004 riyigurishije n’ibigo birimo I&M Bank Group yo muri Kenya.

Muri Gashyantare 2017 Leta y’u Rwanda nayo yashyize ku isoko imigabane ihwanye na 19.81% yari ifite muri iyi banki.

I&M bank ikomeje kwimakaza ikoranabuhanga ari nako irushaho gutera imbere, kugeza ku wa 31 Werurwe 2018 ikaba yari ifite umutungo mbumbe wa miliyari 286Frw.

Abakozi ba I&M Bank bafasha abayigana gusobanukirwa n’ikoranabuhanga rya SPENN ridasaba kuba ufite konti muri banki

I&M Bank iri gutanga serivisi zose zisanzwe zitangirwa mu mashami yayo

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zayo z’ikoranabuhanga igamije gutuma umuco wo guhererekanya amafaranga mu ntoki ucika

I&M Bank iri no gusobanurira abantu ubwoko butandukanye bw’amakarita ya Visa abarinda kugendana amafaranga mu mufuka

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024
Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 03 Aug 2019
Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ubwanditsi 12 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora
Mu Rwanda

Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”
Amakuru

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne
IMIKINO

Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne

Ubwanditsi 29 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru