• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
Umuyobozi wa ESRI Rwanda, Kaspar Kundert

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017 IKORANABUHANGA

Mu gihe kitageze ku myaka icumi, u Rwanda rwateye imbere cyane mu guhindura umujyi wa Kigali icyitegererezo, kubarura ubutaka, kubarura abaturage, kubaka imihanda, gukwirakwiza no gucunga amazi n’umuriro w’amashanyarazi.

Ibi byose benshi babibona bibaza impamvu bikorwa ku murongo, buri gikorwa kigashyirwa aho cyagenewe kandi ntikibangamire ikindi nk’uko byakunze kugenda mbere aho wasangaga kugira ngo bubake umuhanda babanza kurandura insinga z’amashanyarazi.

Ni umusaruro w’Ikoranabuhanga ryifashishije Ubumenyi bw’Isi, Geographic Information System (GIS). Ikigo ESRI, gifatwa nk’igifite ubwoko bw’iryo koranabuhanga bukomeye kurusha ubundi ku isi ni cyo kiritanga mu bigo bya Leta y’u Rwanda.

Byatangiye mu 2006 ESRI itanga amasomo ajyanye n’iryo koranabuhanga, itangira kurigurisha mu 2010, ari nabwo yafunguye ishami mu gihugu.

Kuva icyo gihe GIS ifite uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo 2020 kuko imishinga myinshi yo muri iyo gahunda iyikenera.

GIS ikora ite?

Ni ikoranabuhanga rishingiye ku kuranga ahantu birenze kure uko amakarita asanzwe aherekana, ryerekana amakuru yose ashoboka y’ahantu runaka, kuva ku mbibi za buri mudugudu kugeza ku mubare w’inyubako ‘zose’ ziri mu mijyi y’u Rwanda.

GIS kandi ikoreshwa mu gukusanya amakuru no kuyashyira mu bishushanyo ndangamibare byorohereza uyashaka kuyabona.

Umuyobozi Ushinzwe Ishami rya GIS mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, Florent Bigirimana, yabwiye IGIHE ko iri koranabuhanga mu Rwanda rigizwe n’urusobe rwa porogaramu zitandukanye zirimo izikoreshwa kuri mudasobwa n’izo kuri telefoni zigezweho.

Igizwe na ‘Collector’ ikorana na telefoni zigezweho cyangwa tablets, ku buryo ugiye gukora ibarura hanze mu baturage ayikoresha apima ubuso bw’umurima cyangwa ibindi bipimo akeneye akabasha no kubikosora.

Hari kandi ‘Survey 123’ nayo ikorana na telefoni igafasha mu kubaza ibibazo by’ibarura. Yatumye ababarura batakigendana umuba w’impapuro ngo rimwe na rimwe zibanyagirirweho.

Naho ‘ArcGIS’ ni porogaramu ya mudasobwa iyoboye izi zavuzwe hejuru ifasha mu kwinjiza amakuru adatunganyije yavanwe hanze, akabyazwamo andi yizewe arimo amakarita, n’ibindi bishushanyo ndangamibare cyangwa ndangahantu bigaragara neza.

Uko GIS yafashije u Rwanda mu iterambere

Bigirimana avuga ko ubu badashobora kwibeshya mu gutara amakuru kubera GIS. Mu gihe mu ibarura byatwaraga amezi agera kuri ane kugira ngo iki kigo gikusanye amakuru yavuye mu ibarura ubu bikorwa mu munsi umwe.

Ati “Niba ibarura ari iryadutwaraga imyaka itatu ubu amezi atandatu gusa cyangwa umwaka uba uhagije ngo rikorwe. Ubu umuntu ajya mu bushakashatsi nk’i Nyamasheke agafata amakuru akoresheje telefoni akabitwohereza mu biro atiriwe agaruka i Kigali.

Abanyeshuri barusha abandi mu mashuri yisumbuye bahabwa amahirwe yo kwiga GIS muri Kaminuza

Umuyobozi wa ESRI Rwanda, Kaspar Kundert avuga ko iri koranabuhanga ari ryo ryashyize mu bikorwa ibarura ry’ubutaka, rigatuma kuri ubu nta na metero kare yabwo itabaruwe mu gihugu.

Ati “Nk’Ikigo cy’Igihugu cy’Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka, RLMUA, ni abakiriya bacu, baradukoresheje ubutaka bwose bubarurwa vuba, ikoranabuhanga ryacu ryatumye igihugu gikata ibibanza n’amasambu bya buri muturage.”

Yasobanuye ko uretse gutanga za porogaramu za mudasobwa na telefoni, banahugura kandi bagafasha abakozi b’ibigo bya Leta mu kuzikoresha.

Kundert yavuze ko Ikigo cy’Igihugu cyo kubungabunga ibidukikije, REMA, cyakoresheje GIS mu kubarura ibishanga bikwiye kuvanwamo ibikorwa no gukora amakarita yabyo.

Ikigo gishinzwe Amazi n’Isukura, WASAC, gikoresha iri koranabuhanga mu kugabanya amazi asesagurwa, ku buryo kizi aho buri muntu ufite umugezi mu rugo aherereye n’aho imiyoboro y’amazi yose mu gihugu inyura.

EDCL na EUCL nabyo bikoresha GIS mu kumenya inzira z’imiyoboro z’amashanyarazi no kumenya aho buri muntu ufite ‘cashpower’ aherereye ku buryo nta wapfa kwiba amashanyarazi.

Minisitiri y’Ubuhinzi n’Ubworozi nayo iyikoresha mu kwereka abashoramari ahari imirima bashoramo imari mu bihingwa ngandurabukungu nk’icyayi cyangwa kawa.

GIS kandi yakoreshejwe mu gukora amakarita yahereweho hakorwa ibishushanyo mbonera by’umujyi ya Kigali n’indi itandatu iwunganira.

 

 

 

 

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020
Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Ubwanditsi 24 Apr 2018
‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

Ubwanditsi 06 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50
UBUKUNGU

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018
[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka
Mu Mahanga

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 13 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru