• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
Umuyobozi wa ESRI Rwanda, Kaspar Kundert

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017 IKORANABUHANGA

Mu gihe kitageze ku myaka icumi, u Rwanda rwateye imbere cyane mu guhindura umujyi wa Kigali icyitegererezo, kubarura ubutaka, kubarura abaturage, kubaka imihanda, gukwirakwiza no gucunga amazi n’umuriro w’amashanyarazi.

Ibi byose benshi babibona bibaza impamvu bikorwa ku murongo, buri gikorwa kigashyirwa aho cyagenewe kandi ntikibangamire ikindi nk’uko byakunze kugenda mbere aho wasangaga kugira ngo bubake umuhanda babanza kurandura insinga z’amashanyarazi.

Ni umusaruro w’Ikoranabuhanga ryifashishije Ubumenyi bw’Isi, Geographic Information System (GIS). Ikigo ESRI, gifatwa nk’igifite ubwoko bw’iryo koranabuhanga bukomeye kurusha ubundi ku isi ni cyo kiritanga mu bigo bya Leta y’u Rwanda.

Byatangiye mu 2006 ESRI itanga amasomo ajyanye n’iryo koranabuhanga, itangira kurigurisha mu 2010, ari nabwo yafunguye ishami mu gihugu.

Kuva icyo gihe GIS ifite uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo 2020 kuko imishinga myinshi yo muri iyo gahunda iyikenera.

GIS ikora ite?

Ni ikoranabuhanga rishingiye ku kuranga ahantu birenze kure uko amakarita asanzwe aherekana, ryerekana amakuru yose ashoboka y’ahantu runaka, kuva ku mbibi za buri mudugudu kugeza ku mubare w’inyubako ‘zose’ ziri mu mijyi y’u Rwanda.

GIS kandi ikoreshwa mu gukusanya amakuru no kuyashyira mu bishushanyo ndangamibare byorohereza uyashaka kuyabona.

Umuyobozi Ushinzwe Ishami rya GIS mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, Florent Bigirimana, yabwiye IGIHE ko iri koranabuhanga mu Rwanda rigizwe n’urusobe rwa porogaramu zitandukanye zirimo izikoreshwa kuri mudasobwa n’izo kuri telefoni zigezweho.

Igizwe na ‘Collector’ ikorana na telefoni zigezweho cyangwa tablets, ku buryo ugiye gukora ibarura hanze mu baturage ayikoresha apima ubuso bw’umurima cyangwa ibindi bipimo akeneye akabasha no kubikosora.

Hari kandi ‘Survey 123’ nayo ikorana na telefoni igafasha mu kubaza ibibazo by’ibarura. Yatumye ababarura batakigendana umuba w’impapuro ngo rimwe na rimwe zibanyagirirweho.

Naho ‘ArcGIS’ ni porogaramu ya mudasobwa iyoboye izi zavuzwe hejuru ifasha mu kwinjiza amakuru adatunganyije yavanwe hanze, akabyazwamo andi yizewe arimo amakarita, n’ibindi bishushanyo ndangamibare cyangwa ndangahantu bigaragara neza.

Uko GIS yafashije u Rwanda mu iterambere

Bigirimana avuga ko ubu badashobora kwibeshya mu gutara amakuru kubera GIS. Mu gihe mu ibarura byatwaraga amezi agera kuri ane kugira ngo iki kigo gikusanye amakuru yavuye mu ibarura ubu bikorwa mu munsi umwe.

Ati “Niba ibarura ari iryadutwaraga imyaka itatu ubu amezi atandatu gusa cyangwa umwaka uba uhagije ngo rikorwe. Ubu umuntu ajya mu bushakashatsi nk’i Nyamasheke agafata amakuru akoresheje telefoni akabitwohereza mu biro atiriwe agaruka i Kigali.

Abanyeshuri barusha abandi mu mashuri yisumbuye bahabwa amahirwe yo kwiga GIS muri Kaminuza

Umuyobozi wa ESRI Rwanda, Kaspar Kundert avuga ko iri koranabuhanga ari ryo ryashyize mu bikorwa ibarura ry’ubutaka, rigatuma kuri ubu nta na metero kare yabwo itabaruwe mu gihugu.

Ati “Nk’Ikigo cy’Igihugu cy’Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka, RLMUA, ni abakiriya bacu, baradukoresheje ubutaka bwose bubarurwa vuba, ikoranabuhanga ryacu ryatumye igihugu gikata ibibanza n’amasambu bya buri muturage.”

Yasobanuye ko uretse gutanga za porogaramu za mudasobwa na telefoni, banahugura kandi bagafasha abakozi b’ibigo bya Leta mu kuzikoresha.

Kundert yavuze ko Ikigo cy’Igihugu cyo kubungabunga ibidukikije, REMA, cyakoresheje GIS mu kubarura ibishanga bikwiye kuvanwamo ibikorwa no gukora amakarita yabyo.

Ikigo gishinzwe Amazi n’Isukura, WASAC, gikoresha iri koranabuhanga mu kugabanya amazi asesagurwa, ku buryo kizi aho buri muntu ufite umugezi mu rugo aherereye n’aho imiyoboro y’amazi yose mu gihugu inyura.

EDCL na EUCL nabyo bikoresha GIS mu kumenya inzira z’imiyoboro z’amashanyarazi no kumenya aho buri muntu ufite ‘cashpower’ aherereye ku buryo nta wapfa kwiba amashanyarazi.

Minisitiri y’Ubuhinzi n’Ubworozi nayo iyikoresha mu kwereka abashoramari ahari imirima bashoramo imari mu bihingwa ngandurabukungu nk’icyayi cyangwa kawa.

GIS kandi yakoreshejwe mu gukora amakarita yahereweho hakorwa ibishushanyo mbonera by’umujyi ya Kigali n’indi itandatu iwunganira.

 

 

 

 

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019
I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa
ITOHOZA

Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.
POLITIKI

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Burundi – Uganda: Mafia  no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange
ITOHOZA

Burundi – Uganda: Mafia no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru