• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
Umuyobozi wa ESRI Rwanda, Kaspar Kundert

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017 IKORANABUHANGA

Mu gihe kitageze ku myaka icumi, u Rwanda rwateye imbere cyane mu guhindura umujyi wa Kigali icyitegererezo, kubarura ubutaka, kubarura abaturage, kubaka imihanda, gukwirakwiza no gucunga amazi n’umuriro w’amashanyarazi.

Ibi byose benshi babibona bibaza impamvu bikorwa ku murongo, buri gikorwa kigashyirwa aho cyagenewe kandi ntikibangamire ikindi nk’uko byakunze kugenda mbere aho wasangaga kugira ngo bubake umuhanda babanza kurandura insinga z’amashanyarazi.

Ni umusaruro w’Ikoranabuhanga ryifashishije Ubumenyi bw’Isi, Geographic Information System (GIS). Ikigo ESRI, gifatwa nk’igifite ubwoko bw’iryo koranabuhanga bukomeye kurusha ubundi ku isi ni cyo kiritanga mu bigo bya Leta y’u Rwanda.

Byatangiye mu 2006 ESRI itanga amasomo ajyanye n’iryo koranabuhanga, itangira kurigurisha mu 2010, ari nabwo yafunguye ishami mu gihugu.

Kuva icyo gihe GIS ifite uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo 2020 kuko imishinga myinshi yo muri iyo gahunda iyikenera.

GIS ikora ite?

Ni ikoranabuhanga rishingiye ku kuranga ahantu birenze kure uko amakarita asanzwe aherekana, ryerekana amakuru yose ashoboka y’ahantu runaka, kuva ku mbibi za buri mudugudu kugeza ku mubare w’inyubako ‘zose’ ziri mu mijyi y’u Rwanda.

GIS kandi ikoreshwa mu gukusanya amakuru no kuyashyira mu bishushanyo ndangamibare byorohereza uyashaka kuyabona.

Umuyobozi Ushinzwe Ishami rya GIS mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, Florent Bigirimana, yabwiye IGIHE ko iri koranabuhanga mu Rwanda rigizwe n’urusobe rwa porogaramu zitandukanye zirimo izikoreshwa kuri mudasobwa n’izo kuri telefoni zigezweho.

Igizwe na ‘Collector’ ikorana na telefoni zigezweho cyangwa tablets, ku buryo ugiye gukora ibarura hanze mu baturage ayikoresha apima ubuso bw’umurima cyangwa ibindi bipimo akeneye akabasha no kubikosora.

Hari kandi ‘Survey 123’ nayo ikorana na telefoni igafasha mu kubaza ibibazo by’ibarura. Yatumye ababarura batakigendana umuba w’impapuro ngo rimwe na rimwe zibanyagirirweho.

Naho ‘ArcGIS’ ni porogaramu ya mudasobwa iyoboye izi zavuzwe hejuru ifasha mu kwinjiza amakuru adatunganyije yavanwe hanze, akabyazwamo andi yizewe arimo amakarita, n’ibindi bishushanyo ndangamibare cyangwa ndangahantu bigaragara neza.

Uko GIS yafashije u Rwanda mu iterambere

Bigirimana avuga ko ubu badashobora kwibeshya mu gutara amakuru kubera GIS. Mu gihe mu ibarura byatwaraga amezi agera kuri ane kugira ngo iki kigo gikusanye amakuru yavuye mu ibarura ubu bikorwa mu munsi umwe.

Ati “Niba ibarura ari iryadutwaraga imyaka itatu ubu amezi atandatu gusa cyangwa umwaka uba uhagije ngo rikorwe. Ubu umuntu ajya mu bushakashatsi nk’i Nyamasheke agafata amakuru akoresheje telefoni akabitwohereza mu biro atiriwe agaruka i Kigali.

Abanyeshuri barusha abandi mu mashuri yisumbuye bahabwa amahirwe yo kwiga GIS muri Kaminuza

Umuyobozi wa ESRI Rwanda, Kaspar Kundert avuga ko iri koranabuhanga ari ryo ryashyize mu bikorwa ibarura ry’ubutaka, rigatuma kuri ubu nta na metero kare yabwo itabaruwe mu gihugu.

Ati “Nk’Ikigo cy’Igihugu cy’Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka, RLMUA, ni abakiriya bacu, baradukoresheje ubutaka bwose bubarurwa vuba, ikoranabuhanga ryacu ryatumye igihugu gikata ibibanza n’amasambu bya buri muturage.”

Yasobanuye ko uretse gutanga za porogaramu za mudasobwa na telefoni, banahugura kandi bagafasha abakozi b’ibigo bya Leta mu kuzikoresha.

Kundert yavuze ko Ikigo cy’Igihugu cyo kubungabunga ibidukikije, REMA, cyakoresheje GIS mu kubarura ibishanga bikwiye kuvanwamo ibikorwa no gukora amakarita yabyo.

Ikigo gishinzwe Amazi n’Isukura, WASAC, gikoresha iri koranabuhanga mu kugabanya amazi asesagurwa, ku buryo kizi aho buri muntu ufite umugezi mu rugo aherereye n’aho imiyoboro y’amazi yose mu gihugu inyura.

EDCL na EUCL nabyo bikoresha GIS mu kumenya inzira z’imiyoboro z’amashanyarazi no kumenya aho buri muntu ufite ‘cashpower’ aherereye ku buryo nta wapfa kwiba amashanyarazi.

Minisitiri y’Ubuhinzi n’Ubworozi nayo iyikoresha mu kwereka abashoramari ahari imirima bashoramo imari mu bihingwa ngandurabukungu nk’icyayi cyangwa kawa.

GIS kandi yakoreshejwe mu gukora amakarita yahereweho hakorwa ibishushanyo mbonera by’umujyi ya Kigali n’indi itandatu iwunganira.

 

 

 

 

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Ubwanditsi 26 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria
ITOHOZA

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo
ITOHOZA

Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu
INKURU NYAMUKURU

Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu

Ubwanditsi 11 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru