• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Ubwanditsi 23 Jan 2018 IKORANABUHANGA

U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere y’indege zitagira abapilote (Drones), akaba ari intambwe izafasha mu gukomeza guhanga udushya no kwagura imikorere y’izo ndege.

Mu 2016 nibwo Leta y’u Rwanda ifatanyije n’ikigo gikora indege zifashishwa mu gutwara amaraso zitagira abapilote (Zipline) batangije uburyo bwa mbere ku Isi bwo kwifashisha indege nto zitagira abapilote mu gutwara amaraso n’ibindi bikenerwa mu buvuzi, zikabigeza mu bice bya kure aho ubundi buryo bw’ingendo bugoye.

Kuri ubu izi ndege mu Rwanda zimaze gukora ingendo zisaga ibihumbi bitatu.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Jean de Dieu Rurangirwa, yavuze ko u Rwanda ruzakomeza guteza imbere ikoranabuhanga, ruteza imbere ibijyanye na Drones.

Yagize ati “Tugendeye ku buryo bwo gutwara amaraso hifashishijwe drones, tugiye guteza imbere ibijyanye nazo. Tuzakomeza gushyiraho ibikorwa remezo n’ingamba mu guhangana n’umuvuduko w’ikoranabuhanga riri gutera imbere mu guhindura ubuzima bwa benshi.”

Gushyiraho amabwiriza agenga drones hashingiwe ku mikorere yazo, bizafasha abazigenzura n’abazikoresha gufatanya gukemura ibibazo bishobora kuvuka birimo nko kubungabunga umutekano w’abaturage.

Rurangirwa yakomeje agira ati “Kongera imbaraga mu migenzurire ya drones, twabifashijwemo n’Ikigo cy’Inama y’Isi y’Ubukungu (World Economic Forum Center) gishinzwe iby’Impinduramatwara ya kane mu bukungu. Ni intambwe ikomeye mu gushyiraho uburyo bwiza buzoroshya iterambere rya drones. Turi no gushyiraho gahunda zo kubaka ubushobozi mu bafite impano mu gihugu no gufatanya n’abikorera mu gushyiraho umusingi impinduramatwara ya Kane mu bukungu izubakiraho.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe impinduramatwara ya Kane, Murat Sonmez, yavuze ko intego yabo ari ugufasha ibihugu nk’u Rwanda bishyigikiye iterambere ry’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego yacu ni ugufasha Guverinoma nk’u Rwanda zifasha ubucuruzi, ba rwiyemezamirimo bato, abagize sosiyete sivile n’abakora ubushakashatsi guteza imbere ikoranabuhanga no kurikoresha mu nyungu z’abaturage.”

Murat yakomeje agira ati “U Rwanda nicyo gihugu cya mbere twafatanyije ku bijyanye na Drones. Kuba u Rwanda ruri ku isonga mu gushyiraho amabwiriza agenga drones, ni urugero ku bindi bihugu bishaka gukoresha ubu buryo.”

Izindi gahunda u Rwanda rushaka gushyira mu bikorwa mu bijyanye na drones harimo kuba igihugu cya mbere cya Afurika kizashyiraho uburyo bwo kugenzura drones mu kirere, Ikigo cy’Icyitegererezo mu bijyanye n’imyitozo y’ibya drones ndetse no gukoresha izo ndege mu kurwanya ba rushimusi muri pariki.

Umugereka w’amabwiriza ya Minisitiri yo ku wa 26 Mata 2016 arebana n’iby’indege za gisivili zitagira abapilote, ugaragaza amategeko agenga izi ndege zizakorera mu Rwanda zikazajya zikorera ibilo bitarenze 25 kandi zikaguruka mu kirere uziyoboye abasha kuzireba.

Biteganywa ko zizajya zifashishwa mu bikorwa birimo gufotora, gukurikirana ibihingwa mu murima, gushakisha cyangwa ubutabazi, ubwikorezi bwihuse, ubushakashatsi, uburezi no kwishimisha.

Ayo mabwiriza avuga ko izi ndege zitemerewe gukorera mu Rwanda mu gihe zitandikishijwe mu kigo gishinzwe iby’indege za gisivili kandi nyirayo agahabwa icyemezo gishingiye kuri aya mabwiriza nyuma yo kwishyura 110 000Frw.

Gukoresha drones mu kugeza amaraso kwa muganga bimaze gutangizwa mu bitaro 12 mu Rwanda birimo Kabgayi, Nyanza, Muhororo, Gitwe, Kirinda, Gakoma, Gikonko, Kaduha, Kabaya, Shyira, Ruhango na Ruli.Umwaka ushize u Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga gihabwa abantu cyangwa ibigo byabaye indashyikirwa mu guhanga udushya kizwi nka Index Awards kubera itangizwa rya drones mu gutwara amaraso.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2018
Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Ubwanditsi 15 May 2019
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahagarariye rutahizamu wa Borussia Dortmund Erling Haaland bagiranye ibiganiro na Real Madrid ndetse na FC Barcelona zagaragaje kwifuza uyu mukinnyi cyane
Amakuru

Abahagarariye rutahizamu wa Borussia Dortmund Erling Haaland bagiranye ibiganiro na Real Madrid ndetse na FC Barcelona zagaragaje kwifuza uyu mukinnyi cyane

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru
INKURU NYAMUKURU

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 Oct 2019
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru