• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Ubwanditsi 23 Jan 2018 IKORANABUHANGA

U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere y’indege zitagira abapilote (Drones), akaba ari intambwe izafasha mu gukomeza guhanga udushya no kwagura imikorere y’izo ndege.

Mu 2016 nibwo Leta y’u Rwanda ifatanyije n’ikigo gikora indege zifashishwa mu gutwara amaraso zitagira abapilote (Zipline) batangije uburyo bwa mbere ku Isi bwo kwifashisha indege nto zitagira abapilote mu gutwara amaraso n’ibindi bikenerwa mu buvuzi, zikabigeza mu bice bya kure aho ubundi buryo bw’ingendo bugoye.

Kuri ubu izi ndege mu Rwanda zimaze gukora ingendo zisaga ibihumbi bitatu.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Jean de Dieu Rurangirwa, yavuze ko u Rwanda ruzakomeza guteza imbere ikoranabuhanga, ruteza imbere ibijyanye na Drones.

Yagize ati “Tugendeye ku buryo bwo gutwara amaraso hifashishijwe drones, tugiye guteza imbere ibijyanye nazo. Tuzakomeza gushyiraho ibikorwa remezo n’ingamba mu guhangana n’umuvuduko w’ikoranabuhanga riri gutera imbere mu guhindura ubuzima bwa benshi.”

Gushyiraho amabwiriza agenga drones hashingiwe ku mikorere yazo, bizafasha abazigenzura n’abazikoresha gufatanya gukemura ibibazo bishobora kuvuka birimo nko kubungabunga umutekano w’abaturage.

Rurangirwa yakomeje agira ati “Kongera imbaraga mu migenzurire ya drones, twabifashijwemo n’Ikigo cy’Inama y’Isi y’Ubukungu (World Economic Forum Center) gishinzwe iby’Impinduramatwara ya kane mu bukungu. Ni intambwe ikomeye mu gushyiraho uburyo bwiza buzoroshya iterambere rya drones. Turi no gushyiraho gahunda zo kubaka ubushobozi mu bafite impano mu gihugu no gufatanya n’abikorera mu gushyiraho umusingi impinduramatwara ya Kane mu bukungu izubakiraho.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe impinduramatwara ya Kane, Murat Sonmez, yavuze ko intego yabo ari ugufasha ibihugu nk’u Rwanda bishyigikiye iterambere ry’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego yacu ni ugufasha Guverinoma nk’u Rwanda zifasha ubucuruzi, ba rwiyemezamirimo bato, abagize sosiyete sivile n’abakora ubushakashatsi guteza imbere ikoranabuhanga no kurikoresha mu nyungu z’abaturage.”

Murat yakomeje agira ati “U Rwanda nicyo gihugu cya mbere twafatanyije ku bijyanye na Drones. Kuba u Rwanda ruri ku isonga mu gushyiraho amabwiriza agenga drones, ni urugero ku bindi bihugu bishaka gukoresha ubu buryo.”

Izindi gahunda u Rwanda rushaka gushyira mu bikorwa mu bijyanye na drones harimo kuba igihugu cya mbere cya Afurika kizashyiraho uburyo bwo kugenzura drones mu kirere, Ikigo cy’Icyitegererezo mu bijyanye n’imyitozo y’ibya drones ndetse no gukoresha izo ndege mu kurwanya ba rushimusi muri pariki.

Umugereka w’amabwiriza ya Minisitiri yo ku wa 26 Mata 2016 arebana n’iby’indege za gisivili zitagira abapilote, ugaragaza amategeko agenga izi ndege zizakorera mu Rwanda zikazajya zikorera ibilo bitarenze 25 kandi zikaguruka mu kirere uziyoboye abasha kuzireba.

Biteganywa ko zizajya zifashishwa mu bikorwa birimo gufotora, gukurikirana ibihingwa mu murima, gushakisha cyangwa ubutabazi, ubwikorezi bwihuse, ubushakashatsi, uburezi no kwishimisha.

Ayo mabwiriza avuga ko izi ndege zitemerewe gukorera mu Rwanda mu gihe zitandikishijwe mu kigo gishinzwe iby’indege za gisivili kandi nyirayo agahabwa icyemezo gishingiye kuri aya mabwiriza nyuma yo kwishyura 110 000Frw.

Gukoresha drones mu kugeza amaraso kwa muganga bimaze gutangizwa mu bitaro 12 mu Rwanda birimo Kabgayi, Nyanza, Muhororo, Gitwe, Kirinda, Gakoma, Gikonko, Kaduha, Kabaya, Shyira, Ruhango na Ruli.Umwaka ushize u Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga gihabwa abantu cyangwa ibigo byabaye indashyikirwa mu guhanga udushya kizwi nka Index Awards kubera itangizwa rya drones mu gutwara amaraso.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018
U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Ubwanditsi 16 May 2018
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi
POLITIKI

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Igitaramo  cy’Imbaturamugabo  kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa  mu marembo ya Stade amahoro
Mu Rwanda

Igitaramo cy’Imbaturamugabo kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa mu marembo ya Stade amahoro

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”
Amakuru

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru