• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Ubwanditsi 23 Jan 2018 IKORANABUHANGA

U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere y’indege zitagira abapilote (Drones), akaba ari intambwe izafasha mu gukomeza guhanga udushya no kwagura imikorere y’izo ndege.

Mu 2016 nibwo Leta y’u Rwanda ifatanyije n’ikigo gikora indege zifashishwa mu gutwara amaraso zitagira abapilote (Zipline) batangije uburyo bwa mbere ku Isi bwo kwifashisha indege nto zitagira abapilote mu gutwara amaraso n’ibindi bikenerwa mu buvuzi, zikabigeza mu bice bya kure aho ubundi buryo bw’ingendo bugoye.

Kuri ubu izi ndege mu Rwanda zimaze gukora ingendo zisaga ibihumbi bitatu.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Jean de Dieu Rurangirwa, yavuze ko u Rwanda ruzakomeza guteza imbere ikoranabuhanga, ruteza imbere ibijyanye na Drones.

Yagize ati “Tugendeye ku buryo bwo gutwara amaraso hifashishijwe drones, tugiye guteza imbere ibijyanye nazo. Tuzakomeza gushyiraho ibikorwa remezo n’ingamba mu guhangana n’umuvuduko w’ikoranabuhanga riri gutera imbere mu guhindura ubuzima bwa benshi.”

Gushyiraho amabwiriza agenga drones hashingiwe ku mikorere yazo, bizafasha abazigenzura n’abazikoresha gufatanya gukemura ibibazo bishobora kuvuka birimo nko kubungabunga umutekano w’abaturage.

Rurangirwa yakomeje agira ati “Kongera imbaraga mu migenzurire ya drones, twabifashijwemo n’Ikigo cy’Inama y’Isi y’Ubukungu (World Economic Forum Center) gishinzwe iby’Impinduramatwara ya kane mu bukungu. Ni intambwe ikomeye mu gushyiraho uburyo bwiza buzoroshya iterambere rya drones. Turi no gushyiraho gahunda zo kubaka ubushobozi mu bafite impano mu gihugu no gufatanya n’abikorera mu gushyiraho umusingi impinduramatwara ya Kane mu bukungu izubakiraho.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe impinduramatwara ya Kane, Murat Sonmez, yavuze ko intego yabo ari ugufasha ibihugu nk’u Rwanda bishyigikiye iterambere ry’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego yacu ni ugufasha Guverinoma nk’u Rwanda zifasha ubucuruzi, ba rwiyemezamirimo bato, abagize sosiyete sivile n’abakora ubushakashatsi guteza imbere ikoranabuhanga no kurikoresha mu nyungu z’abaturage.”

Murat yakomeje agira ati “U Rwanda nicyo gihugu cya mbere twafatanyije ku bijyanye na Drones. Kuba u Rwanda ruri ku isonga mu gushyiraho amabwiriza agenga drones, ni urugero ku bindi bihugu bishaka gukoresha ubu buryo.”

Izindi gahunda u Rwanda rushaka gushyira mu bikorwa mu bijyanye na drones harimo kuba igihugu cya mbere cya Afurika kizashyiraho uburyo bwo kugenzura drones mu kirere, Ikigo cy’Icyitegererezo mu bijyanye n’imyitozo y’ibya drones ndetse no gukoresha izo ndege mu kurwanya ba rushimusi muri pariki.

Umugereka w’amabwiriza ya Minisitiri yo ku wa 26 Mata 2016 arebana n’iby’indege za gisivili zitagira abapilote, ugaragaza amategeko agenga izi ndege zizakorera mu Rwanda zikazajya zikorera ibilo bitarenze 25 kandi zikaguruka mu kirere uziyoboye abasha kuzireba.

Biteganywa ko zizajya zifashishwa mu bikorwa birimo gufotora, gukurikirana ibihingwa mu murima, gushakisha cyangwa ubutabazi, ubwikorezi bwihuse, ubushakashatsi, uburezi no kwishimisha.

Ayo mabwiriza avuga ko izi ndege zitemerewe gukorera mu Rwanda mu gihe zitandikishijwe mu kigo gishinzwe iby’indege za gisivili kandi nyirayo agahabwa icyemezo gishingiye kuri aya mabwiriza nyuma yo kwishyura 110 000Frw.

Gukoresha drones mu kugeza amaraso kwa muganga bimaze gutangizwa mu bitaro 12 mu Rwanda birimo Kabgayi, Nyanza, Muhororo, Gitwe, Kirinda, Gakoma, Gikonko, Kaduha, Kabaya, Shyira, Ruhango na Ruli.Umwaka ushize u Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga gihabwa abantu cyangwa ibigo byabaye indashyikirwa mu guhanga udushya kizwi nka Index Awards kubera itangizwa rya drones mu gutwara amaraso.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ubwanditsi 24 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?
ITOHOZA

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal
POLITIKI

Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52
Amakuru

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Ubwanditsi 17 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru