• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru
Ifoto y'urwibutso hagati y'intumwa z'u Rwanda niza Uganda mu nama yabereye i Kigali ku wa 16 Nzeli 2019

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki ya 16 Nzeli uyu mwaka, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe Umuryango w’Afurika y’iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda Sam Kutesa mu nama ya mbere irebera hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda hagati ya Uganda n’u Rwanda.  Abafasha gushyira mu bikorwa ayo masezerano bo muri Angola na Kongo-Kinshasa nabo bari bahari.

Mu ijambo rye, Minisitiri Nduhungirehe yibukije Minisitiri Kutesa n’abari bamuherekeje ko ari igihe cyo gusasa inzobe bakabwizanya ukuri abibutsa ko Abagande ari abavandimwe b’Abanyarwanda kandi ko basangiye amateka. Nyuma y’ijambo ku mpande zombie habaye ibiganiro birambuye buri ruhande ruvuga ibibazo rufite. U Rwanda rwatanze urutonde rw’abanyarwanda bafungiye muri Uganda, runibutsa Uganda ibikorwa bitandukanye abarwanya u Rwanda bakorera muri Uganda kandi inzego z’umutekano zibizi. Uganda yariye iminwa iti tuzabireba mu nama y’ubutaha.

Byaje gutungurana ubwo ikinyamakuru giterwa inkunga n’ibiro bishinzwe iperereza bya Uganda CMI aricyo gitangaje uyu munsi ko itariki yashyizweho. Umunyamabanga wa Leta Nduhungirehe yatangaje ko bibabaje kuba Leta y’u Rwanda ibyumvise mu itangazamakuru ikaba itaragishijwe inama mu gushyiraho iyo tariki.

Umuntu yakwibaza icyo bihatse cyangwa icyo Uganda ishaka niba ari agasuzuguro iba ishaka kwereka u Rwanda iyo ikoresha itangazamakuru mu gutanga ubutumwa bugenewe inzego z’igihugu. Ubusanzwe igihugu kimenyekanisha ikindi binyuze muri za Ambasade, cyangwa bigahita binyuzwa muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, indi nzira ya gatatu ikaba kohereza intumwa yizanira ubutumwa. Ibi Uganda ibirengaho ibizi kandi ibishaka.

Tariki ya 19 Werurwe 2019, ikinyamakuru The New Vision cyatangaje ibaruwa yari igenewe Perezida Kagame yanditswe na Perezida Museveni. Ni nyuma y’igitutu Museveni yariho amaze kwakira bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC harimo Charlotte Mukankusi, Tribert Rujugiro Ayabatwa, Eugene Gasana n’abandi. Usibye kubonana, Museveni yabahaye n’inzandiko z’inzira zagaragaye mu itangazamakuru.

Mu gukorwa n’isoni kubera izo nzandiko mu itangazamakuru, Museveni yanyujije ibaruwa ye mu itangazamakuru ndetse bayihimbira itariki ko imaze iminsi umunani yanditswe kandi yarageze muri Ambasade y’u Rwanda I Kampala nyuma yo gusohoka mu kinyamakuru cya Leta The New Vision. Usibye ikinamico ryo gutangaza iyo baruwa n’ibyari bikubiyemo wibaza niba byanditswe n’umukuru w’igihugu bigenewe undi mukuru w’iguhugu. Museveni yashakaga gutangaza ibyatangajwe na Mukankusi ngo abihe uburemere. Yongeyeho ko yahuye nabo bimutunguye, Bimutungura bwa mbere ahura n’umwe, bimutungura bwa kabiri ahura nundi bikomeza kumutungura ahura n’uwagatatu……

Mu myaka 25 ishize, Uganda yakunze kumva ko u Rwanda ari akarere kayo, bityo ikumva yafatira u Rwanda umwanzuro haba mu ruhando mpuzamahanga ndetse ikumva ko u Rwanda ruzajya ku murongo wa Uganda. Ibi nibyo Perezida Kagame yanze abwira Museveni ko u Rwanda ari igihugu cyigenga. Kuba Uganda idakoresha inzira zemewe mu gutangaza ubutumwa bugenewe u Rwanda ni agasuzuguro gakabije bigaragaza ko nanubu idafata u Rwanda nk’igihugu.

Perezida Museveni aherutse gutangariza BBC ko atavuga mu itangazamakuru ibyo yagakwiye kubwira Perezida Kagame; ibi abivuga iyo ashaka guhunga ibibazo nyamara ariryo akoresha mu gihe yagakwiye gukoresha inzego. Uganda inakoresha itangazamakuru mu guharabika u Rwanda.

2019-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018
Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2020
BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Ubwanditsi 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”
POLITIKI

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.
Amakuru

Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Ubwanditsi 14 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru