• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru
Ifoto y'urwibutso hagati y'intumwa z'u Rwanda niza Uganda mu nama yabereye i Kigali ku wa 16 Nzeli 2019

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki ya 16 Nzeli uyu mwaka, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe Umuryango w’Afurika y’iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda Sam Kutesa mu nama ya mbere irebera hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda hagati ya Uganda n’u Rwanda.  Abafasha gushyira mu bikorwa ayo masezerano bo muri Angola na Kongo-Kinshasa nabo bari bahari.

Mu ijambo rye, Minisitiri Nduhungirehe yibukije Minisitiri Kutesa n’abari bamuherekeje ko ari igihe cyo gusasa inzobe bakabwizanya ukuri abibutsa ko Abagande ari abavandimwe b’Abanyarwanda kandi ko basangiye amateka. Nyuma y’ijambo ku mpande zombie habaye ibiganiro birambuye buri ruhande ruvuga ibibazo rufite. U Rwanda rwatanze urutonde rw’abanyarwanda bafungiye muri Uganda, runibutsa Uganda ibikorwa bitandukanye abarwanya u Rwanda bakorera muri Uganda kandi inzego z’umutekano zibizi. Uganda yariye iminwa iti tuzabireba mu nama y’ubutaha.

Byaje gutungurana ubwo ikinyamakuru giterwa inkunga n’ibiro bishinzwe iperereza bya Uganda CMI aricyo gitangaje uyu munsi ko itariki yashyizweho. Umunyamabanga wa Leta Nduhungirehe yatangaje ko bibabaje kuba Leta y’u Rwanda ibyumvise mu itangazamakuru ikaba itaragishijwe inama mu gushyiraho iyo tariki.

Umuntu yakwibaza icyo bihatse cyangwa icyo Uganda ishaka niba ari agasuzuguro iba ishaka kwereka u Rwanda iyo ikoresha itangazamakuru mu gutanga ubutumwa bugenewe inzego z’igihugu. Ubusanzwe igihugu kimenyekanisha ikindi binyuze muri za Ambasade, cyangwa bigahita binyuzwa muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, indi nzira ya gatatu ikaba kohereza intumwa yizanira ubutumwa. Ibi Uganda ibirengaho ibizi kandi ibishaka.

Tariki ya 19 Werurwe 2019, ikinyamakuru The New Vision cyatangaje ibaruwa yari igenewe Perezida Kagame yanditswe na Perezida Museveni. Ni nyuma y’igitutu Museveni yariho amaze kwakira bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC harimo Charlotte Mukankusi, Tribert Rujugiro Ayabatwa, Eugene Gasana n’abandi. Usibye kubonana, Museveni yabahaye n’inzandiko z’inzira zagaragaye mu itangazamakuru.

Mu gukorwa n’isoni kubera izo nzandiko mu itangazamakuru, Museveni yanyujije ibaruwa ye mu itangazamakuru ndetse bayihimbira itariki ko imaze iminsi umunani yanditswe kandi yarageze muri Ambasade y’u Rwanda I Kampala nyuma yo gusohoka mu kinyamakuru cya Leta The New Vision. Usibye ikinamico ryo gutangaza iyo baruwa n’ibyari bikubiyemo wibaza niba byanditswe n’umukuru w’igihugu bigenewe undi mukuru w’iguhugu. Museveni yashakaga gutangaza ibyatangajwe na Mukankusi ngo abihe uburemere. Yongeyeho ko yahuye nabo bimutunguye, Bimutungura bwa mbere ahura n’umwe, bimutungura bwa kabiri ahura nundi bikomeza kumutungura ahura n’uwagatatu……

Mu myaka 25 ishize, Uganda yakunze kumva ko u Rwanda ari akarere kayo, bityo ikumva yafatira u Rwanda umwanzuro haba mu ruhando mpuzamahanga ndetse ikumva ko u Rwanda ruzajya ku murongo wa Uganda. Ibi nibyo Perezida Kagame yanze abwira Museveni ko u Rwanda ari igihugu cyigenga. Kuba Uganda idakoresha inzira zemewe mu gutangaza ubutumwa bugenewe u Rwanda ni agasuzuguro gakabije bigaragaza ko nanubu idafata u Rwanda nk’igihugu.

Perezida Museveni aherutse gutangariza BBC ko atavuga mu itangazamakuru ibyo yagakwiye kubwira Perezida Kagame; ibi abivuga iyo ashaka guhunga ibibazo nyamara ariryo akoresha mu gihe yagakwiye gukoresha inzego. Uganda inakoresha itangazamakuru mu guharabika u Rwanda.

2019-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019
N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Dec 2017
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 17 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Biracyekwa ko Urupfu rwa Padiri Evariste Nambaje rwaba rufitanye isano no kwiyamamaza kwa Nahimana
ITOHOZA

Biracyekwa ko Urupfu rwa Padiri Evariste Nambaje rwaba rufitanye isano no kwiyamamaza kwa Nahimana

Ubwanditsi 24 Nov 2016
RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)
HIRYA NO HINO

RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

Ubwanditsi 01 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru