• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Kagame yageze muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS” yatangiye kuwa 25 Nyakanga ikazasozwa kuwa 27 Nyakanga 2018.

Uyu muryango washinzwe mu 2009, ugizwe na Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo, bituwe na 40% by’abaturage bose b’Isi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byanditse kuri Twitter ko ‘Perezida Kagame yageze muri Afurika y’Epfo yitabiriye inama y’abayobozi ba BRICS iteganyijwe ejo’.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) azatanga ikiganiro kirebana na Afurika muri iyi nama ya BRICS.

Iyi nama ibera muri Sandton International Convention Centre muri Johannesburg, izaganira ku bibazo byugarije Isi birimo ibijyanye n’amahoro n’umutekano ku rwego mpuzamahanga, imiyoborere n’ubucuruzi.

Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping, kuri uyu wa Kane mu kiganiro yatanze yahamagariye ibihugu bigize BRICS, kubaka ihuriro ry’ubufatanye no gushyira hamwe.

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, yavuze ko igihugu cye gishyigikiye umubano mwiza n’ibindi, ubucuruzi mpuzamahanga ndetse no gukurikiza amategeko.

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya na we yageze muri Afurika y’Epfo yitabiriye inama ya BRICS. Minisitiri w’ubukungu w’u Burusiya, Maxime Orechkine, aherutse kuvuga ko iyi nama ibaye mu bihe bidasanzwe aho hari intambara y’ubucuruzi hagati ya Amerika n’ibihugu birimo u Bushinwa, bityo akaba ari ngombwa kureba aho ibihugu byahuriza.

Biteganyijwe ko uretse Abakuru b’Ibihugu bya BRICS, iyi nama izanitabirwa na Perezida Kagame, Joao Lourenço wa Angola, Museveni wa Uganda na Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, watumiwe nka Perezida w’umuryango w’ubutwererane w’ibihugu by’Abayisilamu.

Perezida Putin w’u Burusiya yitabiriye inama ya BRICS kuri uyu wa Kane

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yitabiriye inama ya BRICS

Abakuru b’ibihugu bya BRICS bashimangiye ubufatanye

 

2018-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Ubwanditsi 27 Aug 2024
Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye
INKURU NYAMUKURU

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020
Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi
Mu Rwanda

Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi

Ubwanditsi 21 Jan 2017
Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018
HIRYA NO HINO

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Ubwanditsi 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru