• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kwibuka 24 : Amassade y’Uburundi mu Rwanda yanze kururutsa Ibendera, nyuma baje kubikora kubera igitutu.

Kwibuka 24 : Amassade y’Uburundi mu Rwanda yanze kururutsa Ibendera, nyuma baje kubikora kubera igitutu.

Ubwanditsi 08 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma  yaho ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, risohoreye itangazo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Mata 2018,rivuga ko rishobora kurega u Rwanda kubera urupfu rwa  Perezida Ntaryamira Cyprien wapfiriye mu ndege ya Perezida Habyarimana  kugeza ubu ngo bukaba butarahabwa ubusobanuro bwimbitse bw’urupfu rwe.

Kuri uyu wa Gatandatu  ubwo mu Rwanda  hatangizwaga umuhango wo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24, hacishwa bugufi amabendera mu rwego rwo guha icyubahiro inzira karengane zisaga miliyoni zishwe urwagashinyaguro muri Jenoside yakorewe Abatutsi.  Ambassade y’Abarundi  mu Rwanda yo ntiyigeze   yururutse ibendera  [drapeau] .

Hagati aho ariko amakuru Rushyashya yabashije kumenya n’uko nyuma baje kubikora kubera igitutu cya Leta y’u Rwanda.

Ahubwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Mata 2018, nibwo Abarundi bibutse ku nshuro ya 24 Perezida Ntaryamira Cyprien wapfiriye mu Rwanda kuri iyi tariki mu 1994, igikorwa gifatwa nko guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe mu  Rwanda, ikemezwa n’isi yose.

Iki gikorwa cyo gupfobya Jenoside Uburundi bugihuriraho n’intagondwa zahunze u Rwanda nyuma yogukora amahano n’ubu bakibundabunda mu mahanga, kuri iyi nshuro ibi bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside bikaba byarabereye mu gihugu cy’u Bubiligi.

 

2018-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020
Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Ubwanditsi 16 May 2023
Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda

Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Jan 2018
U Rwanda rwahakanye ibyo gushyirwaho igitutu ku kibazo cy’abimukira bo muri Israel

U Rwanda rwahakanye ibyo gushyirwaho igitutu ku kibazo cy’abimukira bo muri Israel

Ubwanditsi 05 Apr 2018

9 Ibitekerezo

  1. Maliya.
    April 8, 201810:25 am -

    Umva Ra….Mbegaaaa.
    None se ko PEREZIDA wabo yapfuye KU Ya 06 Mata 1994 bari ku bigenza gute?
    Namwe muri sha Jenoside mugakabya
    Ubu rero mugiye kwiriza ngo mubabajwe n abatutsi bapfuye? Mur ivuguruza iyo mwica Rwigara mugafunga UMUGORE we n abana. Murivamo iyo mwica Jean de Dieu Mucyo, Muribeshya iyo mwica Makuza Bertin, Murashinyagura iyo mwica Rwabukamba. Muragoma iyo mufunga Kizito Mihigo na BAGENZI be !!

    Subiza
    • Gahungu
      April 8, 20181:02 pm -

      Ariko nkawe uribwira ko uri umunyarwanda kurenza abandi mbega uzapfa wese yishwe nurupfu rusanzwe kuko akomeye muzajya muvuga ngo ni Kagame umwishe ariko nawe yagorwa kagame wacu

      Subiza
    • Rk
      April 8, 20189:29 pm -

      Wowe uvuga ibyo wishakiye ariko nta makuru ufite ndakugaye sinzi niba Mu Rwanda ari mw’ Ijuru ho badapha gusa urababaje apfuye wese aba yishwe??? Shyira hamwe ubwenge bwawe ureke kuvuga ubusa

      Subiza
  2. Higiro
    April 8, 201812:42 pm -

    Mbega Maliya hano uratangaje pe!!!!!!!!! izo mvugo zawe zuzuyemo ingengabitekerezo, ntawazishyigikira rwose uracyari inyuma cyane, iyo wifata ukavuga ngo turisha genocide nta soni uba ufite ? nk’umuntu uvuga ikinyarwanda ubwo uri n’umunyarwanda. Jenoside yakorewe abatutsi mu rwanda mu 1994 yemejwe na UN, iyo twibuka abatutsi bishwe muri mata 1994 tuba tugira ngo tubahe agaciro kandi twimakaze ukuri, ndetse tuniyubaka, abatutsi basaga MILIYONI rero tugomba kubibuka kandi tuniyubaka , naho ibyo uvuga ngo turisha genocide ni imitekerereze mibi ndetse inapfobya jenocide.

    Subiza
  3. Ntareyakanwa
    April 8, 20181:54 pm -

    Abarundi n’u Burundi niba kwibuka bitabareba murumva mwabibateramo ku ngufu kweli?

    Nonese u Rwanda nta updates ruha abarundi ku bijyanye n’amaperereza y’abo bakuru b’ibihugu byombi barasiwe mu ndege ubwo bari bavuye muri tanzaniya?

    Erega abanyarwanda na abarundi turi abavandimwe bagakwiye kwicarana tukaganira tugasasa inzobe nta buryarya kuko kugeza izi saha niba ibyaha byarakorewe mu Rwanda bakaba nta updates u rwanda rubaha nabyo ni ikibazo!?

    Gusa birakwiye ko twicarana n’abarundi hasi ku gasambi tukiyunga kuko umurage w’abakurambere bacu basize bashyizeho igihango ntatatirwa ko nta ntambara izongera gushyamiranya abanyarwanda n’abarundi ukundi!

    ubwo rero haramutse hari ushaka gutatira igihango mwareba uko igihango kiryanna!!

    Gusa govement zombi zihane makuru kdi zikurane mu rujijo kuko zose zicumbikiye abakoze amabi mu bihugu byombi.

    Rwanda ifite bamwe mu bahoze ari aba SANS ECHEQUES(aba bishe abahutu b’i Burundi karahava)
    Burundi ifite bamwe mu bahoze ari interahamwe( aba bishe abatutsi karahava)

    Tujye tuvugisha ukuri kuko niko gukenewe kugirango akarere kagarukemo amahoro!

    Subiza
  4. Umubyeye
    April 9, 20181:31 am -

    Arahagazwe!! Ngo igikorwa gifatwa nko guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe mu Rwanda. Nonese niba abantu bibuka ababo batakaje ubuzima ku italiki 6 mubafara ko bapfobya genocide? Ntabumwe nu ubwiyunge bushobora kugerwaho mugihe mudaha uburenganzira nabandi bakeneye kwibuka ababo.

    Subiza
  5. Rda
    April 9, 20182:10 am -

    Ariko uyumutindi wugome wicyigoryi wiyita Maria nimuzima cg?nawe ukwiye gukuricyiranwa kuko ntabumuntu ufite gusa uwakunyereka,gatsindwe n’imana ntacyo wadutwara uyaturinze iracyaturinze

    Subiza
  6. iganze
    April 9, 20188:34 am -

    Umuntu ngo yari ku rugendo (Hagikorwa ingendo ndende n’amaguru abantu bakarara nzira), arimo yirira impamba umugore yari yaramupfunyikiye. Haza undi mugenzi w’umugabo , ageze hafi ya wa wundi, atangazwa no kubona abana babiri b’ingimbi barwanaga inkundura iruhande rwe, undi abarebera yikomereza kwiriraaaa. Aramubaza ati: Wa mugabo we ko abana barwana ubareba ntubakize? Undi atanamureba yikomereza kuryaaaa, aramusubiza ati :” kandi ari nje urabosha”?
    Murumva abarundi bababazwa na jenoside y’abatutsi uyu munsi muri 2018? Impunzi z’abarundi zari mu Rwanda mu nkambi zinyuranye n’izari zituye, zari ku isonga ryo gutsemba abatutsi, muzabaze byumba, mu Buriza n’u Bumbogo, Bugesera na Kibungo, mu majyepfo cyane Gikongoro na Cyangugu n’ahandi.
    Hari ico leta yabo yakoze ngo abo bicanyi bakurikiranwe kugeza ubu? Ahubwo barakica abatutsi b’abarundi bafatanyije n’abo bafatanyije na mbere hose ari bo interahamwe cyangwa abahutu b’intagondwa ku batazizi. Ntibahinduka ! Namwe mumbwire gukurikirana urupfu rw’umuntu wabo wahoze ari perezida wabo, bivuga kudaha agaciro abandi bishwe barengana? Ni akumiro igihugu kizima baba imburagihana koko?

    Subiza
  7. Kabwana
    April 9, 201810:12 pm -

    Ukwiyorohereza gusa! Muritwaza impfu ko ari natural ariko kubafungiwe akamama mubura icyo mwireguza!!
    Umucamanza w’ukuri arabarindiriye.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka
Mu Rwanda

Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka

Ubwanditsi 21 May 2018
Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”
ITOHOZA

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia
Amakuru

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru