• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Ubwanditsi 04 Oct 2017 ITOHOZA

Mu gihe Omar na Salahi, abayisilamu babiri bari bajyanye itungo ryo gutambira Imana, ku munsi wa Aid el Kebir, Baje guhura n’umupasteri wahawe izina rya Masih kubera impamvu z’umutekano we, uyu akaba yarabanje kuba umuyisilamu mbere yo kuba umukristo, nubwo nyuma yaje kuyoborwa n’abakristo bamwigisha agakizwa.

Uyu mu pasteri (wari uzi igisubizo bamuha), yababajije impamvu bakuruye iryo tungo, umwe muri bo Omar niko kumubwira ko iryo ari itungo “qurbani”, akaba ari urwibutso rw’ibyo Umukurambere Abraham yakoze mu gihe Imana yari imusabye kujya kumutambira umwana, noneho, mu gihe Abrahamu yumviraga Imana, ashaka gutamba umwana, Imana ikaza kumwereka itungo atamba mu cyimbo cyaryo. Omar rero akomeza amubwira ko ibyo babikoraga,ari nk’urwibutso.

-246.png

Pasteri Masih

Pasteri Masih rero wari uboneyeho uburyo bwo kubabwiriza ubutumwa Bwiza, nibwo yababwiye ko igitambo cya Yesu cyakuyeho ibyo bitambo by’amatungo, ko aricyo gitambo nyacyo cyarangije byose,ko bakwiye kumwizera bakaba abana b’Imana. akomeza agira ati

“ Mureke gukomeza kwica ayo magorwa y’amatungo, qurbani”

Nkuko rero akomeza abivuga, ngo Omar na Salah bafashe ibyuma bashaka kumwica we na mugenzi we, ariko ku bw’Imana, baza kubacika.

Pasteri rero akomeza avuga uko Salah yamubwiye ibyaje gukurikiraho.

Aba bagabo ngo barakomeje bajya gutamba igitambo, ariko ngo mu gihe Omar yiteguraga gutera icyuma iyo nka, iri tungo ngo ryaje kwigizayo ijosi, Omar nawe mu gutera icyuma, kiza gufata umugozi wari uziritse akaguru, inka rero yari ibohotse , mu gusimbuka yakandagiye mu gituza cya Omar, iramukomeretsa bikomeye. Salah Akomeza avuga ukuntu yajyanywe kwa muganga, aho abaganga basanze ari mu kigero cya 95% cyo kuba yapfa, bamubwira ko nta cyizere cyo kubaho

Salah rero ngo yakomeje gusengera mugenzi we, ngo ariko akibwira ko aramutse anapfuye, yajya mu ijuru kuko iyo mpanuka yabaye arimo gutamba igitambo cy’Imana.. Salah ariko ngo ntiyari agishobora gusinzira, kuko ngo uko yahumirizaga, yabonaga mu maso ye ukuntu igituza cya Omar, cyari cyangiritse. Ku munsi ukurikiyeho rero, ngo mu gihe salah yari amaze gukora umuhango wo kwiyeza ngo asenge, yaje kubona, abona imbere ye hahagaze umumarayika, maze amubwira aya magambo:

“Va muri ibyo bintu bidafite akamaro, uhindukirire Imana nzima yaremye ijuru n’isi, uyisenge mu mwuka no mu kuri, yohereje Umwana wayo w’ikinege, ngo akize isi. Ni Yesu Kristo, umwana w’Imana isumba byose, wazutse mu bapfuye, akaba ari mu gisekuruza cya Dawidi. Ubwo ni bwo Butumwa Bwiza.”

Salahi ngo yumvaga adasobanukiwe ibyo yabonaga kandi yumvaga, ariko ngo akibwira ko yaba ari Imana ishaka kumubonekera, ngo kuko nubundi Imamu yababwiye ko umuhango wo kwiyeza, ari umuteguza wo kubonana n’Imana.

Mu gihe ngo yari akibwira ibyo, wa mumarayika yakomeje amubwira ati:

“Ngwino tujyane, ndakujyana ku bahanuzi b’Imana, barakuyobora.”

Umumarayika rero ngo yamugiye imbere, Salahi nawe arangiza vuba vuba gukaraba (kwiyeza), aramukurikira, aha ariko avuga ko atazi neza niba yarigenzaga, cyangwa niba uwo mumarayika yaramuteruye, gusa ariko ngo icyo yibuka nuko agitangira kumukurikira, ngo yahise yisanga imbere ya Pasteri Masih n’abandi bakristo basenganaga, abo ngo Imana nabo ikaba yari yarangije kubateguza ko ari buze.

-8207.jpg

Ubwo ariko ngo akigera aho, wa mumarayika ntiyongeye kuboneka, Salahi rero ngo yabasobanuriye uko byamugendekeye, Pasteri Masih nawe amubwira uburyo yaje gukizwa akaba umukristo, kandi yarahoze ari umuyisilamu. Amubwira ko nta wundi agakiza kabonerwamo, atari Kristo

Ubwo ngo hari ku cyumweru, abo bakristu bitegura iteraniro, muri ryo Salahi ngo yakiriye Yesu nk’umukiza n’Umwami

Nyuma yaho abo bose bagiye gusura Omar kwa muganga, aho bamusengeraga bucece, kuko muri ibyo bihugu itotezwa ritatuma bakora ku mugaragaro. Mu gihe ngo basengaga bucece ariko babonye Omar afungura amaso, cyokora ngo ntiyabasha kuvuga.

Ubu rero Salah ni umukristo, ngo ubu akaba abana na Pasteri Masih ngo kandi bakaba bizeye ko Omar azakizwa, ndetse n’igihugu cyabo kikamenya Imana , abantu bagakizwa.

2017-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul  byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba  na Rujugiro yarabigaritse

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba na Rujugiro yarabigaritse

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Ubwanditsi 10 Oct 2024
Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza

Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru
Amakuru

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Ubwanditsi 15 Dec 2023
Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi
ITOHOZA

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza
ITOHOZA

Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza

Ubwanditsi 07 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru