• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Ubwanditsi 04 Oct 2017 ITOHOZA

Mu gihe Omar na Salahi, abayisilamu babiri bari bajyanye itungo ryo gutambira Imana, ku munsi wa Aid el Kebir, Baje guhura n’umupasteri wahawe izina rya Masih kubera impamvu z’umutekano we, uyu akaba yarabanje kuba umuyisilamu mbere yo kuba umukristo, nubwo nyuma yaje kuyoborwa n’abakristo bamwigisha agakizwa.

Uyu mu pasteri (wari uzi igisubizo bamuha), yababajije impamvu bakuruye iryo tungo, umwe muri bo Omar niko kumubwira ko iryo ari itungo “qurbani”, akaba ari urwibutso rw’ibyo Umukurambere Abraham yakoze mu gihe Imana yari imusabye kujya kumutambira umwana, noneho, mu gihe Abrahamu yumviraga Imana, ashaka gutamba umwana, Imana ikaza kumwereka itungo atamba mu cyimbo cyaryo. Omar rero akomeza amubwira ko ibyo babikoraga,ari nk’urwibutso.

-246.png

Pasteri Masih

Pasteri Masih rero wari uboneyeho uburyo bwo kubabwiriza ubutumwa Bwiza, nibwo yababwiye ko igitambo cya Yesu cyakuyeho ibyo bitambo by’amatungo, ko aricyo gitambo nyacyo cyarangije byose,ko bakwiye kumwizera bakaba abana b’Imana. akomeza agira ati

“ Mureke gukomeza kwica ayo magorwa y’amatungo, qurbani”

Nkuko rero akomeza abivuga, ngo Omar na Salah bafashe ibyuma bashaka kumwica we na mugenzi we, ariko ku bw’Imana, baza kubacika.

Pasteri rero akomeza avuga uko Salah yamubwiye ibyaje gukurikiraho.

Aba bagabo ngo barakomeje bajya gutamba igitambo, ariko ngo mu gihe Omar yiteguraga gutera icyuma iyo nka, iri tungo ngo ryaje kwigizayo ijosi, Omar nawe mu gutera icyuma, kiza gufata umugozi wari uziritse akaguru, inka rero yari ibohotse , mu gusimbuka yakandagiye mu gituza cya Omar, iramukomeretsa bikomeye. Salah Akomeza avuga ukuntu yajyanywe kwa muganga, aho abaganga basanze ari mu kigero cya 95% cyo kuba yapfa, bamubwira ko nta cyizere cyo kubaho

Salah rero ngo yakomeje gusengera mugenzi we, ngo ariko akibwira ko aramutse anapfuye, yajya mu ijuru kuko iyo mpanuka yabaye arimo gutamba igitambo cy’Imana.. Salah ariko ngo ntiyari agishobora gusinzira, kuko ngo uko yahumirizaga, yabonaga mu maso ye ukuntu igituza cya Omar, cyari cyangiritse. Ku munsi ukurikiyeho rero, ngo mu gihe salah yari amaze gukora umuhango wo kwiyeza ngo asenge, yaje kubona, abona imbere ye hahagaze umumarayika, maze amubwira aya magambo:

“Va muri ibyo bintu bidafite akamaro, uhindukirire Imana nzima yaremye ijuru n’isi, uyisenge mu mwuka no mu kuri, yohereje Umwana wayo w’ikinege, ngo akize isi. Ni Yesu Kristo, umwana w’Imana isumba byose, wazutse mu bapfuye, akaba ari mu gisekuruza cya Dawidi. Ubwo ni bwo Butumwa Bwiza.”

Salahi ngo yumvaga adasobanukiwe ibyo yabonaga kandi yumvaga, ariko ngo akibwira ko yaba ari Imana ishaka kumubonekera, ngo kuko nubundi Imamu yababwiye ko umuhango wo kwiyeza, ari umuteguza wo kubonana n’Imana.

Mu gihe ngo yari akibwira ibyo, wa mumarayika yakomeje amubwira ati:

“Ngwino tujyane, ndakujyana ku bahanuzi b’Imana, barakuyobora.”

Umumarayika rero ngo yamugiye imbere, Salahi nawe arangiza vuba vuba gukaraba (kwiyeza), aramukurikira, aha ariko avuga ko atazi neza niba yarigenzaga, cyangwa niba uwo mumarayika yaramuteruye, gusa ariko ngo icyo yibuka nuko agitangira kumukurikira, ngo yahise yisanga imbere ya Pasteri Masih n’abandi bakristo basenganaga, abo ngo Imana nabo ikaba yari yarangije kubateguza ko ari buze.

-8207.jpg

Ubwo ariko ngo akigera aho, wa mumarayika ntiyongeye kuboneka, Salahi rero ngo yabasobanuriye uko byamugendekeye, Pasteri Masih nawe amubwira uburyo yaje gukizwa akaba umukristo, kandi yarahoze ari umuyisilamu. Amubwira ko nta wundi agakiza kabonerwamo, atari Kristo

Ubwo ngo hari ku cyumweru, abo bakristu bitegura iteraniro, muri ryo Salahi ngo yakiriye Yesu nk’umukiza n’Umwami

Nyuma yaho abo bose bagiye gusura Omar kwa muganga, aho bamusengeraga bucece, kuko muri ibyo bihugu itotezwa ritatuma bakora ku mugaragaro. Mu gihe ngo basengaga bucece ariko babonye Omar afungura amaso, cyokora ngo ntiyabasha kuvuga.

Ubu rero Salah ni umukristo, ngo ubu akaba abana na Pasteri Masih ngo kandi bakaba bizeye ko Omar azakizwa, ndetse n’igihugu cyabo kikamenya Imana , abantu bagakizwa.

2017-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Ubwanditsi 28 Jul 2019
Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ubwanditsi 09 Nov 2021
RNC –Ishaje yadukanye  ‘Agashya ‘ noneho igeze no mubapfakazi

RNC –Ishaje yadukanye ‘Agashya ‘ noneho igeze no mubapfakazi

Ubwanditsi 20 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame
Amakuru

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2021
Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali
Mu Rwanda

Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”
IMIKINO

Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”

Ubwanditsi 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru