• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24
Veronica Uwimana warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, warokokeye muri ETO ya Kicukiro

Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 09 Apr 2018 ITOHOZA

Umunyamakuru wa BBC, Venuste Nshimiyimana yandikiye ibaruwa ihumuriza uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, anongera kwibutsa ko atazigera ahwema gusaba ko amahanga yatereranye u Rwanda bigatuma abatutsi barenga 1.000.000 bicwa, bagomba guca bugufi bagasaba imbabazi ndetse bakanatanga impozamarira.

Ibaruwa ya Venuste Nshimiyimana

Muvandimwe nkunda Uwimana Veronica,

Uyu munsi urakomeye mu buzima bwawe ndetse n’ubwa benshi mu nkomoko y’Abatutsi bishwe bushinyaguzi muri 1994.

Ndagutekereza by’umwihariko kuko nkuzi, nkaba nzi ibikomere ugendana, nkaba nzi ubutwari bukuranga mu kwiyubaka, ineza uha urubyaro rwawe, n’urukundo uha abarukeneye.

Iteka ryose muri iki gihe cy’icyumamo mba nibuka benshi nakundaga naburiye muri Eto Kicukiro aho nari nahungiye- nahinjiye ku itarki ya 7 Mata 1994-nibuka igihe nabatabarizaga mbwira amahanga ngo atabare agatererera agati mu ryinyo. Na n’ubu mpora mvuza impanda, kubera ko navuze ko nzitsa umurindi kugeza igihe bazaba bagiriwe ubutabera. Nzahora mbibuka iteka.

Umuryango mpuzamahanga, cyane cyane ibihugu byohereje ingabo mu Rwanda muri Mata 1994,-Ububiligi, Ubufaransa, Ubutaliyani- byaje bigatwara abanyagihugu babyo, bigasiga abanyarwanda bicwa, kimwe n’abandi bari mu butumwa bw’amahoro banze gutabara Abatutsi bakicwa barebera bakwiye gusaba imbabazi bagatanga impozamarira.

Igihe cyizagera impuruza ntanga yumvikane hose.

Mpora nibuka abo twararanye rubunda. Duhigwa bukware. Bagapfa batagomba. Icyatumye ndokoka nicyo cyimpa imbaraga zo kubavuganira. Mu Manama mpuzamahaganga ntumiwemo, nibutsa iteka abanze gutabara Abatusi bari muri Eto Kicukiro bakwiye kubiryozwa bakabitangira indishyi y’akababaro. Imuryango yabo igahabwa akabando k’iminsi.

Venuste Nshimiyimana wanditse ibaruwa ihumuriza uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Muvandimwe Uwimana Veronica,

Muri iki gihe cy’icyunamo, ndibuka n’imbaga y’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi. Buri wese aho ari ndamuzirikana. Mwese mbaragije Imana kandi ndasabira abanyu bose batabarutse. Bicaye heza iburyo bwa Jambo. Kuba mwararokotse ni igitangaza cy’Imana. Nimwihangane. Mukomeze mwiyubake, Mwubaka u Rwanda.

Nkwandikiye kugirango ngukomeze. Ntucike intege. Ukomeze urangwe n’ubwizige. Nzagufasha guharanira ko jenocide yakorewe Abatutsi itazongera kubaho ukundi. Nshimira Imana ko yampaye kumenya no kubana n’ abantu nkawe buje urukundo n’ubumuntu. Abatashye batagomba baracyariho kuko bashabutse amashami menshi azatuma igiti cy’u Rwanda kiba inganzamarumbo.

Umuvandimwe wawe.

Venuste Nshimirimana

2018-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Venant Musoni  wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Venant Musoni wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Padiri  Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Padiri Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Malawi: Vincent Murekezi afite ubwoba bwo koherezwa mu Rwanda

Malawi: Vincent Murekezi afite ubwoba bwo koherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Kenya barabyukira mu matora  arimo imibare myinshi
Mu Rwanda

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera
Mu Mahanga

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Kagame yihanganishije Abanyacuba nyuma yo kubura umukambwe Fidel Castro
Amakuru

Kagame yihanganishije Abanyacuba nyuma yo kubura umukambwe Fidel Castro

Ubwanditsi 28 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru