• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 12 Nov 2018 ITOHOZA

Amashyaka arindwi atavuga rumwe na leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko Martin Fayulu ari we mukandida rukumbi uzayahararira mu matora ya Perezida.

Fayulu usanzwe ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC azahangana na Emmanuel Ramazani Shadary watanzwe na Perezida Joseph Kabila.

Uyu mukandida watunguranye cyane ugereranyije n’ibikomerezwa nka Félix Tshisekedi na Vital Kamerhe bari muri ariya mashyaka, yemejwe nyuma y’ibiganiro by’iminsi itatu byayobowe n’Umuryango witiriwe Kofi Annan.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI ivuga ko nubwo Fayulu w’imyaka 61 asa n’uwatunguranye, yagiye agaragara kenshi mu bikorwa bigaragaza kudashyigikira Kabila birimo imyigaragambyo yabaye mu 2015 na 2016.

Ubwo amakuru yamaraga gusakara ko ariwe uzahangana na Shadary, bamwe mu bayoboke b’ishyaka UDPS rya Tshisekedi na UNC ya Kamerhe ntibiyumvishaga uburyo yabashije kubahigika.

Jean Pierre Bemba wigeze kuba Visi Perezida wa RDC, yavuze ko bamuhisemo babona abikwiye bityo abayobozi b’amashyaka bafite inshingano yo kubyumvisha abarwanashyaka babo.

Tshisekedi nawe yavuze ko nubwo bizagorana kubyumvisha abayoboke ba UDPS, kuba Fayulu yatoranyijwe ari ibyo kwishimira kuko aribwo bwa mbere abatavuga rumwe na leta bateye intambwe bakunga ubumwe.
Ku ruhande rwe, Fayulu yavuze ko ashimira Imana n’abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na leta bamugiriye icyizere.

Ati “Njye ndi umuvugizi, umuvugizi w’urugamba rwacu rwo guharanira ubwigenge. Abaturage ba Congo bakeneye abayobozi bazitorera bo ubwabo.”

Nyuma yo kwemeza umukandida umwe, abatavuga rumwe na leta bahamya ko ari itangiriro y’urugamba rugamije kugera ku matora akozwe mu mahoro no mu mucyo, hatabayeho gukoresha imashini zibara amajwi zikomeje kwamaganwa.

Amatora ya Perezida muri RDC ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

2018-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Ubwanditsi 09 Nov 2024
Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi

Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 8)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 8)

Ubwanditsi 23 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019
IMIKINO

Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square
SHOWBIZ

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?
Mu Mahanga

14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

Ubwanditsi 05 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru