• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Ubwanditsi 25 May 2018 Mu Mahanga

Umukuru w’Igipolisi cya Uganda, IGP Martins Ochola arahakana ko yahaye abaturage uburenganzira bwo kujya batera amabuye abapolisi be, aho yasobanuye ko atigeze avuga ngo bajye batera abapolisi amabuye, ahubwo yabasabye kujya birwanaho birinda abo yise ba rushimusi.

IGP Ochola yagize ati: “Umuntu ugerageza gufata umuntu nta burenganzira bwo guta muri yombi afite cyangwa atambaye impuzankano ya polisi si umupolisi ahubwo ni rushimusi”I.

Ibi IGP Ochola akaba yabitangarije abanyamakuru mu kiganiro yagiranye nabo I Mbarara nk’uko bitangazwa na Chimpreports.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yaganiraga n’aba banyamakuru ku cyicaro cya polisi, umuyobozi wayo yamaganye uburyo butari ubwa kinyamwuga abapolisi bamwe bakoresha mu guta muri yombi abakekwaho ibyaha.

IGP Ochola akaba yaraboneyeho kubwira abaturage ko abapolisi bazajya bajya gufata umunyabyaha bazajya babanza bakivuga kandi bakamenyesha impamvu bagiye guta muri yombi umuntu. Ubwo yibutswaga ko aba bapolisi akenshi bagenda bitwaje imbunda, IGP yavuze ko abaturage bashobora gukoresha amabuye bakarwanya abapolisi nk’abo.

Icyo gihe yagize ati: “Mudufashe kubafata. Niba bafite intwaro, mushobora kubatera amabuye.”

Aya mabwiriza y’umukuru w’igipolisi yahise ateza urunturuntu ndetse bituma umukuru w’inteko ishinga amategeko ahamagaza minisitiri w’ushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu, Gen. Jejje Odongo ngo atange ibisobanuro.

Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, muri Mbarara, umukuru w’igipolisi yahakanye ko yategetse abaturage kujya batera amabuye abapolisi, ahubwo abishyira ku banyamakuru babitangaje abashinja kubura ubunyamwuga.

Yagize ati: “Ibi biragaragaza urwego rw’itangazamakuru muri iki gihugu. Naba umuntu wa nyuma wavuga gutera amabuye abapolisi banjye. Ntushobora kubwira umuntu ngo atere ibuye umwana wawe.”

Yakomeje asobanura ko icyo gihe yashakaga kwereka abanyamakuru uko abapolisi bakwiye gukora akazi ko guta umuntu muri yombi.

Yavuze ko umupolisi waza yambaye ibyo yishakiye, adafite uruhushya rumwemerera guta muri yombi umuntu, ntiyisobanure ngo avuge aho aturutse, n’icyaha uwo ashaka yakoze cyangwa ngo amusomere uburenganzira bwe, aba ari umushimusi.

Ati: “Sinigeze mvuga ngo mugende mutere amabuye kandi ndashaka ko mubisobanurira neza abaturage.”

2018-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Ubwanditsi 29 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Umuhanzi Meddy agiye guhuza  ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi  hamwe n’Abashoramari.
Mu Rwanda

Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Ubwanditsi 22 Sep 2017

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru