• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Ubwanditsi 25 May 2018 Mu Mahanga

Umukuru w’Igipolisi cya Uganda, IGP Martins Ochola arahakana ko yahaye abaturage uburenganzira bwo kujya batera amabuye abapolisi be, aho yasobanuye ko atigeze avuga ngo bajye batera abapolisi amabuye, ahubwo yabasabye kujya birwanaho birinda abo yise ba rushimusi.

IGP Ochola yagize ati: “Umuntu ugerageza gufata umuntu nta burenganzira bwo guta muri yombi afite cyangwa atambaye impuzankano ya polisi si umupolisi ahubwo ni rushimusi”I.

Ibi IGP Ochola akaba yabitangarije abanyamakuru mu kiganiro yagiranye nabo I Mbarara nk’uko bitangazwa na Chimpreports.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yaganiraga n’aba banyamakuru ku cyicaro cya polisi, umuyobozi wayo yamaganye uburyo butari ubwa kinyamwuga abapolisi bamwe bakoresha mu guta muri yombi abakekwaho ibyaha.

IGP Ochola akaba yaraboneyeho kubwira abaturage ko abapolisi bazajya bajya gufata umunyabyaha bazajya babanza bakivuga kandi bakamenyesha impamvu bagiye guta muri yombi umuntu. Ubwo yibutswaga ko aba bapolisi akenshi bagenda bitwaje imbunda, IGP yavuze ko abaturage bashobora gukoresha amabuye bakarwanya abapolisi nk’abo.

Icyo gihe yagize ati: “Mudufashe kubafata. Niba bafite intwaro, mushobora kubatera amabuye.”

Aya mabwiriza y’umukuru w’igipolisi yahise ateza urunturuntu ndetse bituma umukuru w’inteko ishinga amategeko ahamagaza minisitiri w’ushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu, Gen. Jejje Odongo ngo atange ibisobanuro.

Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, muri Mbarara, umukuru w’igipolisi yahakanye ko yategetse abaturage kujya batera amabuye abapolisi, ahubwo abishyira ku banyamakuru babitangaje abashinja kubura ubunyamwuga.

Yagize ati: “Ibi biragaragaza urwego rw’itangazamakuru muri iki gihugu. Naba umuntu wa nyuma wavuga gutera amabuye abapolisi banjye. Ntushobora kubwira umuntu ngo atere ibuye umwana wawe.”

Yakomeje asobanura ko icyo gihe yashakaga kwereka abanyamakuru uko abapolisi bakwiye gukora akazi ko guta umuntu muri yombi.

Yavuze ko umupolisi waza yambaye ibyo yishakiye, adafite uruhushya rumwemerera guta muri yombi umuntu, ntiyisobanure ngo avuge aho aturutse, n’icyaha uwo ashaka yakoze cyangwa ngo amusomere uburenganzira bwe, aba ari umushimusi.

Ati: “Sinigeze mvuga ngo mugende mutere amabuye kandi ndashaka ko mubisobanurira neza abaturage.”

2018-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022
Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 03 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga
Mu Mahanga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball
Amakuru

Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 30 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru