• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Ubwanditsi 16 Dec 2017 Mu Rwanda

Polisi mu mujyi wa kigali yashubije ibikoresho byo mu rugo bitandukanye, ibisubiza ba nyirabyo byari byaribwe.Ibi byafatiwe mu gikorwa cyakozwe mu bihe bitandukanye no mu duce dutandukanye, kigamije gufata abajura ndetse n’ibikoresho byagiye byibwa.

 Icyo gikorwa cyabaye ejo kuwa gatanu taliki ya 15 ubwo hasubizwaga za mudasobwa enye na television yo mu bwoko bwa flat TV kuri ba nyirabyo.
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Superintendent Emmanuel Hitayezu akaba yavuze ko icyo gikorwa cyo gushakisha abajura n’ibyibwe polisi ibikesha imikoranire myiza n’ubufatanye n’abaturage, bo batungira agatoke polisi aho ibyibano biherereye ndetse n’abakekwaho ubwo bujura bagakurikiranwa nyuma y’iperereza bagashyikirizwa ubutabera.
Yanavuze ko ibyo byabaye inshuro nyinshi kandi uko icyo gikorwa cyagiye gikorwa cyagenze neza kubera ubwo bufatanye.
Igisabwa abaturage baba baribwe n’ukuza kureba ko byaba biri mu byo Polisi yaba yarafashe hanyuma bakazana ibimenyetso ko ari ibyabo bakabisubizwa.
Supt. Hitayezu yongeye gusaba abaturage kumenya kubika ibikoresho byabo neza bakabishyiraho utumenyetso tw’ibanga tubiranga ndetse bakanabika inyemezabuguzi babiguriyeho kugirango bizabafashe kubitahura igihe byibwe.
 Yongeye kandi kwibutsa abaturarwanda kureka kugura ibintu bidafite ikibyemeza ko ari ibyaguzwe na kanaka kuko akenshi biba ari ibyibano kandi bikaba bihanwa n’amategeko.Ni nogutiza umurindi abajura kuko baba bizeye abaguzi b’ibyo byibano.
Aloys Rurangwa umwe mu bashubijwe ibyabo akaba yavuze ko ashimira Polisi cyane ukuntu yamufashije kubona televiziyo ye yibwe ikanagurishwa amafaranga ku giciro gito cyane cya 65,000Frw.Yasabye abaturage bagenzi be kandi guhora batangira amakuru ku gihe ku bujura bwose bucyekwa bagatungira Polisi agatoke kugirango ibafate ibashyikirize ubutabera bubahane.

Ubuyobozi bwa Polisi mu mujyi wa Kigali bukaba bwongeye kwibutsa ababa baribwe bakeka ko ibyabo byaba byarafashwe kuza kubireba kuri Polisi ibegereye kuko kuva none bahawe igihe kingana n’ukwezi nyuma yaho ibizaba bitarabonye ba nyirabyo bikazatezwa cyamunara n’urwego rubifitiye ububasha.

2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere
Amakuru

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!
Amakuru

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Ubwanditsi 24 Nov 2020
Myugariro w’umunyarwanda  Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus
Amakuru

Myugariro w’umunyarwanda Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Ubwanditsi 03 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru