• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Ubwanditsi 11 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwari Umuyobozi w’Inyeshyamba za RUD-URUNANA, Brig. Gen. Juvenal Musabyimana uzwi nka Afrika Jean Michel yasanganwe inyandiko bivugwa ko zikubiyemo amakuru yiswe ay’ingenzi.

Gen. Afrika wavukaga mu Karere ka Nyabihu yishwe nyuma ya saa sita kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2019 mu gitero ingabo zagabye hagati y’agace ka Binza na Makola muri Teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru uyu mutwe washinzemo ibirindiro nk’uko byemejwe n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Amakuru yizewe yatangajwe n’umwe mu basirikare ba FARDC nk’uko TNT dukesha iyi nkuru ibitangaza, ni uko inyandiko zari mu birindiro bya Gen. Afrika zikubiyemo amakuru agaragaza ko uyu mugabo yajyaga muri Uganda inshuro nyinshi.

Ayo makuru yerekana ko Gen. Afrika yagiranaga ibiganiro na bamwe mu bayobozi bakuru bo mu nzego z’ubutegetsi za Uganda.
Ngo byagaragaye ko aba bayobozi bo muri Uganda bafite uruhare mu ishingwa ry’uyu mutwe wa RUD-URUNANA.

Hari amakuru avuga ko kandi ubwo inyeshyamba za RUD-URUNANA zagabaga igitero mu Karere ka Musanze, bamwe mu basirikare bazo batatu bakuru batorokeye muri Uganda nyuma yo gukubitwa ikibatsi n’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

U Rwanda ngo rwandikiye Uganda ruyisaba ko yakohereza aba bantu batatu, ariko ngo ntacyo yigeze ibikoraho.

Urupfu rwa Gen. Michel ku ruhande rw’Urwanda barufashe nk’ikimenyetso ko FARDC ikataje kuguhashya inyeshyamba.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe EAC, Olivier Nduhungirehe na we yavuze ko FARDC ikwiye gushimirwa, yemeza ko Gen. Afrika yasanganywe inyandiko ziriho amakuru y’ingirakamaro.

Abinyujije kuri Twitter ati “ Ubushake bwa FARDC mu kurwanya inyeshyamba mu burasirazuba bwa Congo. (…) ibikorwa bya gisirikare byo guhangana n’abayobozi bazo bigenda neza, bamwe bakicwa cyangwa bagafatwa n’inyandiko z’ingirakamaro zigafatwa.”

Gen.Afrika yishwe nyuma y’aho yari yakomerekejwe bikomeye mu minsi yari yabanje. Urupfu rwe ruje rukurikira urwa Lt. Gen. Sylivestre Mudacumura wo muri FDLR.

2019-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020
“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Feb 2024
Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Ubwanditsi 14 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe
IMIKINO

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Umukozi  uciriritse m’Uruganda rw’Ibirungo i Paris  nawe  yanenze Leta yo mu buhungiro ya Padiri Nahimana
POLITIKI

Umukozi uciriritse m’Uruganda rw’Ibirungo i Paris nawe yanenze Leta yo mu buhungiro ya Padiri Nahimana

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru