• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018 IMIKINO

APR FC ibifashijwemo na Hakizimana Muhadjili yatsinze Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, amahirwe yo kwegukana igikombe ariyongera.

Mbere y’uyu mukino, Rayon Sports yari yagiye ivugwamo ibibazo byinshi by’umwuka mubi byatumye kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame ahagarikwa nyuma aza kubabarirwa ahubwo hahagarikwa abatoza barimo umukuru Ivan Minnaert n’abamwungirije, Lomami Marcel na Jeannot Witakenge byatumye kuva ku wa Gatatu itangira gutozwa na Nkunzingoma Ramadhan na Hategekimana Corneille.

Ku rundi ruhande, APR FC iri mu rugamba rwo gushaka igikombe uyu mwaka ndetse ikaba ifite amahirwe menshi, yari ifite akanyamuneza ko kugarura mu kibuga kapiteni Mugiraneza Jean Baptiste Migi wari umaze igihe yaravunitse na myugariro ngenderwaho Rugwiro Herve utarakinnye umukino uheruka wa Police FC kubera amakarita atatu y’imihondo.

By’umwihariko APR FC yanakinaga umukino wa nyuma iri kumwe na Djihad Bizimana ugomba guhita yerekeza mu Bubiligi mu ikipe nshya ya Waasland-Beveren yamuguze, nabyo byongereye bagenzi be imbaraga bakina neza igice cya mbere ndetse ikirangiza ifite igitego 1-0.

Ni igitego cyabonetse ku munota wa 41 ku kazi gakomeye kakozwe na Iranzi Jean Claude waciye ku bakinnyi babiri ba Rayon Sports, yubura amaso abona Muhadjili Hakizimana ahagaze neza amuha umupira, uyu musore uvuka i Rubavu nawe aritonda atera ishoti riremereye mu izamu, Ndayishimiye Eric Bakame ntiyabasha kurikuramo.

Mu gice cya mbere Rayon Sports yakoze impinduka mu buryo butunguranye kubera imvune ya Benyimana Caleb asimburwa na Ismaila Diarra, igice cya kabiri na cyo gitangiye Nkunzingoma yongera gukora impinduka Muhire Kevin yinjira asimbuye Manishimwe Djabel utari wigaragaje mu gice cya mbere.

Rayon Sports yakinaga ishaka kwishyura ndetse Muhire wari umaze kwinjira agenda ayifasha kurema uburyo bw’ibitego ariko kububyaza umusaruro bikaba ikibazo kuri Diarra na Tchabalala.

Byaje kuba bibi kuri iyi kipe ikomoka i Nyanza ku munota wa 72 ubwo Muhadjili yatsindaga igitego cya kabiri ku burangare bwa ba myugariro, abafana mu byishimo byinshi bitera ibicu n’icyizere cyinshi ko amanota atatu byanze bikunze bashobora kuyegukana.

Nyuma y’iminota itanu Rayon Sports yabashije kwishyuramo igitego kimwe cyasinzwe na Kwizera Piertot ku ishoti rya kure yateye, umunyezamu Kimenyi Yves ntiyabasha gukurikira.

Mu minota ya nyuma Rayon Sports yakomeje kwiharira umupira, umutoza Nkunzingoma akora izindi mpinduka akuramo Niyonzima Olivier aha umwanya Mugisha Gilbert ariko biba iby’ubusa igitego cyo kwishyura kirabura, umukino urangira ari 2-1.

Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga

APR FC yanangukiye mu gutakaza kwa AS Kigali yatsindiwe i Kirehe 1-0 bituma ifata umwanya wa mbere n’amanota 54 AS Kigali iguma kuri 51 Rayon Sports nayo isigara inyuma na 45 mu gihe hasigaye imikino ine ngo shampiyona irangire.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

APR FC: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Herve, Nsabimana Aimable, Mugiraneza Jean Baptiste, Buteera Andrew, Djihadi Bizimana, Issa Bigirimana, Iranzi Jean Claude na Hakizimana Muhadjiri.

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Manzi Thierry, Usengimana Faustin, Rutanga Eric,Nyandwi Saddam, Mukunzi Yannick , Niyonzima Olivier Seif, Manishimwe Djabel, Kwizera Pierrot, Shabani Hussein Tchabalala, Bimenyimana Caleb.

Uko imikino yose yabaye yarangiye

Gicumbi FC 2-0 Musanze FC

Kirehe FC 1-0 AS Kigali

Espoir FC1-0 Amagaju FC

Sunrise FC 1-1 Mukura VS

APR FC 2-1 Rayon SportS

Police FC 0-0 Marine FC

Miloplast FC 0-0 Etincelles FC

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

2018-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Ubwanditsi 01 May 2021
AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

Ubwanditsi 20 Aug 2022
Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Ubwanditsi 21 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF
IMIKINO

APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF

Ubwanditsi 01 Nov 2018
EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo
Mu Rwanda

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi
ITOHOZA

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru