• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018 IMIKINO

APR FC ibifashijwemo na Hakizimana Muhadjili yatsinze Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, amahirwe yo kwegukana igikombe ariyongera.

Mbere y’uyu mukino, Rayon Sports yari yagiye ivugwamo ibibazo byinshi by’umwuka mubi byatumye kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame ahagarikwa nyuma aza kubabarirwa ahubwo hahagarikwa abatoza barimo umukuru Ivan Minnaert n’abamwungirije, Lomami Marcel na Jeannot Witakenge byatumye kuva ku wa Gatatu itangira gutozwa na Nkunzingoma Ramadhan na Hategekimana Corneille.

Ku rundi ruhande, APR FC iri mu rugamba rwo gushaka igikombe uyu mwaka ndetse ikaba ifite amahirwe menshi, yari ifite akanyamuneza ko kugarura mu kibuga kapiteni Mugiraneza Jean Baptiste Migi wari umaze igihe yaravunitse na myugariro ngenderwaho Rugwiro Herve utarakinnye umukino uheruka wa Police FC kubera amakarita atatu y’imihondo.

By’umwihariko APR FC yanakinaga umukino wa nyuma iri kumwe na Djihad Bizimana ugomba guhita yerekeza mu Bubiligi mu ikipe nshya ya Waasland-Beveren yamuguze, nabyo byongereye bagenzi be imbaraga bakina neza igice cya mbere ndetse ikirangiza ifite igitego 1-0.

Ni igitego cyabonetse ku munota wa 41 ku kazi gakomeye kakozwe na Iranzi Jean Claude waciye ku bakinnyi babiri ba Rayon Sports, yubura amaso abona Muhadjili Hakizimana ahagaze neza amuha umupira, uyu musore uvuka i Rubavu nawe aritonda atera ishoti riremereye mu izamu, Ndayishimiye Eric Bakame ntiyabasha kurikuramo.

Mu gice cya mbere Rayon Sports yakoze impinduka mu buryo butunguranye kubera imvune ya Benyimana Caleb asimburwa na Ismaila Diarra, igice cya kabiri na cyo gitangiye Nkunzingoma yongera gukora impinduka Muhire Kevin yinjira asimbuye Manishimwe Djabel utari wigaragaje mu gice cya mbere.

Rayon Sports yakinaga ishaka kwishyura ndetse Muhire wari umaze kwinjira agenda ayifasha kurema uburyo bw’ibitego ariko kububyaza umusaruro bikaba ikibazo kuri Diarra na Tchabalala.

Byaje kuba bibi kuri iyi kipe ikomoka i Nyanza ku munota wa 72 ubwo Muhadjili yatsindaga igitego cya kabiri ku burangare bwa ba myugariro, abafana mu byishimo byinshi bitera ibicu n’icyizere cyinshi ko amanota atatu byanze bikunze bashobora kuyegukana.

Nyuma y’iminota itanu Rayon Sports yabashije kwishyuramo igitego kimwe cyasinzwe na Kwizera Piertot ku ishoti rya kure yateye, umunyezamu Kimenyi Yves ntiyabasha gukurikira.

Mu minota ya nyuma Rayon Sports yakomeje kwiharira umupira, umutoza Nkunzingoma akora izindi mpinduka akuramo Niyonzima Olivier aha umwanya Mugisha Gilbert ariko biba iby’ubusa igitego cyo kwishyura kirabura, umukino urangira ari 2-1.

Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga

APR FC yanangukiye mu gutakaza kwa AS Kigali yatsindiwe i Kirehe 1-0 bituma ifata umwanya wa mbere n’amanota 54 AS Kigali iguma kuri 51 Rayon Sports nayo isigara inyuma na 45 mu gihe hasigaye imikino ine ngo shampiyona irangire.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

APR FC: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Herve, Nsabimana Aimable, Mugiraneza Jean Baptiste, Buteera Andrew, Djihadi Bizimana, Issa Bigirimana, Iranzi Jean Claude na Hakizimana Muhadjiri.

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Manzi Thierry, Usengimana Faustin, Rutanga Eric,Nyandwi Saddam, Mukunzi Yannick , Niyonzima Olivier Seif, Manishimwe Djabel, Kwizera Pierrot, Shabani Hussein Tchabalala, Bimenyimana Caleb.

Uko imikino yose yabaye yarangiye

Gicumbi FC 2-0 Musanze FC

Kirehe FC 1-0 AS Kigali

Espoir FC1-0 Amagaju FC

Sunrise FC 1-1 Mukura VS

APR FC 2-1 Rayon SportS

Police FC 0-0 Marine FC

Miloplast FC 0-0 Etincelles FC

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

2018-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021
FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Ubwanditsi 01 Aug 2024
Umuhanzi  Ragga Dee  nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi

Umuhanzi Ragga Dee nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Ubwanditsi 06 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $
INKURU NYAMUKURU

Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Ubwanditsi 16 May 2018
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi
Amakuru

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Ubwanditsi 28 Nov 2021
N’Golo Kante niwe mukinnyi mwiza w’umwaka i London, Arsenal yatashye amaramasa
MULTIMEDIA

N’Golo Kante niwe mukinnyi mwiza w’umwaka i London, Arsenal yatashye amaramasa

Ubwanditsi 03 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru