• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu hasojwe umwiherero w’Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yagombaga kwitabira imikino ya CECAFA U23 yagombaga kubera mu gihugu cya Ethiopia.

Nyuma y’icyemezo cyo guhagarika imyiteguro y’amakipe yagombaga guhagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga iteganyijwe muri uku kwezi aho Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yagombaga kwitabira irushanwa rya CECAFA U23 rizabera muri Ethiopia guhera ku itariki ya 17 Nyakanga ndetse na Scandinavia WFC yagombaga guhagararira u Rwanda mu irushanwa ryo gushaka itike ya CAF WCL yagombaga kubera muri Kenya,
Perezida wa FERWAFA bwana MUGABO N. Olivier aherekejwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo bwana SHEMA MABOKO Didier bari kumwe na Visi Perezida wa FERWAFA bwana HABYARIMANA Marcel ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA bwana UWAYEZU François Régis basuye abari bagize umwiherero w’Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23 wari uri kubera muri Hilltop Hotel.

Mu ijambo rye, Perezida wa FERWAFA yasabye abakinnyi kwihanganira iki kemezo ahubwo bagaharanira gukora cyane kandi bafite ubuzima bwiza kugirango bakomeze gutera imbere mu mwuga bahisemo wo gukina umupira w’amaguru cyane ko bose bakiri bato.

Yagize ati: ‘‘Ikifuzo cyacu mbere na mbere cyari icy’uko mujya guhatana mugatsinda kuko ubwo bushobozi tububabonamo. Kutitabira iri rushanwa birababaje ariko ubuzima bw’abantu nibwo buza imbere y’ibindi byose. Kutitabira irushanwa biratubabaje ariko ndabasaba ko mugira umuhate mugakora cyane kugirango ahazaza hanyu mu mupira w’amaguru habe heza. Mukomere cyane kandi mwihanganire izo mpinduka kandi mukomeze mwirinde aho mugiye mu miryango yanyu.’’

Umunyambanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, bwana SHEMA Maboko Didier nawe yagarutse ku mpamvu yo guhagarika uyu mwiherero aho yagize ati: ‘‘Twari kwishimira guhura namwe uyu munsi tubaha ibendera ry’Igihugu n‘impanuro zo kujyana mu irushanwa rya CECAFA ry’abatarengeje imyaka 23, ariko bitewe n’ibihe turimo bitoroshye twese tubabajwe no kuba mutazajya kugaragaza impano zanyu no kuzamura ibendera ry’Igihugu cyacu. By’umwihariko narabakurikiranye mu myitozo mwakoraga kandi bigaragara ko muri ahazaza h’Ikipe y’Igihugu nkuru. Leta rero mu bushishozi bwayo ihora yifuza kurinda ubuzima bw’abaturage bayo ari nayo mpamvu itumye urugendo rwo kujya muri CECAFA rusubikwa.’’

Manishimwe Djabel wavuze ahagarariye abakinnyi yashimiye abayobozi ndetse agaragaza ko bari biteguye guhatana bagatwara igikombe ariko ashimira ko impinduka zabaye ari mu nyungu z’ubuzima bwabo kandi bazakiriye.

Umutoza Mukuru, bwana HABIMANA Sosthène yagarutse ku myiteguro bari bamazemo iminsi ndetse asaba ko Ikipe yazakomeza gukurikiranwa cyane cyane amakipe yo mu byiciro byo hasi.

‘‘Mu by’ukuri Ikipe yari imaze iminsi mu mwiherero kandi turashima ku byakozwe byose kugirango tugeze uyu munsi twitegura. Imyiteguro iganisha ku ntego yo gutwara igikombe twari dufite yari igeze kure. Iyi ni Ikipe irimo impano zikomeye kandi zinatanga ikizere mu minsi iri imbere. Turabasaba ko aba bakinnyi mwakora ibishoboka bakajya babona imikino myinshi hakabaho no kuzirikana gushakira imikino amakipe yo mu byiciro by’abatarengeje imyaka 20 na 17.’’

Abakinnyi, abatoza n’ababafasha basubiye mu miryango yabo nyuma yo gusezererwa n’abayobozi ba FERWAFA na Minisiteri ya Siporo.

2021-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024
U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Diane Rwigara  yaretse NEC ko afite ‘ Ubwenegihugu bw’Ububiligi ‘ ngo  akaba yifuza kuyobora u Rwanda

Diane Rwigara yaretse NEC ko afite ‘ Ubwenegihugu bw’Ububiligi ‘ ngo akaba yifuza kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada
ITOHOZA

Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Imyanzuro  yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera
Amakuru

Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera

Ubwanditsi 09 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru