• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku munsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 ikipe zisangiye gufashwa n’umujyi wa Kigali ariyo AS Kigali ndetse na Kiyovu SC bahuriye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, uyu mukino warangiye AS Kigali itsinze ibitego 4-0 ihita igeza ibitego 6 itsinze itarinjizwa na kimwe.

Ikipe y’abanyamujyi ya AS Kigali niyo yinjiye neza mu mukino kuko ubwo hari ku munota wa 5 w’umukino nibwo Haruna Niyonzima yafunguye amazamu ku gitego yatsinze nyuma y’umupira yari aherejwe na Aboubacar Lawar, aha ni nyuma gato y’uko rutahizamu wa Kiyovu SC Emmanuel Okwi yari ahushije igitego ku ruhande rwa Kiyovu.

Ikipe ya Kiyovu Sports Club ntiyorohewe na AS Kigali

AS Kigali yakinaga umukino wo guhanahana, yakomeje kurusha Kiyovu kugeza ubwo yongeye kubona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Rukundo Denis wateye umupira ugana mu izamu ryari ririnzwe na Kimenyi Yves wijyanamo ntawuwukozeho, iki gitego akaba yagitsinze ku munota wa 8 w’umukino.

Ntibyarangiriye aho kuko mu minota 16 y’umukino, AS Kigali yari imaze kwinjiza ibitego bitatu mu izamu rya Kiyovu SC, igitego cya gatatu cyo cyatsinzwe na Aboubacar Lawar ku mutwe nyuma y’umupira Ishimwe Cristian yari ahinduye usanga ba myugariro ba Kiyovu badahagaze neza, amakipe yombi abona no kujya ku ruhuka ari 3-0.

Mu gice cya kabiri ikipe ya Kiyovu SC yagerageje kureba uko yabona ibitego binyuze kuri ba rutahizamu babiri bashya bavanye mu gihugu cya Uganda bayobowe na Emmanuel Okwi ndetse na Mzamiru Mutyaba ariko ntibyakundira ikipe itozwa na Haringingo kubona igitego na kimwe.

Ibi byageze ku munota wa 84 w’umukino ubwo Niyibizi Ramadhan yaboneye ikipe ya AS Kigali igitego cya Kane cyanasoje uyu mukino ari ibitego 4-0, ibi bishimangira ubusatirizi bwa AS Kigali kuzuza ibitego 6 mu mikino ibiri ndetse bo bakaba batarinjizwa igitego na kimwe mu izamu ririmo Ntwali Fiacre.

Usibye uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, wabanjirijwe n’uwahuje ikipe ya Gorilla FC yanganyije na Marines FC igitego kimwe ku kimwe, ni nako i Huye kandi ikipe ya Mukura VS yanganyije na Gasogi United kimwe kuri kimwe.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa gatatu:

Police FC vs Espoir FC (12h30′ : Nyamirambo)
APR FC vs Musanze FC (15h00′: Nyamirambo)
Bugesera FC vs Etincelles FC (15h00′: Bugesera)
Rutsiro FC vs Rayon Sports (15h00′: Umuganda)
Gicumbi FC vs Etoile de l’Est (15h00′ : Gicumbi)

2021-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri

Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Ubwanditsi 23 Jan 2022
Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham

Ubwanditsi 25 Sep 2023
Police mu iperereza  yemeje ko Umucuruzi  Rwabukamba yapfuye  yiyahuye
ITOHOZA

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje
Mu Rwanda

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Ubwanditsi 19 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru