• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Ubwanditsi 17 Apr 2017 ITOHOZA

Mu rwego rwo kwishimira intambwe Koreya y’Amajyaruguru imaze gutera mu bucuzi bw’intwaro za kirimbuzi, ku wa gatandatu 16 Mata 2017, yamuritse intwaro za nkirimbuzi, mu karasisi k’ingabo zicyo gihugu. Hakaba haranamuritswe roketi ihambaye, izwi nka “frankenmissile.”

Izi ntwaro zikaba zarazengukijwe hagati mu murwa mukuru w’icyo gihugu Pyongyang, mu gihe icyo gihugu cyashyizwe mu kato gikomeje guhembera umwuka mubi hagati yacyo na Leta zunze Ubumwe z’Amerika, uyu muhango ukaba warabereye imbere y’umuyobozi wacyo, Kim Jong Un.

Ibihumbi n’ibihumbi byari byitabiriye uwo muhango, wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 105 y’ivuka rya sekuru wa perezeida Kim Il Sung, ufatwa nka Gihanga cya Koreya y’Amajyaruguru.

-6330.jpg

Kim Jong Un.

Ubuhanga izi ntwaro zakoranywe, bukaba bwatangaje cyane inzobere mu ikoranabuhanga, ibi bikoresho bikaba bigizwe na shari, imbunda zizwi nka “Intercontinental ballistic missiles,” n’ibindi bitembo 2 bya rutura , byifashishwa mu kurasa ibi bitwaro bya kirimbuzi.

“Ubu byaturenze,” Dave Schmerler wo mu kigo cyitwa Middlebury Institute of International Studies, Monterey, muri California, mu magambo ubwo yagiranaga ikiganiro n’Ikinyamakuru Wall Street Journal. “Si natekerezaga ko nabona intwaro nkizi muri Koreya y’Amajyaruguru.”

Schmerler kandi akaba yaravuze ko intwaro zo mu bwoko bwa frankenmissiles” zifite ubushobozi bwo kurasa muri Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika.

Kim Dong-Yub, Impuguke ku bijyanye na Koreya y’Amajyaruguru yavuze ko ibi bikoresho bigaragaza neza ko icyo gihugu cyirimo gutegura ibitero simusiga, cyirasa ibitwaro bya kirimbuzi byitwa Intercontinental ballistic missiles.

-6329.jpg

-6328.jpg

Kandi ngo ibi bisasu biva mu kanwa k’ibitembo, mbere yuko bifata umuriro, kugirango bidashobora kuba byakwangirika, uyu ukaba ari umwihariko, w’izi ntwaro.

Nkuko Reuters ibitangaza, ngo biragoye cyane kugirango bene biriya bisasu bimenyekane ko bimaze kuraswa (detection), nkuko Kim yabitangaje.
Ikindi kandi nuko abayobozi bo muri Koreya y’Amajyaruguru bavuze ko uko kwigwizaho intwaro za kirimbuzi, ari ugukingira guverinoma iri ku butegetsi mur’icyo gihugu gihugu

Perezida Trump akaba yasabye Ubushinwa gufasha mu guhosha ayo makimbirane, ariko kandi kuba Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika zohereje amato y’intambara muri icyo cyigobe, birushaho gusubiza ibinti irudubi.

Choe Ryong Hae akaba yaravuze ko Perezida Trump ariwe nyirabayazana, w’icyuka cyintambara mu cyigobe cya Koreya, yongeyeho agira ati, kuba yarohereje ingabo ze, yagize ati, ‘‘ Tuzivuna uwari wese uzadutera, dukoresha intwaro zose dufite, yewe niza kirimbuzi.’’

2017-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera

Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 27 Apr 2017
U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa
IMIKINO

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira
Mu Rwanda

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Ubwanditsi 01 May 2017
Musanze : Perezida Kagame  yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19
Mu Rwanda

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru