• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Ubwanditsi 17 Apr 2017 ITOHOZA

Mu rwego rwo kwishimira intambwe Koreya y’Amajyaruguru imaze gutera mu bucuzi bw’intwaro za kirimbuzi, ku wa gatandatu 16 Mata 2017, yamuritse intwaro za nkirimbuzi, mu karasisi k’ingabo zicyo gihugu. Hakaba haranamuritswe roketi ihambaye, izwi nka “frankenmissile.”

Izi ntwaro zikaba zarazengukijwe hagati mu murwa mukuru w’icyo gihugu Pyongyang, mu gihe icyo gihugu cyashyizwe mu kato gikomeje guhembera umwuka mubi hagati yacyo na Leta zunze Ubumwe z’Amerika, uyu muhango ukaba warabereye imbere y’umuyobozi wacyo, Kim Jong Un.

Ibihumbi n’ibihumbi byari byitabiriye uwo muhango, wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 105 y’ivuka rya sekuru wa perezeida Kim Il Sung, ufatwa nka Gihanga cya Koreya y’Amajyaruguru.

-6330.jpg

Kim Jong Un.

Ubuhanga izi ntwaro zakoranywe, bukaba bwatangaje cyane inzobere mu ikoranabuhanga, ibi bikoresho bikaba bigizwe na shari, imbunda zizwi nka “Intercontinental ballistic missiles,” n’ibindi bitembo 2 bya rutura , byifashishwa mu kurasa ibi bitwaro bya kirimbuzi.

“Ubu byaturenze,” Dave Schmerler wo mu kigo cyitwa Middlebury Institute of International Studies, Monterey, muri California, mu magambo ubwo yagiranaga ikiganiro n’Ikinyamakuru Wall Street Journal. “Si natekerezaga ko nabona intwaro nkizi muri Koreya y’Amajyaruguru.”

Schmerler kandi akaba yaravuze ko intwaro zo mu bwoko bwa frankenmissiles” zifite ubushobozi bwo kurasa muri Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika.

Kim Dong-Yub, Impuguke ku bijyanye na Koreya y’Amajyaruguru yavuze ko ibi bikoresho bigaragaza neza ko icyo gihugu cyirimo gutegura ibitero simusiga, cyirasa ibitwaro bya kirimbuzi byitwa Intercontinental ballistic missiles.

-6329.jpg

-6328.jpg

Kandi ngo ibi bisasu biva mu kanwa k’ibitembo, mbere yuko bifata umuriro, kugirango bidashobora kuba byakwangirika, uyu ukaba ari umwihariko, w’izi ntwaro.

Nkuko Reuters ibitangaza, ngo biragoye cyane kugirango bene biriya bisasu bimenyekane ko bimaze kuraswa (detection), nkuko Kim yabitangaje.
Ikindi kandi nuko abayobozi bo muri Koreya y’Amajyaruguru bavuze ko uko kwigwizaho intwaro za kirimbuzi, ari ugukingira guverinoma iri ku butegetsi mur’icyo gihugu gihugu

Perezida Trump akaba yasabye Ubushinwa gufasha mu guhosha ayo makimbirane, ariko kandi kuba Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika zohereje amato y’intambara muri icyo cyigobe, birushaho gusubiza ibinti irudubi.

Choe Ryong Hae akaba yaravuze ko Perezida Trump ariwe nyirabayazana, w’icyuka cyintambara mu cyigobe cya Koreya, yongeyeho agira ati, kuba yarohereje ingabo ze, yagize ati, ‘‘ Tuzivuna uwari wese uzadutera, dukoresha intwaro zose dufite, yewe niza kirimbuzi.’’

2017-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Ubwanditsi 23 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe
Amakuru

Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe

Ubwanditsi 14 Sep 2020
M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth
INKURU NYAMUKURU

M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura
POLITIKI

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Ubwanditsi 02 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru